Thursday, July 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

radiotv10by radiotv10
24/04/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa
Share on FacebookShare on Twitter

Abakozi batanu b’Uturere twa Nyanza na Gisagara, barimo Abanyamabanga Nshingwabikorwa batwo, bari bafungiye i Kigali kubera ibyaha bakekwaho byahombeje Leta, bakaba bari baherutse gufungurwa, bongeye gutabwa muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB.

Aba bakozi batanu barimo Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Nyanza, Niyonshimye Olivier na Ntaganzwa Athanase wari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Gisagara.

Barimo kandi umukozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyanza, Nkurunziza Enock, ushinzwe inyubako muri aka Karere, Uwambajimana Clement ndetse na Mpitiye Bosco ushinzwe amasoko ya Leta.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwari rwabataye muri yombi muri Werurwe uyu mwaka wa 2023, rwari rwatangaje bakurikiranyweho ibyaha byo gutanga isoko rya Leta mu buryo bunyuranyije n’amategeko, kutubahiriza ihame ryo kuzigamira Leta mu itangwa ry’amasoko, gutanga inyungu zidafite ishingiro, ndetse n’akagambane bagiranye na rwiyemezamirimo watsindiye isoko bigateza Leta igihombo.

Aba bakozi b’Uturere twa Nyanza na Gisagara bari bafungiye mu Mujyi wa Kigali, bari bakorewe dosiye n’Ubushinjacyaha buyishyikiriza Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge, rwanababuranishije tairiki 05 Mata 2023.

Uru rukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge, rwari rwafashe icyemezo cyo kubarekura bagakurikiranwa bari hanze, ngo kuko nta mpamvu ikomeye yari ihari yatumaga baburana bafunzwe.

Amakuru yizewe avuga ko kuri iki Cyumweru tariki 23 Mata 2023, Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, rwongeye guta muri yombi aba bakozi batanu b’Uturere twa Nyanza na Gisagara.

RIB yongeye gufunga aba bantu, ishingiye ku bimenyetso bishya byaje kugaragara nyuma, bifitanye isano n’ibyaha bikekwa kuri aba bakozi bakurikiranyweho ibyahombeje Leta, aho RIB ivuga ko abakekwaho ibyaha bari batangiye no kubisibanganya.

Ubwo bafungurwaga, hari amakuru yavugaga ko rwiyemezamirimo witwa Kabanda uvugwa muri iyi dosiye yo gutanga isoko rya Leta mu buryo bunyuranyije n’amategeko, we yakomeje gushakishwa na RIB, ariko ko yakomeje kubura.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 1 =

Previous Post

Hamenyekanye amakuru arambuye ku ifatwa rya Gen Bunyoni wahoranye igitinyiro mu Burundi

Next Post

Umwe mu mihanda ikoreshwa cyane mu Rwanda wari wagize ikibazo wongeye kuba nyagendwa

Related Posts

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

by radiotv10
31/07/2025
0

Inama y’Abaminisitiri ya mbere ya Guverinoma nshya y’u Rwanda yafatiwemo ibyemezo birimo kwemeza Abadipolomate 10 bahagarariye Ibihugu byabo n’Imiryango Mpuzamahanga....

Ngoma: Haravugwa umwanda ukabije ahacururizwa ibicuruzwa bikwiye isuku yihariye

Ngoma: Haravugwa umwanda ukabije ahacururizwa ibicuruzwa bikwiye isuku yihariye

by radiotv10
31/07/2025
0

Abacururiza imboga n’imbuto mu isoko rya Kibungo mu Karere ka Ngoma, bavuga ko barembejwe n’umwanda ukabije baterwa n’abantu baza kuhikinga...

Money or Passion: What should we follow in 2025?

Money or Passion: What should we follow in 2025?

by radiotv10
31/07/2025
0

As the world enters deeper into the digital era and economic uncertainty continues to loom in many parts of the...

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

by radiotv10
30/07/2025
0

Polisi yo mu Karere ka Huye yafashe abasore 9 bakekwaho ibikorwa bihungabanya umutekano w’abaturage by’ubujura bakoraga bitwaje intwaro gakondo zirimo...

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

by radiotv10
30/07/2025
0

Perezida wa Repubulika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, Paul Kagame yemeje ikiruhuko ku basirikare 1 081 barimo 9 bo...

IZIHERUKA

Icyo Congo ivuga ku Mudipomate wayo wafatiwe i Burayi mu modoka itwaye ibiyobyabwenge
AMAHANGA

Icyo Congo ivuga ku Mudipomate wayo wafatiwe i Burayi mu modoka itwaye ibiyobyabwenge

by radiotv10
31/07/2025
0

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

31/07/2025
Byemejwe abanyamakuru babiri ba siporo bimukiye kuri radio nshya mu Rwanda

Byemejwe abanyamakuru babiri ba siporo bimukiye kuri radio nshya mu Rwanda

31/07/2025
Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

31/07/2025
Ngoma: Haravugwa umwanda ukabije ahacururizwa ibicuruzwa bikwiye isuku yihariye

Ngoma: Haravugwa umwanda ukabije ahacururizwa ibicuruzwa bikwiye isuku yihariye

31/07/2025
Money or Passion: What should we follow in 2025?

Money or Passion: What should we follow in 2025?

31/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umwe mu mihanda ikoreshwa cyane mu Rwanda wari wagize ikibazo wongeye kuba nyagendwa

Umwe mu mihanda ikoreshwa cyane mu Rwanda wari wagize ikibazo wongeye kuba nyagendwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Congo ivuga ku Mudipomate wayo wafatiwe i Burayi mu modoka itwaye ibiyobyabwenge

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Byemejwe abanyamakuru babiri ba siporo bimukiye kuri radio nshya mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.