Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Amakuru mashya ku rubanza rwa General Bunyoni ukurikiranyweho ibyaha bikomeye

radiotv10by radiotv10
27/04/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Amakuru mashya ku rubanza rwa General Bunyoni ukurikiranyweho ibyaha bikomeye
Share on FacebookShare on Twitter

General Alain Guillaume Bunyoni wabaye Minisitiri w’Intebe w’u Burundi, uherutse gutabwa muri yombi akekwaho ibyaha birimo guhungabanya umutekano w’Igihugu, aragezwa imbere y’Umushinjacyaha Mukuru.

Ni nyuma y’iminsi itanu atawe muri yombi, kuko yafashwe tariki 21 Mata 2023, bikaba biteganyijwe ko agezwa imbere y’Umushinjacyaha Mukuru w’Igihugu cy’u Burundi kuri uyu wa Kane tariki 27 Mata 2023.

Aya makuru yo kugezwa imbere y’Umushinjacyaha Mukuru, yatangajwe ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki 26 Mata, anemezwa n’Ubucamanza bw’u Burundi.

General Bunyoni yatangiye gushakishwa mu ntangiro z’icyumweru gishize, ubwo Polisi n’inzego z’Iperereza mu Burundi, zajyaga gusaka iwe, bitegetswe n’Umushinjacyaha Mukuru, bivugwa ko mu rugo rwe hahishe amafaranga menshi.

Izi nzego zabanje kumubura, zaje kumufata tariki 21 Mata 2023, zimusanze aho yari yihishe, mu gace ka Nyamuzi muri Komini ya Kabezi mu Ntara ya Bujumbura.

Ku wa Mbere w’iki Cyumweru tariki 24 Mata 2023, Umuvugizi wa Guverinoma y’u Burundi, Vestine Nahimana n’uw’Urukiko rw’Ikirenga, Agnès Bangiricenge, bagiranye ikiganiro n’Itangazamakuru cyavugaga ku ifatwa rya General Bunyoni.

Agnès Bangiricenge yavuze ko uyu wabaye Minisitiri w’Intebe muri iki Gihugu, akurikiranyweho ibyaha bitatu; icyo guhungabanya umutekano w’Igihugu, icyo gukoresha nabi umutungo w’Igihugu ndetse n’icyaha cyo gukoresha nabi ububasha yahabwaga n’itegeko mu nyungu ze bwite.

Kuri uyu wa Kane, General Bunyoni aragezwa imbere y’Umushinjacyaha Mukuru, amenyeshwe ibi byaha aregwa, anabisobanurirwe, ubundi azabiburanishweho, nkuko biteganywa n’amategeko y’u Burundi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + 9 =

Previous Post

Ifoto ya Madamu wa Perezida w’u Burundi yakoze benshi ku mutima

Next Post

Perezida Kagame ategerejwe mu Gihugu cy’abaturanyi b’u Rwanda

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame ategerejwe mu Gihugu cy’abaturanyi b’u Rwanda

Perezida Kagame ategerejwe mu Gihugu cy’abaturanyi b’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.