• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amakuru mashya ku mwana wishwe urw’agashinyaguro uwabikoze agatorokana umutwe we

radiotv10by radiotv10
18/11/2022
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Amakuru mashya ku mwana wishwe urw’agashinyaguro uwabikoze agatorokana umutwe we
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe w’umwana w’imyaka 11 wishwe n’umuntu utaramenyekana mu Murenge wa Gishari mu Karere ka Rwamagana, wabonetse dore ko uwamwivuganye yari yawutwaye agasiga igihimba gusa.

Uyu mwana wigaga mu mwaka wa kane w’amashuri abanza, yishwe n’umugizi wa nabi ku wa Gatatu tariki 16 Ugushyingo 2022, ubwo abana barindwi bategwaga n’umugizi wa nabi bavuye kuvoma, akicamo umwe.

Ni ubugizi bwa nabi bwabereye mu Mudugudu wa Nyakabungo mu Kagari ka Bwinsanga mu Murenge wa Gishari.

Umuyobozi w’Akarere ka Rwamagana, Mbonyumuvunyi Radjab, mu butumwa yageneye ikinyamakuru Rubanda, yemeje ko umutwe w’uyu mwana wari watorokanywe n’umugizi wa nabi, wabonetse.

Mu butumwa bwanditse, Mbonyumuvunyi Radjab yagize ati “Umutwe na wo wabonetse. Iperereza rirakomeje, hari abantu RIB ikomeje kubaza.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gishari, Richard Niyomwungeri yari yatangaje ko nyuma yuko buriya bugizi bwa nabi bukorewe nyakwigendera, abaturage ndetse n’inzego bihutiye kugera aho bwabereye, bagasanga hasiye igihimba gusa kuko umutwe wari watwawe n’uwamwishe.

Uyu muyobozi kandi yari yavuze ko ku bufatanye bw’abaturage n’inzego, bari batangiye ibikorwa byo gushakisha uwishe uriya mwana ariko ko bwarinze bwira atabonetse.

Icyakora yari yavuze ko hagendewe ku makuru yatanzwe n’abana bari kumwe na nyakwigendera, hari abari batangiye gukekwa banatangiye gukorwaho iperereza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × three =

Previous Post

Amashusho y’uwaje mu bukwe bwe ari mu isanduku iteruwe n’abamwambariye yateje sakwesakwe

Next Post

Urukiko rwafashe icyemezo mu rubanza rw’uwigishije muri Kaminuza y’u Rwanda gituma rudakomeza kumuburanisha

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Urukiko rwafashe icyemezo mu rubanza rw’uwigishije muri Kaminuza y’u Rwanda gituma rudakomeza kumuburanisha

Urukiko rwafashe icyemezo mu rubanza rw’uwigishije muri Kaminuza y’u Rwanda gituma rudakomeza kumuburanisha

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.