Friday, November 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Amakuru mashya ku rubanza rwa General Bunyoni ukurikiranyweho ibyaha bikomeye

radiotv10by radiotv10
27/04/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Amakuru mashya ku rubanza rwa General Bunyoni ukurikiranyweho ibyaha bikomeye
Share on FacebookShare on Twitter

General Alain Guillaume Bunyoni wabaye Minisitiri w’Intebe w’u Burundi, uherutse gutabwa muri yombi akekwaho ibyaha birimo guhungabanya umutekano w’Igihugu, aragezwa imbere y’Umushinjacyaha Mukuru.

Ni nyuma y’iminsi itanu atawe muri yombi, kuko yafashwe tariki 21 Mata 2023, bikaba biteganyijwe ko agezwa imbere y’Umushinjacyaha Mukuru w’Igihugu cy’u Burundi kuri uyu wa Kane tariki 27 Mata 2023.

Aya makuru yo kugezwa imbere y’Umushinjacyaha Mukuru, yatangajwe ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki 26 Mata, anemezwa n’Ubucamanza bw’u Burundi.

General Bunyoni yatangiye gushakishwa mu ntangiro z’icyumweru gishize, ubwo Polisi n’inzego z’Iperereza mu Burundi, zajyaga gusaka iwe, bitegetswe n’Umushinjacyaha Mukuru, bivugwa ko mu rugo rwe hahishe amafaranga menshi.

Izi nzego zabanje kumubura, zaje kumufata tariki 21 Mata 2023, zimusanze aho yari yihishe, mu gace ka Nyamuzi muri Komini ya Kabezi mu Ntara ya Bujumbura.

Ku wa Mbere w’iki Cyumweru tariki 24 Mata 2023, Umuvugizi wa Guverinoma y’u Burundi, Vestine Nahimana n’uw’Urukiko rw’Ikirenga, Agnès Bangiricenge, bagiranye ikiganiro n’Itangazamakuru cyavugaga ku ifatwa rya General Bunyoni.

Agnès Bangiricenge yavuze ko uyu wabaye Minisitiri w’Intebe muri iki Gihugu, akurikiranyweho ibyaha bitatu; icyo guhungabanya umutekano w’Igihugu, icyo gukoresha nabi umutungo w’Igihugu ndetse n’icyaha cyo gukoresha nabi ububasha yahabwaga n’itegeko mu nyungu ze bwite.

Kuri uyu wa Kane, General Bunyoni aragezwa imbere y’Umushinjacyaha Mukuru, amenyeshwe ibi byaha aregwa, anabisobanurirwe, ubundi azabiburanishweho, nkuko biteganywa n’amategeko y’u Burundi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 1 =

Previous Post

Ifoto ya Madamu wa Perezida w’u Burundi yakoze benshi ku mutima

Next Post

Perezida Kagame ategerejwe mu Gihugu cy’abaturanyi b’u Rwanda

Related Posts

Igitero rurangiza cy’u Burusiya kuri Ukraine cyateje impagarara

Igitero rurangiza cy’u Burusiya kuri Ukraine cyateje impagarara

by radiotv10
20/11/2025
0

Abantu 19 baguye mu gitero gikomeye cyagabwe n’indege z’Abarusiya ku nyubako z’amacumbi y’abaturage mu mujyi wa Ternopil, mu burengerazuba bwa...

Urujijo ruracyari rwose ku babyeyi bashimutiwe abana bakuwe ku ishuri muri Nigeria

Urujijo ruracyari rwose ku babyeyi bashimutiwe abana bakuwe ku ishuri muri Nigeria

by radiotv10
19/11/2025
0

Ababyeyi b’abakobwa 25 bashimuswe bakuwe ku ishuri muri Nigeria, baracyari mu gihirahiro, bategereje amakuru ku buzima bw’abana babo nyuma y’igitero...

Perezida Trump yahishuriye rurangiranwa Cristiano Ronaldo ko umuhungu we amufana bikomeye

Perezida Trump yahishuriye rurangiranwa Cristiano Ronaldo ko umuhungu we amufana bikomeye

by radiotv10
19/11/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump ubwo yakiraga ku meza Igikomangoma cy’Ubwami bwa Saudi Arabia, wari kumwe...

Menya Igihugu cyabaye icya mbere muri Afurika cyakiriye umuti ukora nk’urukingo rwa SIDA

Menya Igihugu cyabaye icya mbere muri Afurika cyakiriye umuti ukora nk’urukingo rwa SIDA

by radiotv10
19/11/2025
0

Eswatini yabaye Igihugu cya mbere muri Afurika cyakiriye umuti wa Lenacapavir, ukora nk'urukingo rurinda umuntu kwandura Virusi itera SIDA, rutangwa...

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

by radiotv10
18/11/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko bitangaje kubona Umuganga Dr Denis Mukwege wanahawe igihembo cy’amahoro ‘Nobel’ yamagana...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

by radiotv10
20/11/2025
0

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

20/11/2025
Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

20/11/2025
Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

20/11/2025
Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

20/11/2025
Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke

Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke

20/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame ategerejwe mu Gihugu cy’abaturanyi b’u Rwanda

Perezida Kagame ategerejwe mu Gihugu cy’abaturanyi b’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.