Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amakuru mashya mu mibare y’abahitanywe n’ibyangijwe n’ibiza byasize agahinda mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
04/05/2023
in MU RWANDA
0
Amakuru mashya mu mibare y’abahitanywe n’ibyangijwe n’ibiza byasize agahinda mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje imibare mishya y’abantu bahitanywe n’ibiza bikomeye byabaye mu Rwanda, aho kugeza ubu hamaze kumenyekana abaturage 130 bitabye Imana, mu gihe batanu babuze, ndetse n’ibindi bikorwa byangije, birimo inzu 5 174 zasenyutse ziganjemo izo mu Karere ka Rubavu.

Ni nyuma y’umunsi umwe mu Rwanda habaye ibiza bidasanzwe byatewe n’imvura nyinshi yaguye mu ijoro ryo ku wa Kabiri tariki 02 rishyira ku wa Gatatu tariki 03 Gicurasi, byibasiye ibice bitandukanye by’Intara y’Iburengerazuba, iy’Amajyaruguru, n’iy’Amajyepfo.

Mu kiganiro yagiranye na Radio 10 mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 04 Gicurasi, Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda yagaragaje imibare igezweho y’abantu bahitanywe n’ibi biza, aho kugeza ubu bageze mu 130.

Yavuze ko nubwo aba bantu bahitanywe n’ibiza biganjemo abo mu Ntara y’Iburengerazuba n’iy’Amajyaruguru, ariko hari Uturere twabuze abaturage benshi.

Ati “Rubavu hari makumyabiri na batandatu (26), Rutsiro ni makumyabiri na barindwi (27), Karongi ni cumi na batandatu (16), Ngororero ni makumyabiri na batatu (23), Nyabihu ni cumi n’umunani (18), ahandi hose bari munsi y’icumi.”

Mukuralinda avuga kandi ko hari abaturage batanu kugeza n’ubu bataraboneka. Ati “Ni ukuvuga imirambo ntiraboneka.”

Naho abakomerekejwe n’ibi biza, ni mirongo irindwi na barindwi (77) barimo mirongo itatu na batandatu (36) bari mu bitaro, kandi ko bose bagomba kuvurirwa ubuntu, kuko ikiguzi cy’ubuvuzi kizishyurwa na Leta, kandi ikazanatanga ubufasha mu guherekeza abitabye Imana.

Inzu 5 174 zasenyutse, inyinshi zikaba ari izo muri Rubavu, aho muri aka Karere hasenyutse inzu 3 371, hakaba kandi n’inzu 2 510 zangiritse cyane, ku buryo ba nyirayo batemerewe kuzisubiramo atarasanwa.

Ati “Icyo abaturage basabwe ni iki? Ni uko ari ayo mazu yangiritse, ari ayo yasenyutse, abaturage bagomba kuyavamo bakajya kuri site bateganyirijwe zo kugira ngo babakire babahe serivisi z’ibanze.”

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma, yavuze kandi ko n’undi wese uzabwirwa ko aho atuye hashora gushyira ubuzima mu kaga, atagomba kwinangira, ahubwo ko akwiye kubahiriza ibyo azasabwa.

Yavuze ko abajyanywe kuri site zitandukanye, bahawe ubufasha bw’ibanze bw’ibikoresho nkenerwa birimo amahema, ibyo kuryamira no kwiyorosa nk’ibiringiti, ndetse n’ibyo kurya.

Mu bindi by’ibikorwa remezo byangijwe n’ibi biza, harimo imiyoboro y’amazi n’iy’amashanyarazi, imihanda, ibiraro, aho imibare yabyo izagenda ishyirwa hanze.

Ati “Ikiza kirimo ni uko ishusho y’ibibazo bihari, ubu iragaragara, ubufasha buri gutangwa buratangwa bugendeye kuri iyo mibare, biroroshye ubwo n’uwagira ikindi ashaka gufasha na we yafasha.”

Imibare y’ibyangijwe n’ibi biza, birimo imyaka ndetse n’amatungo by’abaturage iracyakusanywa, ikaza gutangwa mu buryo bwagutse mu bihe biri imbere, nkuko byatangajwe n’Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 + thirteen =

Previous Post

Ibisobanuro bidasanzwe by’ukekwaho gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere kubera 1.000Frw

Next Post

Hamenyekanye igikorwa kidasanzwe cyakorewe umukinnyi w’igihangange nyuma yo guca agahigo

Related Posts

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

IZIHERUKA

How social media Is Changing the Meaning of Fame
IMYIDAGADURO

How social media Is Changing the Meaning of Fame

by radiotv10
19/01/2026
0

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye igikorwa kidasanzwe cyakorewe umukinnyi w’igihangange nyuma yo guca agahigo

Hamenyekanye igikorwa kidasanzwe cyakorewe umukinnyi w’igihangange nyuma yo guca agahigo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

How social media Is Changing the Meaning of Fame

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.