Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amakuru mashya: Akarere ka Rusizi kabonye Umuyobozi mushya

radiotv10by radiotv10
28/03/2025
in MU RWANDA
0
Amakuru mashya: Akarere ka Rusizi kabonye Umuyobozi mushya
Share on FacebookShare on Twitter

Sindayiheba Phanuel yatorwe kuba Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi nyuma y’amezi ane uwari Umuyobozi wako yeguye kuri izi nshingano.

Umuyobozi mushya w’Akarere ka Rusizi, Sindayiheba Phanuel yatorewe uyu mwanya kuri uyu wa Gatanu tariki 28 Werurwe ku majwi 299 atsinze Mugorenejo Beathe wagize amajwi 30.

Sindayiheba Phanuel asanzwe ari umwe mu Ntwari z’u Rwanda z’Abanyeshuri b’i Nyange, akaba umwe muri izi Ntwari zikiriho, aho aba banyeshuri bazirikanirwa ubutwari bwabo mu kwimakaza Ubunyarwanda, kubera kwanga kwivangura ubwo basabwaga n’abacengezi kwitandukanya hakurikijwe ubwoko mu ijoro ryo ku ya 18 rishyira ku ya 19 Werurwe 1997.

Ni nyuma yuko aba bombi bari bakinjira muri Njyanama y’Aka Karere ka Rusizi, mu matora yabaye kuri uyu wa Gatanu n’ubundi yo kuzuza Njyanama yari imaze amezi ane ituzuye.

Bari binjiye muri Njyanama y’Akarere ka Rusizi ari bane, bo na Ngabonziza Michel na Ayinkamiye Clémentine.

Akarere ka Rusizi kabonye Umuyobozi mushya nyuma y’amezi ane uwari Umuyobozi wako Dr Kibiriga Anicet yeguye kuri izi nshingano.

Dr Kibiriga Anicet weguye tariki 23 Ugushyingo umwaka ushize wa 2024, icyo gihe yari yeguriye rimwe na na Dukuzumuremyi Anne Marie wari Umuyobozi Wungirije w’Akarere ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, na Niyonsaba Jeanne d’Arc wari umujyanama mu Nama Njyanama y’aka Karere ka Rusizi.

SINDAYIHEBA Phanuel, NGABONZIZA Michel, MUGORENEJO Béata na AYINKAMIYE Clémentine, bari binjiye muri Njyanama uyu munsi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − 7 =

Previous Post

Umuhanzi w’ikirangirire yatumye hagaragara bwa mbere isura y’umwana wa mugenzi we w’Umunyarwanda

Next Post

Umusore ukekwaho kuvana ibiyobyabwenge muri Congo yavuze uko yisanze mu cyaha

Related Posts

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

by radiotv10
21/01/2026
0

Mu rusengero rw’Itorero rya ADEPR-Karambo rwo mu Murenge wa Kaniga mu Karere ka Gicumbi, haravugwa ubuhanuzi butavugwaho rumwe, burimo ubwereka...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
21/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

by radiotv10
21/01/2026
0

Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda na RDF, bohereje itsinda riyobowe na Brig Gen Patrick Karuretwa, Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubufatanye Mpuzamahanga mu...

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo Murenge wa Nyamwumva, mu Karere ka Rubavu bavuga ko kubona amazi meza bikiri ingorabahizi, kuko hari...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umusore ukekwaho kuvana ibiyobyabwenge muri Congo yavuze uko yisanze mu cyaha

Umusore ukekwaho kuvana ibiyobyabwenge muri Congo yavuze uko yisanze mu cyaha

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.