Amakuru mashya kuri rutahizamu wakiniye amakipe akomeye mu Rwanda byakekwaga ko yahagaritse ruhago

Facebook
Twitter
LinkedIn
WhatsApp

Rutahizamu Danny Usengimana wakiniye amakipe anyuranye mu Rwanda arimo APR FC, ndetse akanakinira Amavubi, yabonye ikipe muri Canada, nyuma y’igihe gito atangaje ko yahuzwe umupira wo mu Rwanda.

Usengimana Danny umaze igihe atuye muri Canada, bamwe mu bakurikiranira hafi ruhago nyarwanda, bakekaga ko yahagaritse gukina umupira kuko yari igihe adafite ikipe.

Izindi Nkuru

Amakuru yatangajwe na we ubwe, Danny Usengomana yamaze gusinyira ikipe ya AS Laval ikina mu cyiciro cya mbere muri shampiyona y’Intara ya Québec yo mu Gihugu cya Canada.

Mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa Instagram, Danny Usengimana yishimiye kuba yabonye ikipe nshya, ndetse anashimira Imana.

Yagize ati “Ntuzigere ucika intege mu buzima. Urakoze Mana ku mahirwe adasanzwe umpaye, umpaye gukorera hanze akazi nkunda cyane, wamfunguriye imiryango yagutse idashobora gufungwa n’uwo ari we wese.”

NTUKIGERE UTANGA MU BUZIMA han urakoze Mana kubwamahirwe meza, Wampaye gukorera mumahanga nakazi nkunda cyane, Wakinguye umuryango munini ntamuntu ushobora gufunga Ukwiriye gushimwa kwanjye kandi murakoze

Uyu rutahizamu wari umaze iminsi yimukiye muri Canada ndetse akaba yarasanzeyo umugore we usanzwe utuyeyo, ari mu byishimo bikomeye nyuma yo kubona ikipe azajya akinira muri iki Gihugu cya Canada yimukiyemo.

Danny Usengimana abonye ikipe muri Canada, nyuma y’uko atangaje ko umupira wo mu Rwanda yawuhuzwe kubera amanyanga awurimo.

Danny Usengimana yakiniye amakipe yo mu Rwanda atandukanye arimo Isonga FC ari na yo yazamukiyemo, aza kwerekeza muri Police FC aho yavuye yerekeza muri APR FC.

Jean Claude KANYIZO
RADIOTV10

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IzindiNkuru