Friday, February 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amakuru mashya y’ibitangazwa n’umusore wasanzwe yarishe abakobwa benshi akabashyingura iwe

radiotv10by radiotv10
06/09/2023
in MU RWANDA
5
Amakuru mashya y’ibitangazwa n’umusore wasanzwe yarishe abakobwa benshi akabashyingura iwe

Aho yabashyinguraga

Share on FacebookShare on Twitter

Umusore utuye mu Murenge wa Kanombe mu Karere ka Kicukiro, wasanzwe yarashyinguye abantu bataramenyekana umubare aho atuye, yemera ko ari we wishe abo bantu, akavuga ko ari abakobwa babaga bahuriye mu tubari akabatahana nk’abagiye kwinezeza, ubundi akabica abanje kubiba.

Ibi byatangajwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwataye muri yombi uyu musore witwa Kazungu Denis utuye mu Mudugudu wa Gishikiri mu Kagari ka Busanza mu Murenge wa Kanombe.

Uyu musore watawe muri yombi kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Nzeri, biturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage bari bagiye kumusohora mu nzu yari acumbitsemo kuko nyirayo yavugaga ko yari amaze igihe atamwishyura amafaranga y’ubukode.

Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry avuga ko mu bisobanuro bitangwa n’uyu musore, avuga ko abantu akekwaho kwica, babaga bahuriye mu kabari.

Ati “We uko avuga, yaragendaga akajya mu kabari akareba abakobwa bagatahana nk’abagiye kugira ibyo bakora, hanyuma akabiba, yamara kubiba akabica.”

Imibiri y’abo akekwaho kwica, yabonetse mu cyobo yari yaracukuye mu gikoni, ubundi akaba yashyiragaho umupfundikizo wa beton.

Dr Murangira avuga ko imiterere y’aho atuye, byari bigoye ko abaturanyi be bamukeka. Ati “Ni inzu yari ituye yonyine, kuko aho hantu hari umuhanda wakorwaga, itaka yacukuraga yarivangaga n’iryo mu muhanda, ku buryo nta bantu bapfaha kuba bakeka.”

Uyu Muvugizi wa RIB uvuga ko nubwo uru rwego rukiri gukora iperereza, ariko uyu musore avuga ko icyamuteraga kwica aba bantu, ari ukubiba no kubambura ibyo babaga bafite.

Dr Murangira wahumurije abaturanyi b’uyu musore, yaboneyeho gusaba ababa bazi Kazungu Denis gufasha RIB mu iperereza“kuko ngo yari umucuruzi yacuruzaga hano mu mujyi, bakwegera Sitasiyo ya Kicukiro bakaba baduha amakuru, ndetse n’aho yagendaga bari bamuzi, bashobora kuba bakwegera RIB bakaduha amakuru, iperereza rigakomeza.”

Abaturanyi b’uyu musore, bavuga ko iwe nta muntu wo muri aka gace wahageraga, uretse kuba babonaga abakobwa bahazaga, gusa ngo yari asanzwe yitabira gahunda za Leta ndetse agatanga n’ibitekerezo, ku buryo ntawashoboraga kumukekeraho ubu bugizi bwa nabi.

RADIOTV10

Comments 5

  1. Muruta Philippe says:
    2 years ago

    🤔🤔🤔Ubu uyu nawe azavuga ko babimuroze dore ko abarozi nabo babeshyerwa myinshi!

    Reply
  2. NIBAGWIRE Joseline says:
    2 years ago

    RIB nikore iperereze uyu mugizi wa nabi ahanwe ,ubuse nae azavuga ko Ari ubu rwayi Ra?imana itabare isi ariko byumwihariko u rwanda rwacup

    Reply
  3. hakizimana jacques says:
    2 years ago

    Isi yameze amenyo pe hh

    Reply
  4. Amando says:
    2 years ago

    Uyu yagombye kumanikwa ahantu abantu bose bakajya bamubona

    Reply
  5. Rukundo jean says:
    2 years ago

    Nibamushakire igihano kimukwiye

    Reply

Leave a Reply to Muruta Philippe Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen + 11 =

Previous Post

Rayon na Kiyovu zisanzwe ari abacyeba byeruye zigiye guhatanira igikombe

Next Post

Urujijo ku baturage bamaze icyumweru bajya kwivuza bakabura abaganga

Related Posts

Batunguwe no gusanga abanyeshuri barimo uwiga mu mashuri abanza mu kabari k’inzoga zitemewe

Batunguwe no gusanga abanyeshuri barimo uwiga mu mashuri abanza mu kabari k’inzoga zitemewe

by radiotv10
12/02/2026
0

Abari mu bugenzuzi bwo gutahura abacuruza inzoga z’inkorano mu Murenge wa Kamembe mu Karere ka Rusizi, bavuga ko bababajwe no...

Intumwa z’Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya RDF zasuye Kaminuza y’Igisirikare cya Kazakhstan

Intumwa z’Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya RDF zasuye Kaminuza y’Igisirikare cya Kazakhstan

by radiotv10
12/02/2026
0

Itsinda ry’intumwa ziturutse mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare ‘RDFCSC Nyakinama’, ziyobowe na Brig Gen Andrew Nyamvumba, riri mu rugendo shuri...

Gisagara: Bataraka ibihombo baterwa n’isoko bacururizamo bavuga ko ridakwiye kwitwa irya kijyambere

Gisagara: Bataraka ibihombo baterwa n’isoko bacururizamo bavuga ko ridakwiye kwitwa irya kijyambere

by radiotv10
12/02/2026
0

Abaturage bo mu Karere ka Gisagara bavuga ko isoko ry’aka Karere ridakwiye kwitwa irya kijyambere, kuko ryubatswe mu buryo butajyanye...

Abapolisi b’u Rwanda bongeye kwitwara neza mu irushanwa ry’abafite ubumenyi budasanzwe ‘UAE SWAT Challenge’

Abapolisi b’u Rwanda bongeye kwitwara neza mu irushanwa ry’abafite ubumenyi budasanzwe ‘UAE SWAT Challenge’

by radiotv10
12/02/2026
0

Ikipe ya Polisi y’u Rwanda ya mbere (RNP SWAT Team 1) yegukanye umwanya wa gatatu mu cyiciro cyo kunyura mu...

Why Being Alone Sometimes Is Healthier Than Being Surrounded by People

Why Being Alone Sometimes Is Healthier Than Being Surrounded by People

by radiotv10
12/02/2026
0

Modern society often celebrates being busy and social. People are expected to attend events, respond quickly to messages, and always...

IZIHERUKA

Uko hakiriwe umukinnyi wa filimi ‘Samusure’ wari umaze igihe agiye hanze y’u Rwanda
IBYAMAMARE

Uko hakiriwe umukinnyi wa filimi ‘Samusure’ wari umaze igihe agiye hanze y’u Rwanda

by radiotv10
12/02/2026
0

Hashyizwe hanze urutonde rw’amaradiyo yo mu Rwanda yemerewe kogeza Shampiyona

Hashyizwe hanze urutonde rw’amaradiyo yo mu Rwanda yemerewe kogeza Shampiyona

12/02/2026
Abanyamakuru bubatse amazina mu Rwanda Rugimbana na Rutamu bagiye kongera gukorana ikiganiro nyuma y’igihe batumvikana

Abanyamakuru bubatse amazina mu Rwanda Rugimbana na Rutamu bagiye kongera gukorana ikiganiro nyuma y’igihe batumvikana

12/02/2026
Umuyobozi wa MONUSCO aragenzwa n’iki mu gace kagenzurwa na AFC/M23?

Umuyobozi wa MONUSCO aragenzwa n’iki mu gace kagenzurwa na AFC/M23?

12/02/2026
Imvune ya rurangiranwa Lionel Messi yatumye ikipe ye ifata icyemezo ku mukino wa gicuti ifite

Imvune ya rurangiranwa Lionel Messi yatumye ikipe ye ifata icyemezo ku mukino wa gicuti ifite

12/02/2026
Eng.-For the first time an aircraft lands at Goma Airport since AFC/M23 took control

Eng.-For the first time an aircraft lands at Goma Airport since AFC/M23 took control

12/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Urujijo ku baturage bamaze icyumweru bajya kwivuza bakabura abaganga

Urujijo ku baturage bamaze icyumweru bajya kwivuza bakabura abaganga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uko hakiriwe umukinnyi wa filimi ‘Samusure’ wari umaze igihe agiye hanze y’u Rwanda

Hashyizwe hanze urutonde rw’amaradiyo yo mu Rwanda yemerewe kogeza Shampiyona

Abanyamakuru bubatse amazina mu Rwanda Rugimbana na Rutamu bagiye kongera gukorana ikiganiro nyuma y’igihe batumvikana

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.