Thursday, January 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: Gen Muhoozi yatangaje ko yasezeye mu Gisirikare

radiotv10by radiotv10
08/03/2022
in MU RWANDA
0
AMAKURU MASHYA: Gen Muhoozi yatangaje ko yasezeye mu Gisirikare
Share on FacebookShare on Twitter

Lt Gen Muhoozi Kainerugaba usanzwe ari umuhungu wa Perezida Yoweri Kaguta Museveni, yatangaje ko yasezeye mu Gisirikare cya Uganda yari abereye n’Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka.

Lt Gen Muhoozi Kainerugaba yabitangaje mu butumwa yatambukije kuri Twitter ye, kuri uyu wa Kabiri tariki 08 Werurwe 2022.

Muri ubu butumwa, Lt Gen Muhoozi, yavuze ko “nyuma y’imyaka 28 ndi mu Gisirikare ntagereranywa, Igisirikare cya mbere ku Isi, nishimiye kumenyesha isezera ryanjye.”

Yakomeje avuga ko mu gihe yari mu Gisirikare we na bagenzi be bageze kuri byinshi. Ati “Ngomba urukundo n’icyubahiro abo bagabo n’abagore bose kubera kugera kuri ibyo byiza ku bwa Uganda.”

After 28 years of service in my glorious military, the greatest military in the world, I am happy to announce my retirement. Me and my soldiers have achieved so much! I have only love and respect for all those great men and women that achieve greatness for Uganda everyday.

— Muhoozi Kainerugaba (@mkainerugaba) March 8, 2022

Muri Kamena umwaka ushize wa 2021, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba yari yagizwe Umugaba Mukuru w’Ingabo Zirwanira ku Butaka avuye ku mwanya wo kuyobora umutwe w’ingabo zidasanzwe (special force).

Atangaje ibyo gusezera mu Gisirikare hamaze iminsi hari inkuru zishyushye muri Uganda ko Lt Gen Muhoozi Kainerugaba azasimbura se Museveni ku butegetsi ndetse ko aziyamamaza mu matora y’Umukuru w’Igihugu ataha azaba muri 2026.

Mu Bihugu byinshi, Amategeko Nshinga yabyo ateganya ko ubutegetsi bugomba kuba buri mu maboko y’abasivile.

Ibi byanatumye benshi mu bahoze ari abasirikare bakomeye biganjemo abo ku Mugabane wa Afurika, bagiye babanza kuba abasivile kugira ngo bagere ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu

Bamwe mu batanze ibitekerezo kuri iri sezera rye, bahise bavuga ko azavamo Perezida mwiza ubwo azaba asimbuye se, ndetse abandi bamushimira kuba yarakoreye Igihugu cye mu gihe hari n’abandi batahise babyemera bitewe no kuba akunze gukoresha imbuga nkoranyambaga cyane, bagakeka ko ari kwiganirira.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − 11 =

Previous Post

Nta cyumweru kirashira undi Mujenerali w’Umurusiya yiciwe muri Ukraine

Next Post

Madamu J.Kagame mu munsi Mpuzamaha w’Abagore muri Kenya mu muhango witabiriwe na Kenyatta

Related Posts

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

by radiotv10
08/01/2026
0

For many people, earning more money feels like the ultimate solution to financial stress. A salary raise, a new job,...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Madamu J.Kagame mu munsi Mpuzamaha w’Abagore muri Kenya mu muhango witabiriwe na Kenyatta

Madamu J.Kagame mu munsi Mpuzamaha w’Abagore muri Kenya mu muhango witabiriwe na Kenyatta

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.