Friday, October 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amakuru mashya: Hatangajwe amanota y’Ibizamini bya Leta n’ibipimo by’imitsindire y’abanyeshuri

radiotv10by radiotv10
27/08/2024
in MU RWANDA
0
Amakuru mashya: Hatangajwe amanota y’Ibizamini bya Leta n’ibipimo by’imitsindire y’abanyeshuri
Share on FacebookShare on Twitter

Minisiteri y’Uburezi yatangaje ibyavuye mu bizamini bya Leta bisoza amashuri abanza n’icyiciro rusange cy’ayisumbuye, aho mu barangije mu mashuri abanza batsinze ku gipimo cya 96,8%, abakobwa batsinda kurusha abahungu, mu gihe mu cyiciro rusange cy’ayisumbuye batsinze kuri 93,8% abahungu batsinda kurusha abakobwa.

Mu gutangaza aya manota, Minisitiri w’Uburezi, Twagirayezu Gaspard yatangaje ko mu mwaka w’amashuri wa 2023-2024, mu cyiciro cy’abarangije amashuri abanza, hiyandikishije abanyeshuri 203 098, aho biyongereyeho abanyeshuri 15 kuko umwaka ushize hari hakoze abanyeshuri 203 083.

Muri aba bari biyandikishirije gukora ibizamini bisoza amashuri abanza, barimo abakobwa 111 835 n’abahungu 91 263, bakoreye mu bigo by’amashuri 3 718 yiyongereye 74.

Naho mu cyiciro rusange, abanyeshuri biyandikishirije gukora ikizamini cya Leta, ni 143 871 barimo abakobwa 80 327 n’abahungu 63 544. Aba bose bakoze, biyongereyeho 12 269 kuko abakoze umwaka ushize bari 131 602.

 

Uko imitsindire ihagaze

Minisitiri w’Uburezi, Gaspard Twagirayezu yagaragaje ko mu banyeshuri 203 098 bari biyandikishije, hakoze abanyeshuri 202 021, abakosowe neza ari 201 955.

Mu bipimo by’imitsindire, Minisitiri w’Uburezi yavuze ko muri iki cyiciro babonye amanota y’ibipimo ngenderwaho by’amanota ni ukuvuga abatsinze, bakaba ari 195 463 bangana na 96,8% mu gihe abatsinzwe ari 3,2%.

Muri iki cyiciro cy’abakoze ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza, abakobwa batsinze ni 107 834 bangana na 97%, mu gihe abahungu bo batsinze ari 87 629 bari ku gipimo cya 96,6%.

Naho mu cyiciro cy’abanyeshuri bakoze ibizamini bya Leta bisoza icyiciro rusange cy’amashuri yisumbuye, mu banyeshuri 143 871 bari biyandikishije, hakoze 143 227.

Muri aba bakoze, abakosowe neza ni 143 157, aho abatsinze ari 134 245, bangana na 93,8% muri rusange, mu gihe abatsinzwe ari 8 912 bangana na 6,2%.

Muri aba batsinze, harimo abakobwa 73 649, batsinze ku gipimo cya 92%, mu gihe abahungu batsinze ari 60 596 aho bo batsinze ku gipimo cya 95,8%.

Minisitiri w’Uburezi wanagaragaje amasomo yagiye abonekamo amanota macye n’ayo abanyeshuri batatsinze ku bipimo bishimishije, yavuze ko iyo amanota nk’aya asohotse anasigira isomo abakora mu rwego rw’uburezi kugira ngo bisuzume.

Ati “Iyo dukora iki kizamini n’iyo tubireba, ntabwo tuba tureba amashuri gusa cyangwa abanyeshuri gusa, ahubwo natwe tuba twireba, ni yo mpamvu tuba twakoze iyi mibare kugira ngo turebe uko abanyeshuri bacu bakoze, ariko nanone tunarebe ahashyirwa imbaraga.”

Nko mu bizamini bisoza icyiciro rusange cy’amashuri yisumbye, amasomo abanyeshuri batsinzwe cyane, harimo ubugenge (Physics) aho bayitsinze ku gipimo cya 60%, hakaza ubutabire (Chemistry) yo batsinze kuri 80.

Naho mu masomo batsinze cyane, harimo Ikinyarwanda batsinze kuri 99,9%, Icyongereza batsinze kuri 99,8% naho isomo rya Entrepreneurship ryo bakaba bararitsinze kuri 99,1%.

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu yagaragaje ibyavuye mu bizamini bya Leta bisoza umwaka w’amashuri wa 2023-2024

Abana bahize abandi muri ibi bizamini bahembwe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 4 =

Previous Post

Hakiriwe icyifuzo gishya mu rubanza ruregwamo abagerageje ‘Coup d’État’ muri DRCongo ikabapfubana

Next Post

Uhatanira kuyobora Komisiyo ya AU yageneye ubutumwa abarimo Perezida Kagame, Ndayishimiye na Museveni

Related Posts

Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

by radiotv10
17/10/2025
0

Hasohotse Iteka rya Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, ryirukana abayobozi babiri mu Kigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC n’undi umwe wo mu Kigo...

Sadate yaciye bugufi asaba imbabazi ku byo yavuze ku Banyekongo n’Abarundi bikazamura impaka

Sadate yaciye bugufi asaba imbabazi ku byo yavuze ku Banyekongo n’Abarundi bikazamura impaka

by radiotv10
17/10/2025
0

Umunyemari Munyakazi Sadate yemeye ko yakoresheje imvugo idakwiye kubera ibyo yatangaje ko mu bihe biri Imbere Abanyarwanda bashobora kuzaha akazi...

Umugabo w’i Nyagatare watwitswe n’umugore we ku gitsina yavuze ko icyo akeka

Umugabo w’i Nyagatare watwitswe n’umugore we ku gitsina yavuze ko icyo akeka

by radiotv10
17/10/2025
0

Umugabo wo Murenge wa Mimuli mu Karere ka Nyagatare watwikishijwe amazi yatuye n’umugore we byumwihariko ku bugabo bwe bugakomereka bikabije,...

Ikibazo cyavuzwe hagati y’abashumba n’abahinzi muri Rubavu gikomeje kuba agatereranzamba

Ikibazo cyavuzwe hagati y’abashumba n’abahinzi muri Rubavu gikomeje kuba agatereranzamba

by radiotv10
17/10/2025
0

Bamwe mu baturage bo mu Mirenge ya Nyamyumva na Kanzenze mu Karere ka Rubavu, bavuga ko abashumba bakomeje kuboneshereza imyaka...

Umupolisi w’u Rwanda ari mu bahize abandi mu mahugurwa mu Misi anahembwa na Perezida

Umupolisi w’u Rwanda ari mu bahize abandi mu mahugurwa mu Misi anahembwa na Perezida

by radiotv10
16/10/2025
0

IP Emmanuel Gahigana, ni umwe mu bapolisi bahize abandi mu mahugurwa yaberaga mu Misiri mu byiciro bitandukanye, akaba yanashyikirijwe igihembo...

IZIHERUKA

Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu
MU RWANDA

Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

by radiotv10
17/10/2025
0

Ubutumwa bwa Kapiteni w’Ikipe y’u Rwanda nyuma y’umusaruro utarishimiwe

Ubutumwa bwa Kapiteni w’Ikipe y’u Rwanda nyuma y’umusaruro utarishimiwe

17/10/2025
Bidasubirwaho umuhanzi wakanyujijeho umaze imyaka 12 hanze yatangaje igihe azagarukira gutura mu Rwanda

Bidasubirwaho umuhanzi wakanyujijeho umaze imyaka 12 hanze yatangaje igihe azagarukira gutura mu Rwanda

17/10/2025
Ruracyageretse hagati y’umunyamakuru n’umukinnyikazi wa filimi bapfa imodoka yagaragajwe n’umwe

Ruracyageretse hagati y’umunyamakuru n’umukinnyikazi wa filimi bapfa imodoka yagaragajwe n’umwe

17/10/2025
Sadate yaciye bugufi asaba imbabazi ku byo yavuze ku Banyekongo n’Abarundi bikazamura impaka

Sadate yaciye bugufi asaba imbabazi ku byo yavuze ku Banyekongo n’Abarundi bikazamura impaka

17/10/2025
Israel yongeye kwikomanga mu gatuza kubera Umujenerali yivuganye yahigishaga uruhindu

Israel yongeye kwikomanga mu gatuza kubera Umujenerali yivuganye yahigishaga uruhindu

17/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uhatanira kuyobora Komisiyo ya AU yageneye ubutumwa abarimo Perezida Kagame, Ndayishimiye na Museveni

Uhatanira kuyobora Komisiyo ya AU yageneye ubutumwa abarimo Perezida Kagame, Ndayishimiye na Museveni

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

Ubutumwa bwa Kapiteni w’Ikipe y’u Rwanda nyuma y’umusaruro utarishimiwe

Bidasubirwaho umuhanzi wakanyujijeho umaze imyaka 12 hanze yatangaje igihe azagarukira gutura mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.