Sunday, January 4, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Amakuru mashya ku rubanza rwa General Bunyoni ukurikiranyweho ibyaha bikomeye

radiotv10by radiotv10
27/04/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Amakuru mashya ku rubanza rwa General Bunyoni ukurikiranyweho ibyaha bikomeye
Share on FacebookShare on Twitter

General Alain Guillaume Bunyoni wabaye Minisitiri w’Intebe w’u Burundi, uherutse gutabwa muri yombi akekwaho ibyaha birimo guhungabanya umutekano w’Igihugu, aragezwa imbere y’Umushinjacyaha Mukuru.

Ni nyuma y’iminsi itanu atawe muri yombi, kuko yafashwe tariki 21 Mata 2023, bikaba biteganyijwe ko agezwa imbere y’Umushinjacyaha Mukuru w’Igihugu cy’u Burundi kuri uyu wa Kane tariki 27 Mata 2023.

Aya makuru yo kugezwa imbere y’Umushinjacyaha Mukuru, yatangajwe ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki 26 Mata, anemezwa n’Ubucamanza bw’u Burundi.

General Bunyoni yatangiye gushakishwa mu ntangiro z’icyumweru gishize, ubwo Polisi n’inzego z’Iperereza mu Burundi, zajyaga gusaka iwe, bitegetswe n’Umushinjacyaha Mukuru, bivugwa ko mu rugo rwe hahishe amafaranga menshi.

Izi nzego zabanje kumubura, zaje kumufata tariki 21 Mata 2023, zimusanze aho yari yihishe, mu gace ka Nyamuzi muri Komini ya Kabezi mu Ntara ya Bujumbura.

Ku wa Mbere w’iki Cyumweru tariki 24 Mata 2023, Umuvugizi wa Guverinoma y’u Burundi, Vestine Nahimana n’uw’Urukiko rw’Ikirenga, Agnès Bangiricenge, bagiranye ikiganiro n’Itangazamakuru cyavugaga ku ifatwa rya General Bunyoni.

Agnès Bangiricenge yavuze ko uyu wabaye Minisitiri w’Intebe muri iki Gihugu, akurikiranyweho ibyaha bitatu; icyo guhungabanya umutekano w’Igihugu, icyo gukoresha nabi umutungo w’Igihugu ndetse n’icyaha cyo gukoresha nabi ububasha yahabwaga n’itegeko mu nyungu ze bwite.

Kuri uyu wa Kane, General Bunyoni aragezwa imbere y’Umushinjacyaha Mukuru, amenyeshwe ibi byaha aregwa, anabisobanurirwe, ubundi azabiburanishweho, nkuko biteganywa n’amategeko y’u Burundi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + 13 =

Previous Post

Ifoto ya Madamu wa Perezida w’u Burundi yakoze benshi ku mutima

Next Post

Perezida Kagame ategerejwe mu Gihugu cy’abaturanyi b’u Rwanda

Related Posts

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

“Ni igitero cy’iterabwoba”, “ni uguhonyora amategeko mpuzamahanga”, “ni ubushotoranyi buteye impungenge”… Ni bumwe mu butumwa bukomeje gutangwa na bimwe mu...

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

by radiotv10
02/01/2026
0

Evans Eshun, uzwi ku izina rya Ebo Noah, wiyita umuhanuzi wo muri Ghana, yatawe muri yombi na Polisi y’iki Gihugu...

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

by radiotv10
01/01/2026
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, mu ijambo rye risoza umwaka, yongeye gushinja u Rwanda ibinyoma ko rufite uruhare mu bibazo...

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

by radiotv10
31/12/2025
0

Igihugu cya Mali n’icya Burkina Faso, byashyize hanze amatangazo y’ibyemezo bishobora gufata byo kwihimura kuri Leta Zunze Ubumwe za America...

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

by radiotv10
30/12/2025
0

Abayobozi bakuru b’Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Umugaba Mukuru w’Ingabo zaryo, Gen Sultani...

IZIHERUKA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza
AMAHANGA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame ategerejwe mu Gihugu cy’abaturanyi b’u Rwanda

Perezida Kagame ategerejwe mu Gihugu cy’abaturanyi b’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.