Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amakuru mashya: Hatangajwe amanota y’Ibizamini bya Leta n’ibipimo by’imitsindire y’abanyeshuri

radiotv10by radiotv10
27/08/2024
in MU RWANDA
0
Amakuru mashya: Hatangajwe amanota y’Ibizamini bya Leta n’ibipimo by’imitsindire y’abanyeshuri
Share on FacebookShare on Twitter

Minisiteri y’Uburezi yatangaje ibyavuye mu bizamini bya Leta bisoza amashuri abanza n’icyiciro rusange cy’ayisumbuye, aho mu barangije mu mashuri abanza batsinze ku gipimo cya 96,8%, abakobwa batsinda kurusha abahungu, mu gihe mu cyiciro rusange cy’ayisumbuye batsinze kuri 93,8% abahungu batsinda kurusha abakobwa.

Mu gutangaza aya manota, Minisitiri w’Uburezi, Twagirayezu Gaspard yatangaje ko mu mwaka w’amashuri wa 2023-2024, mu cyiciro cy’abarangije amashuri abanza, hiyandikishije abanyeshuri 203 098, aho biyongereyeho abanyeshuri 15 kuko umwaka ushize hari hakoze abanyeshuri 203 083.

Muri aba bari biyandikishirije gukora ibizamini bisoza amashuri abanza, barimo abakobwa 111 835 n’abahungu 91 263, bakoreye mu bigo by’amashuri 3 718 yiyongereye 74.

Naho mu cyiciro rusange, abanyeshuri biyandikishirije gukora ikizamini cya Leta, ni 143 871 barimo abakobwa 80 327 n’abahungu 63 544. Aba bose bakoze, biyongereyeho 12 269 kuko abakoze umwaka ushize bari 131 602.

 

Uko imitsindire ihagaze

Minisitiri w’Uburezi, Gaspard Twagirayezu yagaragaje ko mu banyeshuri 203 098 bari biyandikishije, hakoze abanyeshuri 202 021, abakosowe neza ari 201 955.

Mu bipimo by’imitsindire, Minisitiri w’Uburezi yavuze ko muri iki cyiciro babonye amanota y’ibipimo ngenderwaho by’amanota ni ukuvuga abatsinze, bakaba ari 195 463 bangana na 96,8% mu gihe abatsinzwe ari 3,2%.

Muri iki cyiciro cy’abakoze ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza, abakobwa batsinze ni 107 834 bangana na 97%, mu gihe abahungu bo batsinze ari 87 629 bari ku gipimo cya 96,6%.

Naho mu cyiciro cy’abanyeshuri bakoze ibizamini bya Leta bisoza icyiciro rusange cy’amashuri yisumbuye, mu banyeshuri 143 871 bari biyandikishije, hakoze 143 227.

Muri aba bakoze, abakosowe neza ni 143 157, aho abatsinze ari 134 245, bangana na 93,8% muri rusange, mu gihe abatsinzwe ari 8 912 bangana na 6,2%.

Muri aba batsinze, harimo abakobwa 73 649, batsinze ku gipimo cya 92%, mu gihe abahungu batsinze ari 60 596 aho bo batsinze ku gipimo cya 95,8%.

Minisitiri w’Uburezi wanagaragaje amasomo yagiye abonekamo amanota macye n’ayo abanyeshuri batatsinze ku bipimo bishimishije, yavuze ko iyo amanota nk’aya asohotse anasigira isomo abakora mu rwego rw’uburezi kugira ngo bisuzume.

Ati “Iyo dukora iki kizamini n’iyo tubireba, ntabwo tuba tureba amashuri gusa cyangwa abanyeshuri gusa, ahubwo natwe tuba twireba, ni yo mpamvu tuba twakoze iyi mibare kugira ngo turebe uko abanyeshuri bacu bakoze, ariko nanone tunarebe ahashyirwa imbaraga.”

Nko mu bizamini bisoza icyiciro rusange cy’amashuri yisumbye, amasomo abanyeshuri batsinzwe cyane, harimo ubugenge (Physics) aho bayitsinze ku gipimo cya 60%, hakaza ubutabire (Chemistry) yo batsinze kuri 80.

Naho mu masomo batsinze cyane, harimo Ikinyarwanda batsinze kuri 99,9%, Icyongereza batsinze kuri 99,8% naho isomo rya Entrepreneurship ryo bakaba bararitsinze kuri 99,1%.

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu yagaragaje ibyavuye mu bizamini bya Leta bisoza umwaka w’amashuri wa 2023-2024

Abana bahize abandi muri ibi bizamini bahembwe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 + 5 =

Previous Post

Hakiriwe icyifuzo gishya mu rubanza ruregwamo abagerageje ‘Coup d’État’ muri DRCongo ikabapfubana

Next Post

Uhatanira kuyobora Komisiyo ya AU yageneye ubutumwa abarimo Perezida Kagame, Ndayishimiye na Museveni

Related Posts

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Save, mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bahuye n’ikibazo gikomeye mu buhinzi nyuma yuko urubura...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
24/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

IZIHERUKA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye
IMIBEREHO MYIZA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uhatanira kuyobora Komisiyo ya AU yageneye ubutumwa abarimo Perezida Kagame, Ndayishimiye na Museveni

Uhatanira kuyobora Komisiyo ya AU yageneye ubutumwa abarimo Perezida Kagame, Ndayishimiye na Museveni

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.