Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko yakiriye ibiganiro byahuje abagize Komisiyo Ihuriweho hagati y’u Rwanda na DRC ishinzwe kugenzura ishyirwa mu bikorwa ry’amasezereno yo muri Kamena 2025, ndetse Ibihugu byombi bikaba byongeye kwemeranya gushyira imbaraga mu guhosha ibibazo bihari.
Byatangajwe n’Umujyanama Mukuru wa Perezida Trump ku Mugabane wa Afurika, Massad Boulos mu itangazo yashyize hanze mu rucyerera rwo kuri uyu wa Gatanu tariki 24 Mata 2026.
Massad Boulos yavuze ko “Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga yayoboye ibiganiro byiza hamwe n’abafatanyabikorwa bacu kuri Komisiyo Ihuriweho (Joint Oversight Committee) ishinzwe kugenzura intambwe iterwa mu gushyira mu bikorwa Amasezerano y’Amahoro yasinywe muri Kamena.”
Yakomeje agira ati “Impande zombi DRC n’u Rwanda bongeye kwiyemeza gucururutsa umwuka mubi no gukomeza gushyira mu bikorwa Amasezerano y’Amahoro, hashingiwe ku ku ntambwe yatewe n’Ibiganiro byabaye muri Werurwe i Washington.”
Umujyanama Mukuru wa Perezida Trump kandi yaboneyeho gushimira Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, Igihugu cya Togo ndetse na Leta ya Qatar ku musanzu bakomeje gutanga mu nzira z’ubuhuza bugamije gushakira amahoro arambye akarere k’Ibiyaga Bigari.
Tariki ya 17 na 18 Werurwe, i Washington hari habaye ibindi biganiro byari byahuje Intumwa za Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho nabwo impande zombi zari zemeranyijwe gutera intambwe ifatika mu gushyira mu bikorwa Amasezerano y’Amahoro ya Washington.
Muri ibyo biganiro kandi u Rwanda na DRC bemeranyijwe intambwe z’ibikorwa bizakorwa mu ruhererekane bikorewe ubuhuzabikorwa, bigamije gucururutsa umwuka mubi.
Muri izo ngamba zemeranyijweho n’Ibihugu byombi, harimo intego zihariye zihuriweho mu gushyigikira no kubaha ubusugire bwa buri Gihugu n’umutekano wacyo, hakaba kandi gushyiraho ingengabihe yo gukuraho ibikorwa by’ingabo ndetse no gukuraho ingamba z’ubwirinzi zashyizweho n’u Rwanda.
Nanone kandi bemeranyijwe ko DRC ishyira imbaraga kandi ikagendera ku gihe mu gusenya burundu umutwe w’iterabwoba wa FDLR, ndetse ikanarinda abasivile bose nta vangura.
RADIOTV10








