Friday, April 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amakuru Mashya: Intumwa z’u Rwanda na Congo zongeye guhurira muri America zigira n’ibyo zemeranyaho

radiotv10by radiotv10
24/04/2026
in MU RWANDA, POLITIKI
0
BREAKING: Hatangajwe iby’ingenzi byavuye mu biganiro byahuje u Rwanda na Congo muri America
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko yakiriye ibiganiro byahuje abagize Komisiyo Ihuriweho hagati y’u Rwanda na DRC ishinzwe kugenzura ishyirwa mu bikorwa ry’amasezereno yo muri Kamena 2025, ndetse Ibihugu byombi bikaba byongeye kwemeranya gushyira imbaraga mu guhosha ibibazo bihari.

Byatangajwe n’Umujyanama Mukuru wa Perezida Trump ku Mugabane wa Afurika, Massad Boulos mu itangazo yashyize hanze mu rucyerera rwo kuri uyu wa Gatanu tariki 24 Mata 2026.

Massad Boulos yavuze ko “Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga yayoboye ibiganiro byiza hamwe n’abafatanyabikorwa bacu kuri Komisiyo Ihuriweho (Joint Oversight Committee) ishinzwe kugenzura intambwe iterwa mu gushyira mu bikorwa Amasezerano y’Amahoro yasinywe muri Kamena.”

Yakomeje agira ati “Impande zombi DRC n’u Rwanda bongeye kwiyemeza gucururutsa umwuka mubi no gukomeza gushyira mu bikorwa Amasezerano y’Amahoro, hashingiwe ku ku ntambwe yatewe n’Ibiganiro byabaye muri Werurwe i Washington.”

Umujyanama Mukuru wa Perezida Trump kandi yaboneyeho gushimira Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, Igihugu cya Togo ndetse na Leta ya Qatar ku musanzu bakomeje gutanga mu nzira z’ubuhuza bugamije gushakira amahoro arambye akarere k’Ibiyaga Bigari.

Tariki ya 17 na 18 Werurwe, i Washington hari habaye ibindi biganiro byari byahuje Intumwa za Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho nabwo impande zombi zari zemeranyijwe gutera intambwe ifatika mu gushyira mu bikorwa Amasezerano y’Amahoro ya Washington.

Muri ibyo biganiro kandi u Rwanda na DRC bemeranyijwe intambwe z’ibikorwa bizakorwa mu ruhererekane bikorewe ubuhuzabikorwa, bigamije gucururutsa umwuka mubi.

Muri izo ngamba zemeranyijweho n’Ibihugu byombi, harimo intego zihariye zihuriweho mu gushyigikira no kubaha ubusugire bwa buri Gihugu n’umutekano wacyo, hakaba kandi gushyiraho ingengabihe yo gukuraho ibikorwa by’ingabo ndetse no gukuraho ingamba z’ubwirinzi zashyizweho n’u Rwanda.

Nanone kandi bemeranyijwe ko DRC ishyira imbaraga kandi ikagendera ku gihe mu gusenya burundu umutwe w’iterabwoba wa FDLR, ndetse ikanarinda abasivile bose nta vangura.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve + thirteen =

Previous Post

Why Ibimina still work in Rwanda: The Powerful impact of saving together in Community Groups

Next Post

Perezida w’u Burundi yakoze impinduka mu buyobozi bukuru bw’igisirikare zikurikiye isanganya ryabayeho

Related Posts

Hatangajwe izindi mbaraga zungutswe mu kunoza gahunda yo gutwara abagenzi muri Kigali

Hatangajwe izindi mbaraga zungutswe mu kunoza gahunda yo gutwara abagenzi muri Kigali

by radiotv10
24/04/2026
0

Bisi 50 zikoresha amashanyarazi zigiye kongerwa muri gahunda yo gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange mu Mujyi wa Kigali, aho...

Why Ibimina still work in Rwanda: The Powerful impact of saving together in Community Groups

Why Ibimina still work in Rwanda: The Powerful impact of saving together in Community Groups

by radiotv10
24/04/2026
0

In a world where banks, mobile wallets, and digital savings apps are becoming more common, traditional systems like community savings...

Isi yararebaga mu minsi 100- Impuguke muri Afurika Prof.Lumumba yagaye amahanga yatereranye u Rwanda

Isi yararebaga mu minsi 100- Impuguke muri Afurika Prof.Lumumba yagaye amahanga yatereranye u Rwanda

by radiotv10
23/04/2026
0

Prof. Patrick Loch Otieno Lumumba, inzobere mu mategeko, akaba n’umwe mu bahanga mu gutanga ibiganiro mbwirwaruhame, yavuze ko Jenoside yakorewe...

Menya imihanda yo muri Kigali igiye gutangirizwamo gahunda y’igisate cyagenewe kunyurwamo gusa na bisi z’abagenzi

Menya imihanda yo muri Kigali igiye gutangirizwamo gahunda y’igisate cyagenewe kunyurwamo gusa na bisi z’abagenzi

by radiotv10
23/04/2026
0

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwatangaje ko guhera kuri uyu wa Gatanu, imihanda ine izatangirizwamo igisate cyagenewe kunyurwamo gusa na bisi...

Ukekwaho kwiba mudasobwa wafashwe nyuma yuko hagaragaye amashusho ya camera z’umutekano ntagifunze

Ukekwaho kwiba mudasobwa wafashwe nyuma yuko hagaragaye amashusho ya camera z’umutekano ntagifunze

by radiotv10
23/04/2026
0

Umusore wari uherutse gutabwa muri yombi akekwaho kwiba mudosobwa ebyiri z’Ikigo cya Buyoga mu Murenge wa Buyoga mu Karere ka...

IZIHERUKA

Hatangajwe izindi mbaraga zungutswe mu kunoza gahunda yo gutwara abagenzi muri Kigali
IMIBEREHO MYIZA

Hatangajwe izindi mbaraga zungutswe mu kunoza gahunda yo gutwara abagenzi muri Kigali

by radiotv10
24/04/2026
0

Perezida w’u Burundi yakoze impinduka mu buyobozi bukuru bw’igisirikare zikurikiye isanganya ryabayeho

Perezida w’u Burundi yakoze impinduka mu buyobozi bukuru bw’igisirikare zikurikiye isanganya ryabayeho

24/04/2026
BREAKING: Hatangajwe iby’ingenzi byavuye mu biganiro byahuje u Rwanda na Congo muri America

Amakuru Mashya: Intumwa z’u Rwanda na Congo zongeye guhurira muri America zigira n’ibyo zemeranyaho

24/04/2026
Why Ibimina still work in Rwanda: The Powerful impact of saving together in Community Groups

Why Ibimina still work in Rwanda: The Powerful impact of saving together in Community Groups

24/04/2026
Inama Miss Jolly yageneye urubyiruko ruri mu kigero nk’icye

Inama Miss Jolly yageneye urubyiruko ruri mu kigero nk’icye

23/04/2026
Isi yararebaga mu minsi 100- Impuguke muri Afurika Prof.Lumumba yagaye amahanga yatereranye u Rwanda

Isi yararebaga mu minsi 100- Impuguke muri Afurika Prof.Lumumba yagaye amahanga yatereranye u Rwanda

23/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida w’u Burundi yakoze impinduka mu buyobozi bukuru bw’igisirikare zikurikiye isanganya ryabayeho

Perezida w’u Burundi yakoze impinduka mu buyobozi bukuru bw’igisirikare zikurikiye isanganya ryabayeho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe izindi mbaraga zungutswe mu kunoza gahunda yo gutwara abagenzi muri Kigali

Perezida w’u Burundi yakoze impinduka mu buyobozi bukuru bw’igisirikare zikurikiye isanganya ryabayeho

Amakuru Mashya: Intumwa z’u Rwanda na Congo zongeye guhurira muri America zigira n’ibyo zemeranyaho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.