Wednesday, December 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amakuru mashya mu mibare y’abahitanywe n’ibyangijwe n’ibiza byasize agahinda mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
04/05/2023
in MU RWANDA
0
Amakuru mashya mu mibare y’abahitanywe n’ibyangijwe n’ibiza byasize agahinda mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje imibare mishya y’abantu bahitanywe n’ibiza bikomeye byabaye mu Rwanda, aho kugeza ubu hamaze kumenyekana abaturage 130 bitabye Imana, mu gihe batanu babuze, ndetse n’ibindi bikorwa byangije, birimo inzu 5 174 zasenyutse ziganjemo izo mu Karere ka Rubavu.

Ni nyuma y’umunsi umwe mu Rwanda habaye ibiza bidasanzwe byatewe n’imvura nyinshi yaguye mu ijoro ryo ku wa Kabiri tariki 02 rishyira ku wa Gatatu tariki 03 Gicurasi, byibasiye ibice bitandukanye by’Intara y’Iburengerazuba, iy’Amajyaruguru, n’iy’Amajyepfo.

Mu kiganiro yagiranye na Radio 10 mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 04 Gicurasi, Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda yagaragaje imibare igezweho y’abantu bahitanywe n’ibi biza, aho kugeza ubu bageze mu 130.

Yavuze ko nubwo aba bantu bahitanywe n’ibiza biganjemo abo mu Ntara y’Iburengerazuba n’iy’Amajyaruguru, ariko hari Uturere twabuze abaturage benshi.

Ati “Rubavu hari makumyabiri na batandatu (26), Rutsiro ni makumyabiri na barindwi (27), Karongi ni cumi na batandatu (16), Ngororero ni makumyabiri na batatu (23), Nyabihu ni cumi n’umunani (18), ahandi hose bari munsi y’icumi.”

Mukuralinda avuga kandi ko hari abaturage batanu kugeza n’ubu bataraboneka. Ati “Ni ukuvuga imirambo ntiraboneka.”

Naho abakomerekejwe n’ibi biza, ni mirongo irindwi na barindwi (77) barimo mirongo itatu na batandatu (36) bari mu bitaro, kandi ko bose bagomba kuvurirwa ubuntu, kuko ikiguzi cy’ubuvuzi kizishyurwa na Leta, kandi ikazanatanga ubufasha mu guherekeza abitabye Imana.

Inzu 5 174 zasenyutse, inyinshi zikaba ari izo muri Rubavu, aho muri aka Karere hasenyutse inzu 3 371, hakaba kandi n’inzu 2 510 zangiritse cyane, ku buryo ba nyirayo batemerewe kuzisubiramo atarasanwa.

Ati “Icyo abaturage basabwe ni iki? Ni uko ari ayo mazu yangiritse, ari ayo yasenyutse, abaturage bagomba kuyavamo bakajya kuri site bateganyirijwe zo kugira ngo babakire babahe serivisi z’ibanze.”

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma, yavuze kandi ko n’undi wese uzabwirwa ko aho atuye hashora gushyira ubuzima mu kaga, atagomba kwinangira, ahubwo ko akwiye kubahiriza ibyo azasabwa.

Yavuze ko abajyanywe kuri site zitandukanye, bahawe ubufasha bw’ibanze bw’ibikoresho nkenerwa birimo amahema, ibyo kuryamira no kwiyorosa nk’ibiringiti, ndetse n’ibyo kurya.

Mu bindi by’ibikorwa remezo byangijwe n’ibi biza, harimo imiyoboro y’amazi n’iy’amashanyarazi, imihanda, ibiraro, aho imibare yabyo izagenda ishyirwa hanze.

Ati “Ikiza kirimo ni uko ishusho y’ibibazo bihari, ubu iragaragara, ubufasha buri gutangwa buratangwa bugendeye kuri iyo mibare, biroroshye ubwo n’uwagira ikindi ashaka gufasha na we yafasha.”

Imibare y’ibyangijwe n’ibi biza, birimo imyaka ndetse n’amatungo by’abaturage iracyakusanywa, ikaza gutangwa mu buryo bwagutse mu bihe biri imbere, nkuko byatangajwe n’Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − fourteen =

Previous Post

Ibisobanuro bidasanzwe by’ukekwaho gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere kubera 1.000Frw

Next Post

Hamenyekanye igikorwa kidasanzwe cyakorewe umukinnyi w’igihangange nyuma yo guca agahigo

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

by radiotv10
03/12/2025
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame; na we yageze i Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, yitabiriye isinywa ry'amasezerano...

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

by radiotv10
03/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko mbere yuko akorana na General (Rtd) James Kabarebe hari byinshi byiza...

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

by radiotv10
03/12/2025
0

Abapolisi 74 ba Polisi y'u Rwanda barimo babiri bafite ipeti rya ACP, nka ACP Sam Rumanzi na ACP Francis Muheto...

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Hategujwe ibura ry’umuriro mu bice bimwe byo muri Kigali mu gihe cy’amasaha atatu

by radiotv10
03/12/2025
0

Sosiyete y'u Rwanda ishinzwe Ingufu (REG), yatangaje ko mu bice bimwe by'Imirenge ya Kacyiru na Kinyinya mu Karere ka Gasabo,...

Hatangajwe amagambo y’ingengabitekerezo yavuzwe n’uyikurikiranyweho wanigeze kuvuga andi nkayo mu cyunamo

Hatangajwe amagambo y’ingengabitekerezo yavuzwe n’uyikurikiranyweho wanigeze kuvuga andi nkayo mu cyunamo

by radiotv10
03/12/2025
0

Umugabo w’imyaka 35 wo mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka Rubavu, ari mu maboko ya RIB akurikiranyweho ingengabitekerezo ya...

IZIHERUKA

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine
IBYAMAMARE

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

by radiotv10
03/12/2025
0

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

03/12/2025
Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

03/12/2025
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

03/12/2025
Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

03/12/2025
Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

03/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye igikorwa kidasanzwe cyakorewe umukinnyi w’igihangange nyuma yo guca agahigo

Hamenyekanye igikorwa kidasanzwe cyakorewe umukinnyi w’igihangange nyuma yo guca agahigo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.