Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Amakuru aravuga urupfu rw’Umuvugizi wa AFC/M23 Willy Ngoma

radiotv10by radiotv10
24/02/2026
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

Col Willy Ngoma

Share on FacebookShare on Twitter

Amakuru menshi akomeje kuvuga ko Umuvugizi w’Igisirikare cy’Ihuriro rya AFC/M23, Lieutenant-Colonel Willy Ngoma yishwe arasiwe mu gitero cy’indege zitagira abapilote z’uruhande rwa FARDC ruhanganye n’iri huriro.

Amakuru y’urupfu rw’uyu musirikare uri mu bafite amazina akomeye muri AFC/M23 yatangiye kuvugwa mu masaaha ya mbere ya saa sita yo kuri uyu wa Kabiri tariki 24 Gashyantare 2026.

Ikinyamakuru Bwiza gikunze gukurikirana amakuru y’urugamba ruhanganishije AFC/M23 na FARDC n’impande zifasha iki gisirikare cya Leta, kiri mu ba mbere batangaje aya makuru, cyavuze ko uyu musirikare yarasiwe mu bitero by’indege za FARDC.

Iki kinyamakuru cyavugaga ko “Umuvugizi w’Igisirikare cya AFC/M23, Lt. Col. Willy Ngoma, biravugwa ko yarashwe n’Ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Amakuru avuga ko uyu musirikare yarasiwe mu bitero bya drone ihuriro ry’ingabo za Leta ya RDC zagabye mu gace ka Rubaya.”

Amakuru kandi avugwa n’abanyamakuru bo muri DRC barimo uwitwa Daniel Michombero ukunze gutangaza inkuru zibogamiye kuri leta ya Congo, avuga ko uyu musirikare yishwe arashwe.

Uyu munyamakuru yavuze ko “Willy Ngoma, umuvugizi w’igisirikare cy’umutwe w’inyeshyamba za AFC/M23, yishwe n’igitero cy’indege zitagira abapilote cyagabwe n’ingabo za FARDC ku wa Kabiri tariki ya 24 Gashyantare 2026, ahagana saa munani n’iminota mirongo ine za mu gitondo, mu mujyi ucukurwamo amabuye y’agaciro wa Rubaya, muri Teritwari ya Masisi muri Kivu ya Ruguru, nk’uko amakuru yo muri ako gace abivuga.”

Uyu munyamakuru yatangaje kandi hari n’abarwanyi babiri b’abacancuro b’abazungu na bo bishwe muri icyo gitero, ndetse aha biciwe hakaba hagaragaye imirambo icyenda yabonetse mu bisigazwa by’inzu.

Nanone kandi amakuru avuga ko Umugaba Mukuru w’abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23, Maj Gen Sultani Makenga, na we yakomerekejwe n’ibi bitero by’indege zitagira abapilote za FARDC.

Ikinyamakuru cyitwa Igihe na cyo cyemeje amakuru y’urupfu rwa Lt Col Willy Ngoma, aho cyatangaje ko “Umuvugizi wa AFC/M23 ku rwego rwa gisirikare, Lt Col Willy Ngoma, yiciwe mu gitero cyagabwe muri santere ya Rubaya muri Teritwari ya Masisi, mu rukerera rwo kuri uyu wa Kabiri.”

Kugeza ubwo twandikaga iyi nkuru, nta ruhande na rumwe; yaba AFC/M23 na FARDC, rwari rwagira icyo rutangaza kuri aya makuru akomeje gucicikana. Igihe cyose hagira igitangazwa kiramenyeshwa abasomyi b’urubuga rwa RADIOTV10.

Umuvugizi wa AFC/M23 mu bya Politiki, Lawrence Kanyuka, mu itangazo yashyize hanze mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, yavuze ko uruhande bahanganye rwagabye ibitero byinshi mu bice byose by’imirwano, ibintu bigaragaza ko ubutegetsi bwa Kinshasa bukomeje kugaragaza ko bushyize imbere imirwano.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − ten =

Previous Post

Imirwano yahinduye isura muri Congo: FARDC n’abayifasha barashinjwa gutangiza intambara yagutse

Next Post

Over 1.8 million people photographed in Rwanda’s digital ID rollout

Related Posts

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
08/04/2026
0

Nyuma y’icyumweru habaye iturika ry’ububiko bw’intwaro bw’ikigo cya Gisirikare cya Musaga i Bujumbura mu Burundi, amakuru aravuga ko hakiri urujijo...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Over 1.8 million people photographed in Rwanda’s digital ID rollout

Over 1.8 million people photographed in Rwanda’s digital ID rollout

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.