Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amakuru mashya ku bahitanywe n’ibiza mu Rwanda bakomeje kwiyongera

radiotv10by radiotv10
03/05/2023
in MU RWANDA
0
Amakuru mashya ku bahitanywe n’ibiza mu Rwanda bakomeje kwiyongera
Share on FacebookShare on Twitter

UPDATE-Ku gicamunsi: Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko kugeza ubu abamaze kumenyekana ko bahitanywe n’ibiza byatewe n’imvura nyinshi yaraye iguye, ari 129.

Mu masaha ya mbere ya saa sita: Imibare y’abahitanywe n’ibiza byatewe n’imvura nyinshi yaguye mu ijoro ryacyeye, yagiye izamuka, aho kugeza ubu hamaze kumenyekana abantu 109, barimo 95 b’Iburengerazuba, na 14 bo mu Majyaruguru.

Inkuru yabanje: Amakuru aturuka mu Ntara y’Iburengerazuba, aravuga ko abantu bagera muri 55 ari bo bamaze kumenyekana ko bishwe n’ibiza byatewe n’imvura idasanzwe yaguye mu ijoro ryacyeye, naho mu Ntara y’Amajyaruguru, bikaba byishe abantu 14.

Iyi mvura yaguye mu ijoro rishyira none ku wa Gatatu tariki 03 Gicurasi, yibasiye cyane ibice by’Intara y’Iburengerazuba ndetse n’iy’Amajyaruguru.

Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Habitegeko Francois yavuze ko iyi Ntara yahuye n’isanganya rikomeye cyane ku bw’iyi mvura yateje ibiza birimo inkangu ndetse n’isenyuka ry’inzu za bamwe mu baturage zanabagwiriye, bamwe bakahasiga ubuzima.

Gverineri Habitegeko yabwiye RADIOTV10, ko kugeza ubu hamaze kumenyekana abantu 55 bishwe n’ibi biza byatewe n’imvura nyinshi yaguye mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri rishyira kuri uyu wa Gatatu.

Guverineri Habitegeko yagize ati “Twabuze abaturage benshi cyane n’imiryango, ku buryo ubu twabaruraga 55 bitabye Imana.”

Habitegeko wavuganye na RADIOTV10 ari hamwe mu gace kibasiwe n’ibi biza, bari mu bikorwa by’ubutabazi, yaboneyeho gushimira abaturage baramutse bajya gutabara bagenzi babo.

Ati “Ndagira ngo mbashimire ubutabazi, n’ubu hari abo turi kumwe, urumva byabaye nijoro bitunguranye ariko bagerageje gutabara nubwo hari abahasize ubuzima, ariko hari abo batabaye bagihumeka.”

Yavuze kandi ko hari n’umubare munini w’abaturage bakomeretse kubera kugwirwa n’inzu. Ati “Ubu ni byo turimo kugira ngo turebe abakeneye ubutabazi, babuhabwe.”

Aya makuru kandi yanemejwe na Minisiteri Ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi MINEMA, yavuze ko ibiza byatewe n’iyi mvura, byangije byinshi, ariko ikibabaje kurusha, ari ubuzima bw’abaturage bwabigendeyemo.

Iyi Minisiteri y’Ibikorwa by’Ubutabazi, itangaza ko hari gukorwa ubutabazi bwihuse ku baba babukene bari mu kaga, ndetse no kwihutira gufasha abagizweho ingaruka n’ibi biza.

Uturere twibasiwe n’iyi mvura nyinshi, two muri iyi Ntara y’Iburengerazuba, turimo aka Rubavu, Karongi, Rutsiro, na Ngororero, ari na two turimo abagizweho ingaruka n’ibiza byatewe na yo.

Kubera iyi mvura nyinshi kandi, Umugezi wa Sebeya wo mu Karere ka Rubavu, na wo wuzuye, umena amazi yasanze abaturage mu nyubako zabo, wangiza byinshi nk’inzu ndetse n’ibikoresho byinshi byo mu nzu.

Mu Ntara y’Amajyaruguru na yo yibasiwe n’ibi biza byatewe n’imvura nyinshi, na ho hapfuye abantu 14, bituma umubare w’abamaze kwicwa n’ibi biza mu Gihugu, wiyongera ukaba umaze kugera ku bantu 69.

Iyi mvura nyinshi yaraye iguye, nyuma y’igihe gito Ikigo cy’Igihuu cy’Iteganyagihe gitangaje ko muri uku kwezi kwa Gicurasi 2023, hazagwa imvura nyinshi.

 

Imibare yazamutse

Uko ibikorwa by’ubutabazi byagiye bikorwa, imibare y’abamenyekanye bahitanywe n’ibi biza, yakomeje kuzamuka, aho kugeza ubu mu Ntara y’Iburengerazuba hamaze kumenyekana abantu 95, naho mu Ntara y’Amajyaruguru bakaba ari 14.

Mu masaha y’igicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 03 Gicurasi, Guverinoma y’u Rwanda, yatangaje ko abamaze kumenyekana ko baburiye ubuzima bwabo muri ibi biza, ari 129.

Byatangajwe n’Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda, wavuze ko muri aba bahitanjywe n’ibiza, barimo 27 bo mu Karere ka Rubavu, hakaba 26 bo mu Karere ka Rutsiro, 23 bo mu ka Ngororero, muri Nyabihu hakaba hitabye Imana abantu 17, ndetse na 16 bo mu Karere ka Karongi.

Inzu nyinshi zagwiriye abantu bari baryamye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × five =

Previous Post

Guverinoma y’u Rwanda yagize icyo ivuga ku biza bidasanzwe byahitanye abarenga 100

Next Post

Umuhanzikazi w’uburanga n’ikimero byihariye yavuze icyo agiye gukoreshwa n’impamvu za politiki ziri muri Kenya

Related Posts

Inkuba zikomeje kwiyongera mu Rwandau: Mu minsi ibiri ikurikirana zishe abantu mu Ntara ebyiri

Inkuba zikomeje kwiyongera mu Rwandau: Mu minsi ibiri ikurikirana zishe abantu mu Ntara ebyiri

by radiotv10
29/01/2026
0

Abantu babiri bo mu Ntara y’Iburengerazuba n’iy’Amajyepfo, bitabye Imana bakubiswe n’inkuba, barimo umwana w’imyaka itandatu, mu gihe hari abandi bahungabanye...

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari umunyamakuru, akaba yagizwe Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yashimiye Perezida Paul Kagame ku cyizere yamugiriye,...

Five things you must know before a job interview

Five things you must know before a job interview

by radiotv10
29/01/2026
0

An interview can feel scary, but good preparation makes it easier. Whether it’s your first interview or not, these five...

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse...

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

by radiotv10
28/01/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB) rwatangaje ko hari abantu bakomeje kurwiyitirira cyangwa biyitirira kwamamaza ikirango cy’ubukerarugendo ‘Visit Rwanda’ mu nyungu zabo...

IZIHERUKA

Inkuba zikomeje kwiyongera mu Rwandau: Mu minsi ibiri ikurikirana zishe abantu mu Ntara ebyiri
MU RWANDA

Inkuba zikomeje kwiyongera mu Rwandau: Mu minsi ibiri ikurikirana zishe abantu mu Ntara ebyiri

by radiotv10
29/01/2026
0

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

29/01/2026
Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

29/01/2026
Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

29/01/2026
Abigaragambiriza isenywa ry’inzu zabo mu mujyi w’Igihugu kimwe muri Afurika bahuye n’uruva gusenya

Abigaragambiriza isenywa ry’inzu zabo mu mujyi w’Igihugu kimwe muri Afurika bahuye n’uruva gusenya

29/01/2026
Five things you must know before a job interview

Five things you must know before a job interview

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzikazi w’uburanga n’ikimero byihariye yavuze icyo agiye gukoreshwa n’impamvu za politiki ziri muri Kenya

Umuhanzikazi w’uburanga n'ikimero byihariye yavuze icyo agiye gukoreshwa n’impamvu za politiki ziri muri Kenya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inkuba zikomeje kwiyongera mu Rwandau: Mu minsi ibiri ikurikirana zishe abantu mu Ntara ebyiri

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.