• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Kwakirwa k’umuyobozi wa RSF kwakozwe na Museveni kwatumye Sudani irakarira Uganda

radiotv10by radiotv10
23/02/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Kwakirwa k’umuyobozi wa RSF kwakozwe na Museveni kwatumye Sudani irakarira Uganda
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma ya Sudani yamaganye Igihugu cya Uganda kubera kwakira umuyobozi w’umutwe wa Rapid Support Forces (RSF), ivuga ko iyo nama ihonyora amategeko mpuzamahanga n’uburenganzira bwa muntu.

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Sudani yavuze ko Uganda yishe amategeko mpuzamahanga yakira Umuyobozi wa RSF, Mohamed Hamdan Dagalo, ushinjwa ko abarwanyi be bakomeje gukora ibyaha bikomeye byibasira abasivili mu ntambara y’abenegihugu ihanganishije umutwe wa RSF n’ingabo za Sudani.

Ku wa Gatanu w’icyumweru gishize ni bwo Ibiro bya Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni, byatangaje ko yakiriye Generali Dagalo mu rugo rwe ruherereye mu mujyi wa Entebbe.

Mu itangazo ryasohotse ku Cyumweru, tariki ya 22 Gashyantare 2026, Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Sudani yagize iti: “Guverinoma ya Sudani yamaganye mu buryo bukomeye cyane kuba Guverinoma ya Uganda yakiriye umuyobozi w’inyeshyamba Mohamed Hamdan Dagalo, umuyobozi w’umutwe w’iterabwoba wa RSF.”

Iryo tangazo ryamaganye inama yahuje Dagalo na Perezida wa Uganda, rivuga ko usibye kuba ihonyora uburenganzira bwa muntu, inabangamiye inyungu z’abaturage ba Sudani muri rusange.

Icyakora, Perezida Museveni, uheruka gushyirwaho n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU) kugira ngo abe umuhuza hagati y’ingabo za Sudani n’umutwe wa RSF, yashimangiye ko iyi nama yagiranye na Gen. Hamdan Dagalo yitezweho igisubizo cya politiki gishingiye ku mahoro no kurangiza intambara imaze igihe ihanganishije ingabo za Sudani n’umutwe wa Rapid Support Forces.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve + 13 =

Previous Post

Nyuma yuko inzoga z’inkorano zikomeje guhitana bamwe mu Rwanda inzego zazihagurukiye

Next Post

Byamenyekanye ko Umuvugizi w’Inteko Ishinga Amategeko y’u Burundi aherutse kumara iminsi afunzwe n’urwego rw’ubutasi

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Next Post
Byamenyekanye ko Umuvugizi w’Inteko Ishinga Amategeko y’u Burundi aherutse kumara iminsi afunzwe n’urwego rw’ubutasi

Byamenyekanye ko Umuvugizi w’Inteko Ishinga Amategeko y’u Burundi aherutse kumara iminsi afunzwe n’urwego rw’ubutasi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.