Thursday, May 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: Uwari uyoboye igitero cy’i Kinigi cyahitanye Abanyarwanda 15 yasabiwe gufungwa burundu

radiotv10by radiotv10
24/11/2021
in MU RWANDA
0
AMAKURU MASHYA: Uwari uyoboye igitero cy’i Kinigi cyahitanye Abanyarwanda 15 yasabiwe gufungwa burundu
Share on FacebookShare on Twitter

Selemani Kabayija wari mu bayoboye igitero cyagabwe mu Murenge wa Kinigi mu Karere ka Musanze muri 2019 kigahitana Abanyarwanda 15, yasabiwe gufungwa burundu.

Ubushinjacyaha bwa Gisirikare bumaze iminsi buburana n’abaregwa mu rubanza ruregwamo bamwe mu bafatiwe mu mitwe irwanya u Rwanda barimo n’uyu Selemani Kabayija, bwasabye Urukiko rwa Gisirikare guhamya ibyaha uyu wari mu mutwe wa RUD-Urunana.

Ubushinjacyaha bwasabye Urukiko kandi guhanisha Selemani Kabayija gufungwa burundu kubera uburemere bw’ibyaha akekwaho byanatumye amaraso y’Abanyarwanda 15 ameneka ndetse abagera kuri 14 bagakomereka.

Selemani Kabayija yari umwe mu bari bayoboye kiriya gitero cyagabwe tariki 05 Ukwakira 2019 kigahitana bamwe mu baturage b’i Kinigi barimo n’abishwe urw’agashinyaguro,

Kabayija akurikiranyweho ibyaha bitandukanye birimo ubwicanyi, ubujura bukoresheje intwaro, kwinjira mu mitwe yitwaje intwaro ndetse n’ubugambanyi bugamije kugirira nabi ubutegetsi bw’u Rwanda.

Ubushinjacyaha bwa Gisirikare bwasabye Urukiko ko ibi byaha byose bikekwa kuri Kabayija bimuhama ubundi agahanishwa igifungo kiruta ibindi muri ibi byaha ari cyo cya burundu.

Seleman Kabayija wari mu buyobozi bwa kiriya gitero cya RUD-Urunana, yigeze kugaruka ku ruhare rwa bamwe mu bayobozi bo muri Guverinoma ya Uganda mu gutera inkunga imitwe ihungabanya umutekano w’u Rwanda.

Seleman Kabayija yagarutse kuri Philemon Mateke, yavuze ko kiriya gitero cyatewe inkunga n’uyu mugabo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − seven =

Previous Post

Mushikiwabo yakiriwe na Papa Francis avayo amuvuga imyato

Next Post

Masudi yavuze ko umwaka ushize Rayon yasaga nk’itariho ubu bakaba bari kuyizanzamura

Related Posts

Abasezeranye ivangamutungo rusange mu Rwanda ni 97%, ab’ivanguramutungo risesuye ni 0,6%

Abasezeranye ivangamutungo rusange mu Rwanda ni 97%, ab’ivanguramutungo risesuye ni 0,6%

by radiotv10
21/05/2026
0

Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare cyagaragaye ko abashakanye mu mwaka wa 2025, abenshi bitabiriye uburyo bw’ivangamutungo rusange ryakozwe n’abantu 97%, mu gihe...

Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda yabonye inshingano nshya ku rwego rwa Afurika y’Iburasirazuba

Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda yabonye inshingano nshya ku rwego rwa Afurika y’Iburasirazuba

by radiotv10
21/05/2026
0

Brig Gen Ronald Rwivanga wari umaze imyaka itanu n'igice ari Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda yatangiye inshingano nshya zo kuyobora Umutwe...

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe Umuyobozi wabitse mu Biro by’Akagari umubiri w’uwazize Jenoside akanawushyingura bisanzwe

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe Umuyobozi wabitse mu Biro by’Akagari umubiri w’uwazize Jenoside akanawushyingura bisanzwe

by radiotv10
21/05/2026
0

Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Gitovu mu Murenge wa Busoro mu Karere ka Nyanza, waregwaga kuzimiza cyangwa gutesha agaciro ibimenyetso n’amakuru...

Perezida Kagame na Madamu J.Kagame bitabiriye ibirori byo kwizihiza Umunsi wa ba Sogokuru muri Green Hills (Amafoto)

Perezida Kagame na Madamu J.Kagame bitabiriye ibirori byo kwizihiza Umunsi wa ba Sogokuru muri Green Hills (Amafoto)

by radiotv10
21/05/2026
0

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bitabiriye Umunsi wahariwe ababyeyi ba Sogokuru na ba Nyagokuru (Grandparents Day) mu ishuri rya...

U Rwanda n’u Burusiya mu biganiro by’iminsi itatu ku bufatanye mu bya gisirikare

U Rwanda n’u Burusiya mu biganiro by’iminsi itatu ku bufatanye mu bya gisirikare

by radiotv10
21/05/2026
0

Ubuyobozi Bukuru bw’Ingabo z’u Rwanda bwakiriye inama ya karindwi ya Komisiyo ihuza u Rwanda n’u Burusiya ishinzwe ubufatanye mu bya...

IZIHERUKA

Abasezeranye ivangamutungo rusange mu Rwanda ni 97%, ab’ivanguramutungo risesuye ni 0,6%
IMIBEREHO MYIZA

Abasezeranye ivangamutungo rusange mu Rwanda ni 97%, ab’ivanguramutungo risesuye ni 0,6%

by radiotv10
21/05/2026
0

Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda yabonye inshingano nshya ku rwego rwa Afurika y’Iburasirazuba

Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda yabonye inshingano nshya ku rwego rwa Afurika y’Iburasirazuba

21/05/2026
Iran yaburiye America na Israel ko igitero gishya cyose cyatuma habaho akaga kadasanzwe

Iran yaburiye America na Israel ko igitero gishya cyose cyatuma habaho akaga kadasanzwe

21/05/2026
Hatangajwe icyemezo cyafatiwe Umuyobozi wabitse mu Biro by’Akagari umubiri w’uwazize Jenoside akanawushyingura bisanzwe

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe Umuyobozi wabitse mu Biro by’Akagari umubiri w’uwazize Jenoside akanawushyingura bisanzwe

21/05/2026
Andi makuru yamenyekanye ku mugabo wapfuye ari gukorana imibonano n’umugore utari uwe

Andi makuru yamenyekanye ku mugabo wapfuye ari gukorana imibonano n’umugore utari uwe

21/05/2026
Perezida Kagame na Madamu J.Kagame bitabiriye ibirori byo kwizihiza Umunsi wa ba Sogokuru muri Green Hills (Amafoto)

Perezida Kagame na Madamu J.Kagame bitabiriye ibirori byo kwizihiza Umunsi wa ba Sogokuru muri Green Hills (Amafoto)

21/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Masudi yavuze ko umwaka ushize Rayon yasaga nk’itariho ubu bakaba bari kuyizanzamura

Masudi yavuze ko umwaka ushize Rayon yasaga nk’itariho ubu bakaba bari kuyizanzamura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abasezeranye ivangamutungo rusange mu Rwanda ni 97%, ab’ivanguramutungo risesuye ni 0,6%

Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda yabonye inshingano nshya ku rwego rwa Afurika y’Iburasirazuba

Iran yaburiye America na Israel ko igitero gishya cyose cyatuma habaho akaga kadasanzwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.