Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amakuru mashya mu mibare y’abahitanywe n’ibyangijwe n’ibiza byasize agahinda mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
04/05/2023
in MU RWANDA
0
Amakuru mashya mu mibare y’abahitanywe n’ibyangijwe n’ibiza byasize agahinda mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje imibare mishya y’abantu bahitanywe n’ibiza bikomeye byabaye mu Rwanda, aho kugeza ubu hamaze kumenyekana abaturage 130 bitabye Imana, mu gihe batanu babuze, ndetse n’ibindi bikorwa byangije, birimo inzu 5 174 zasenyutse ziganjemo izo mu Karere ka Rubavu.

Ni nyuma y’umunsi umwe mu Rwanda habaye ibiza bidasanzwe byatewe n’imvura nyinshi yaguye mu ijoro ryo ku wa Kabiri tariki 02 rishyira ku wa Gatatu tariki 03 Gicurasi, byibasiye ibice bitandukanye by’Intara y’Iburengerazuba, iy’Amajyaruguru, n’iy’Amajyepfo.

Mu kiganiro yagiranye na Radio 10 mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 04 Gicurasi, Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda yagaragaje imibare igezweho y’abantu bahitanywe n’ibi biza, aho kugeza ubu bageze mu 130.

Yavuze ko nubwo aba bantu bahitanywe n’ibiza biganjemo abo mu Ntara y’Iburengerazuba n’iy’Amajyaruguru, ariko hari Uturere twabuze abaturage benshi.

Ati “Rubavu hari makumyabiri na batandatu (26), Rutsiro ni makumyabiri na barindwi (27), Karongi ni cumi na batandatu (16), Ngororero ni makumyabiri na batatu (23), Nyabihu ni cumi n’umunani (18), ahandi hose bari munsi y’icumi.”

Mukuralinda avuga kandi ko hari abaturage batanu kugeza n’ubu bataraboneka. Ati “Ni ukuvuga imirambo ntiraboneka.”

Naho abakomerekejwe n’ibi biza, ni mirongo irindwi na barindwi (77) barimo mirongo itatu na batandatu (36) bari mu bitaro, kandi ko bose bagomba kuvurirwa ubuntu, kuko ikiguzi cy’ubuvuzi kizishyurwa na Leta, kandi ikazanatanga ubufasha mu guherekeza abitabye Imana.

Inzu 5 174 zasenyutse, inyinshi zikaba ari izo muri Rubavu, aho muri aka Karere hasenyutse inzu 3 371, hakaba kandi n’inzu 2 510 zangiritse cyane, ku buryo ba nyirayo batemerewe kuzisubiramo atarasanwa.

Ati “Icyo abaturage basabwe ni iki? Ni uko ari ayo mazu yangiritse, ari ayo yasenyutse, abaturage bagomba kuyavamo bakajya kuri site bateganyirijwe zo kugira ngo babakire babahe serivisi z’ibanze.”

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma, yavuze kandi ko n’undi wese uzabwirwa ko aho atuye hashora gushyira ubuzima mu kaga, atagomba kwinangira, ahubwo ko akwiye kubahiriza ibyo azasabwa.

Yavuze ko abajyanywe kuri site zitandukanye, bahawe ubufasha bw’ibanze bw’ibikoresho nkenerwa birimo amahema, ibyo kuryamira no kwiyorosa nk’ibiringiti, ndetse n’ibyo kurya.

Mu bindi by’ibikorwa remezo byangijwe n’ibi biza, harimo imiyoboro y’amazi n’iy’amashanyarazi, imihanda, ibiraro, aho imibare yabyo izagenda ishyirwa hanze.

Ati “Ikiza kirimo ni uko ishusho y’ibibazo bihari, ubu iragaragara, ubufasha buri gutangwa buratangwa bugendeye kuri iyo mibare, biroroshye ubwo n’uwagira ikindi ashaka gufasha na we yafasha.”

Imibare y’ibyangijwe n’ibi biza, birimo imyaka ndetse n’amatungo by’abaturage iracyakusanywa, ikaza gutangwa mu buryo bwagutse mu bihe biri imbere, nkuko byatangajwe n’Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − 1 =

Previous Post

Ibisobanuro bidasanzwe by’ukekwaho gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere kubera 1.000Frw

Next Post

Hamenyekanye igikorwa kidasanzwe cyakorewe umukinnyi w’igihangange nyuma yo guca agahigo

Related Posts

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

IZIHERUKA

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa
IMIBEREHO MYIZA

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

12/01/2026
Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye igikorwa kidasanzwe cyakorewe umukinnyi w’igihangange nyuma yo guca agahigo

Hamenyekanye igikorwa kidasanzwe cyakorewe umukinnyi w’igihangange nyuma yo guca agahigo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.