Monday, May 18, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: Uwari uyoboye igitero cy’i Kinigi cyahitanye Abanyarwanda 15 yasabiwe gufungwa burundu

radiotv10by radiotv10
24/11/2021
in MU RWANDA
0
AMAKURU MASHYA: Uwari uyoboye igitero cy’i Kinigi cyahitanye Abanyarwanda 15 yasabiwe gufungwa burundu
Share on FacebookShare on Twitter

Selemani Kabayija wari mu bayoboye igitero cyagabwe mu Murenge wa Kinigi mu Karere ka Musanze muri 2019 kigahitana Abanyarwanda 15, yasabiwe gufungwa burundu.

Ubushinjacyaha bwa Gisirikare bumaze iminsi buburana n’abaregwa mu rubanza ruregwamo bamwe mu bafatiwe mu mitwe irwanya u Rwanda barimo n’uyu Selemani Kabayija, bwasabye Urukiko rwa Gisirikare guhamya ibyaha uyu wari mu mutwe wa RUD-Urunana.

Ubushinjacyaha bwasabye Urukiko kandi guhanisha Selemani Kabayija gufungwa burundu kubera uburemere bw’ibyaha akekwaho byanatumye amaraso y’Abanyarwanda 15 ameneka ndetse abagera kuri 14 bagakomereka.

Selemani Kabayija yari umwe mu bari bayoboye kiriya gitero cyagabwe tariki 05 Ukwakira 2019 kigahitana bamwe mu baturage b’i Kinigi barimo n’abishwe urw’agashinyaguro,

Kabayija akurikiranyweho ibyaha bitandukanye birimo ubwicanyi, ubujura bukoresheje intwaro, kwinjira mu mitwe yitwaje intwaro ndetse n’ubugambanyi bugamije kugirira nabi ubutegetsi bw’u Rwanda.

Ubushinjacyaha bwa Gisirikare bwasabye Urukiko ko ibi byaha byose bikekwa kuri Kabayija bimuhama ubundi agahanishwa igifungo kiruta ibindi muri ibi byaha ari cyo cya burundu.

Seleman Kabayija wari mu buyobozi bwa kiriya gitero cya RUD-Urunana, yigeze kugaruka ku ruhare rwa bamwe mu bayobozi bo muri Guverinoma ya Uganda mu gutera inkunga imitwe ihungabanya umutekano w’u Rwanda.

Seleman Kabayija yagarutse kuri Philemon Mateke, yavuze ko kiriya gitero cyatewe inkunga n’uyu mugabo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + eight =

Previous Post

Mushikiwabo yakiriwe na Papa Francis avayo amuvuga imyato

Next Post

Masudi yavuze ko umwaka ushize Rayon yasaga nk’itariho ubu bakaba bari kuyizanzamura

Related Posts

Indi mipaka ihuza u Rwanda na Congo yafunzwe nyuma y’amasaha macye hari ifunzwe kubera Ebola

Indi mipaka ihuza u Rwanda na Congo yafunzwe nyuma y’amasaha macye hari ifunzwe kubera Ebola

by radiotv10
18/05/2026
1

Imipaka ihuza u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokasi ya Congo yo mu Karere ka Rusizi, yafunzwe kubera icyorezo cya Ebola,...

Rubavu: Impamvu nshya ivugwaho gutuma abagabo bata ingo zabo ntivugwaho rumwe

Rubavu: Impamvu nshya ivugwaho gutuma abagabo bata ingo zabo ntivugwaho rumwe

by radiotv10
18/05/2026
0

Mu Murenge wa Rubavu mu Karere ka Rubavu, haravugwa ikibazo cy’abagabo bata ingo zabo, bakajya gushaka abagore batagira abana, bikavugwa...

Abasirikare b’u Rwanda bari muri Centrafrique nyuma yo kuzanira amahoro abaturage barifuza ko banidagadura

Abasirikare b’u Rwanda bari muri Centrafrique nyuma yo kuzanira amahoro abaturage barifuza ko banidagadura

by radiotv10
18/05/2026
0

Abasirikare b’u Rwanda bari mu butumwa bw’Amahoro muri Bossembele, muri Repubulika ya Centrafrique, bashyikirije abaturage ikibuga cya Basketball babasaniye n’ibikoresho...

Kamonyi: Minisitiri Bizimana yibukije isomo rikomeye Abanyarwanda bagomba gukura mu Kwibuka

Kamonyi: Minisitiri Bizimana yibukije isomo rikomeye Abanyarwanda bagomba gukura mu Kwibuka

by radiotv10
18/05/2026
0

Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Bizimana Jean Damascene, yibukije ko Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, bikwiye guha isomo Abanyarwanda ryo...

Rusizi: Hibutswe abarimo Padiri Mbuguje wabeshyewe guhanura indege ya Habyarimana no kohereza abasore mu nkotanyi

Rusizi: Hibutswe abarimo Padiri Mbuguje wabeshyewe guhanura indege ya Habyarimana no kohereza abasore mu nkotanyi

by radiotv10
17/05/2026
0

Ubwo diyosezi gatolika ya Cyangugu yibukaga abari abakirisito abihayimana n’abari abakozi bayo bazize jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, hagarutswe kuri...

IZIHERUKA

Imodoka y’akaraboneka y’umunyapolitiki uzwi muri Uganda yajyanywe n’inzego z’iperereza
AMAHANGA

Imodoka y’akaraboneka y’umunyapolitiki uzwi muri Uganda yajyanywe n’inzego z’iperereza

by radiotv10
18/05/2026
0

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo yabaye nk’ihagarika ubuzima

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo yabaye nk’ihagarika ubuzima

18/05/2026
Indi mipaka ihuza u Rwanda na Congo yafunzwe nyuma y’amasaha macye hari ifunzwe kubera Ebola

Indi mipaka ihuza u Rwanda na Congo yafunzwe nyuma y’amasaha macye hari ifunzwe kubera Ebola

18/05/2026
Umuhanzi ukizamuka mu Rwanda ahishuye ibitari bizwi ku kibazo yagiranye n’umunyamakuru ukomeye

RIB yemeje ifungwa ry’umuhanzi Yampano inatangaza ibyaha akurikiranyweho

18/05/2026
Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

18/05/2026
Rubavu: Impamvu nshya ivugwaho gutuma abagabo bata ingo zabo ntivugwaho rumwe

Rubavu: Impamvu nshya ivugwaho gutuma abagabo bata ingo zabo ntivugwaho rumwe

18/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Masudi yavuze ko umwaka ushize Rayon yasaga nk’itariho ubu bakaba bari kuyizanzamura

Masudi yavuze ko umwaka ushize Rayon yasaga nk’itariho ubu bakaba bari kuyizanzamura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Imodoka y’akaraboneka y’umunyapolitiki uzwi muri Uganda yajyanywe n’inzego z’iperereza

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo yabaye nk’ihagarika ubuzima

Indi mipaka ihuza u Rwanda na Congo yafunzwe nyuma y’amasaha macye hari ifunzwe kubera Ebola

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.