Thursday, January 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amakuru mashya ku bahitanywe n’ibiza mu Rwanda bakomeje kwiyongera

radiotv10by radiotv10
03/05/2023
in MU RWANDA
0
Amakuru mashya ku bahitanywe n’ibiza mu Rwanda bakomeje kwiyongera
Share on FacebookShare on Twitter

UPDATE-Ku gicamunsi: Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko kugeza ubu abamaze kumenyekana ko bahitanywe n’ibiza byatewe n’imvura nyinshi yaraye iguye, ari 129.

Mu masaha ya mbere ya saa sita: Imibare y’abahitanywe n’ibiza byatewe n’imvura nyinshi yaguye mu ijoro ryacyeye, yagiye izamuka, aho kugeza ubu hamaze kumenyekana abantu 109, barimo 95 b’Iburengerazuba, na 14 bo mu Majyaruguru.

Inkuru yabanje: Amakuru aturuka mu Ntara y’Iburengerazuba, aravuga ko abantu bagera muri 55 ari bo bamaze kumenyekana ko bishwe n’ibiza byatewe n’imvura idasanzwe yaguye mu ijoro ryacyeye, naho mu Ntara y’Amajyaruguru, bikaba byishe abantu 14.

Iyi mvura yaguye mu ijoro rishyira none ku wa Gatatu tariki 03 Gicurasi, yibasiye cyane ibice by’Intara y’Iburengerazuba ndetse n’iy’Amajyaruguru.

Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Habitegeko Francois yavuze ko iyi Ntara yahuye n’isanganya rikomeye cyane ku bw’iyi mvura yateje ibiza birimo inkangu ndetse n’isenyuka ry’inzu za bamwe mu baturage zanabagwiriye, bamwe bakahasiga ubuzima.

Gverineri Habitegeko yabwiye RADIOTV10, ko kugeza ubu hamaze kumenyekana abantu 55 bishwe n’ibi biza byatewe n’imvura nyinshi yaguye mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri rishyira kuri uyu wa Gatatu.

Guverineri Habitegeko yagize ati “Twabuze abaturage benshi cyane n’imiryango, ku buryo ubu twabaruraga 55 bitabye Imana.”

Habitegeko wavuganye na RADIOTV10 ari hamwe mu gace kibasiwe n’ibi biza, bari mu bikorwa by’ubutabazi, yaboneyeho gushimira abaturage baramutse bajya gutabara bagenzi babo.

Ati “Ndagira ngo mbashimire ubutabazi, n’ubu hari abo turi kumwe, urumva byabaye nijoro bitunguranye ariko bagerageje gutabara nubwo hari abahasize ubuzima, ariko hari abo batabaye bagihumeka.”

Yavuze kandi ko hari n’umubare munini w’abaturage bakomeretse kubera kugwirwa n’inzu. Ati “Ubu ni byo turimo kugira ngo turebe abakeneye ubutabazi, babuhabwe.”

Aya makuru kandi yanemejwe na Minisiteri Ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi MINEMA, yavuze ko ibiza byatewe n’iyi mvura, byangije byinshi, ariko ikibabaje kurusha, ari ubuzima bw’abaturage bwabigendeyemo.

Iyi Minisiteri y’Ibikorwa by’Ubutabazi, itangaza ko hari gukorwa ubutabazi bwihuse ku baba babukene bari mu kaga, ndetse no kwihutira gufasha abagizweho ingaruka n’ibi biza.

Uturere twibasiwe n’iyi mvura nyinshi, two muri iyi Ntara y’Iburengerazuba, turimo aka Rubavu, Karongi, Rutsiro, na Ngororero, ari na two turimo abagizweho ingaruka n’ibiza byatewe na yo.

Kubera iyi mvura nyinshi kandi, Umugezi wa Sebeya wo mu Karere ka Rubavu, na wo wuzuye, umena amazi yasanze abaturage mu nyubako zabo, wangiza byinshi nk’inzu ndetse n’ibikoresho byinshi byo mu nzu.

Mu Ntara y’Amajyaruguru na yo yibasiwe n’ibi biza byatewe n’imvura nyinshi, na ho hapfuye abantu 14, bituma umubare w’abamaze kwicwa n’ibi biza mu Gihugu, wiyongera ukaba umaze kugera ku bantu 69.

Iyi mvura nyinshi yaraye iguye, nyuma y’igihe gito Ikigo cy’Igihuu cy’Iteganyagihe gitangaje ko muri uku kwezi kwa Gicurasi 2023, hazagwa imvura nyinshi.

 

Imibare yazamutse

Uko ibikorwa by’ubutabazi byagiye bikorwa, imibare y’abamenyekanye bahitanywe n’ibi biza, yakomeje kuzamuka, aho kugeza ubu mu Ntara y’Iburengerazuba hamaze kumenyekana abantu 95, naho mu Ntara y’Amajyaruguru bakaba ari 14.

Mu masaha y’igicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 03 Gicurasi, Guverinoma y’u Rwanda, yatangaje ko abamaze kumenyekana ko baburiye ubuzima bwabo muri ibi biza, ari 129.

Byatangajwe n’Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda, wavuze ko muri aba bahitanjywe n’ibiza, barimo 27 bo mu Karere ka Rubavu, hakaba 26 bo mu Karere ka Rutsiro, 23 bo mu ka Ngororero, muri Nyabihu hakaba hitabye Imana abantu 17, ndetse na 16 bo mu Karere ka Karongi.

Inzu nyinshi zagwiriye abantu bari baryamye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven + one =

Previous Post

Guverinoma y’u Rwanda yagize icyo ivuga ku biza bidasanzwe byahitanye abarenga 100

Next Post

Umuhanzikazi w’uburanga n’ikimero byihariye yavuze icyo agiye gukoreshwa n’impamvu za politiki ziri muri Kenya

Related Posts

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

IZIHERUKA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka
MU RWANDA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

01/01/2026
12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzikazi w’uburanga n’ikimero byihariye yavuze icyo agiye gukoreshwa n’impamvu za politiki ziri muri Kenya

Umuhanzikazi w’uburanga n'ikimero byihariye yavuze icyo agiye gukoreshwa n’impamvu za politiki ziri muri Kenya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.