Monday, June 9, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amakuru mashya y’ibitangazwa n’umusore wasanzwe yarishe abakobwa benshi akabashyingura iwe

radiotv10by radiotv10
06/09/2023
in MU RWANDA
5
Amakuru mashya y’ibitangazwa n’umusore wasanzwe yarishe abakobwa benshi akabashyingura iwe

Aho yabashyinguraga

Share on FacebookShare on Twitter

Umusore utuye mu Murenge wa Kanombe mu Karere ka Kicukiro, wasanzwe yarashyinguye abantu bataramenyekana umubare aho atuye, yemera ko ari we wishe abo bantu, akavuga ko ari abakobwa babaga bahuriye mu tubari akabatahana nk’abagiye kwinezeza, ubundi akabica abanje kubiba.

Ibi byatangajwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwataye muri yombi uyu musore witwa Kazungu Denis utuye mu Mudugudu wa Gishikiri mu Kagari ka Busanza mu Murenge wa Kanombe.

Uyu musore watawe muri yombi kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Nzeri, biturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage bari bagiye kumusohora mu nzu yari acumbitsemo kuko nyirayo yavugaga ko yari amaze igihe atamwishyura amafaranga y’ubukode.

Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry avuga ko mu bisobanuro bitangwa n’uyu musore, avuga ko abantu akekwaho kwica, babaga bahuriye mu kabari.

Ati “We uko avuga, yaragendaga akajya mu kabari akareba abakobwa bagatahana nk’abagiye kugira ibyo bakora, hanyuma akabiba, yamara kubiba akabica.”

Imibiri y’abo akekwaho kwica, yabonetse mu cyobo yari yaracukuye mu gikoni, ubundi akaba yashyiragaho umupfundikizo wa beton.

Dr Murangira avuga ko imiterere y’aho atuye, byari bigoye ko abaturanyi be bamukeka. Ati “Ni inzu yari ituye yonyine, kuko aho hantu hari umuhanda wakorwaga, itaka yacukuraga yarivangaga n’iryo mu muhanda, ku buryo nta bantu bapfaha kuba bakeka.”

Uyu Muvugizi wa RIB uvuga ko nubwo uru rwego rukiri gukora iperereza, ariko uyu musore avuga ko icyamuteraga kwica aba bantu, ari ukubiba no kubambura ibyo babaga bafite.

Dr Murangira wahumurije abaturanyi b’uyu musore, yaboneyeho gusaba ababa bazi Kazungu Denis gufasha RIB mu iperereza“kuko ngo yari umucuruzi yacuruzaga hano mu mujyi, bakwegera Sitasiyo ya Kicukiro bakaba baduha amakuru, ndetse n’aho yagendaga bari bamuzi, bashobora kuba bakwegera RIB bakaduha amakuru, iperereza rigakomeza.”

Abaturanyi b’uyu musore, bavuga ko iwe nta muntu wo muri aka gace wahageraga, uretse kuba babonaga abakobwa bahazaga, gusa ngo yari asanzwe yitabira gahunda za Leta ndetse agatanga n’ibitekerezo, ku buryo ntawashoboraga kumukekeraho ubu bugizi bwa nabi.

RADIOTV10

Comments 5

  1. Muruta Philippe says:
    2 years ago

    🤔🤔🤔Ubu uyu nawe azavuga ko babimuroze dore ko abarozi nabo babeshyerwa myinshi!

    Reply
  2. NIBAGWIRE Joseline says:
    2 years ago

    RIB nikore iperereze uyu mugizi wa nabi ahanwe ,ubuse nae azavuga ko Ari ubu rwayi Ra?imana itabare isi ariko byumwihariko u rwanda rwacup

    Reply
  3. hakizimana jacques says:
    2 years ago

    Isi yameze amenyo pe hh

    Reply
  4. Amando says:
    2 years ago

    Uyu yagombye kumanikwa ahantu abantu bose bakajya bamubona

    Reply
  5. Rukundo jean says:
    2 years ago

    Nibamushakire igihano kimukwiye

    Reply

Leave a Reply to Amando Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 − five =

Previous Post

Rayon na Kiyovu zisanzwe ari abacyeba byeruye zigiye guhatanira igikombe

Next Post

Urujijo ku baturage bamaze icyumweru bajya kwivuza bakabura abaganga

Related Posts

Hamenyekanye amakuru ku rubanza rwa Kazungu wavuzweho ibyaha by’impfu z’abarenga 10 babonetse bashyinguye iwe

Hamenyekanye amakuru ku rubanza rwa Kazungu wavuzweho ibyaha by’impfu z’abarenga 10 babonetse bashyinguye iwe

by radiotv10
09/06/2025
0

Urubanza rw’ubujurire ruregwamo Kazungu Denis wahamijwe ibyaha birimo ibishingiye ku bantu barenga 10 basanzwe bashyinguye aho yari acumbitse, rugiye kuburanishwa....

Rubavu: Bavuze impamvu begerejwe amazi meza ariko bakaba bakivoma ibishanga

Rubavu: Bavuze impamvu begerejwe amazi meza ariko bakaba bakivoma ibishanga

by radiotv10
09/06/2025
0

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Nyamyumba mu Karere ka Rubavu, bataka imibereho mibi baterwa no gukoresha amazi y’ibishanga kubera...

Kayonza: Abatuye ahitwa Videwo bataka ikibazo cy’amazi bahawe igisubizo gitanga icyizere

Kayonza: Abatuye ahitwa Videwo bataka ikibazo cy’amazi bahawe igisubizo gitanga icyizere

by radiotv10
09/06/2025
0

Ubuyobozi bw’Akarere ka Kayonza burizeza abatuye mu gace bise ‘Videwo’ mu Murenge wa Gahini, ko ikibazo cy’ibura ry’amazi ryari rimaze...

Nyamasheke: Imiryango 258 yahawe ubufasha burimo ubuzayifasha kwikura mu bukene

Nyamasheke: Imiryango 258 yahawe ubufasha burimo ubuzayifasha kwikura mu bukene

by radiotv10
09/06/2025
0

Imiryango itishoboye igera kuri 258 yo mu Mirenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke yahawe inkunga zizayifasha kwikura mu bukene,...

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, hatawe muri yombi umusore w’imyaka 20 nyuma yo gukekwaho gufata ku ngufu...

IZIHERUKA

Ibyo Perezida Trump yakunze guseka kuri Biden na we byamubayeho
AMAHANGA

Ibyo Perezida Trump yakunze guseka kuri Biden na we byamubayeho

by radiotv10
09/06/2025
0

Hamenyekanye amakuru ku rubanza rwa Kazungu wavuzweho ibyaha by’impfu z’abarenga 10 babonetse bashyinguye iwe

Hamenyekanye amakuru ku rubanza rwa Kazungu wavuzweho ibyaha by’impfu z’abarenga 10 babonetse bashyinguye iwe

09/06/2025
M23 yagaragaje icyavuye mu mirwano ikomeye yayihuje na FARDC

Hagati ya AFC/M23 na Wazalendo i Walikare byongeye gukomera

09/06/2025
Perezida w’u Burundi yahagarariwe mu muhango wo kwibuka Nkurunziza yasimbuye umaze imyaka itanu yitabye Imana

Perezida w’u Burundi yahagarariwe mu muhango wo kwibuka Nkurunziza yasimbuye umaze imyaka itanu yitabye Imana

09/06/2025
Gen.Muhoozi yahaye gasopo umunyapolitiki wo muri Afurika y’Epfo washinje ibinyoma Perezida Kagame na Museveni

Gen.Muhoozi yatanze itegeko nyuma yo kumva ko hari umusirikare wo hejuru wafunzwe n’inzego z’ubutasi

09/06/2025
Rubavu: Bavuze impamvu begerejwe amazi meza ariko bakaba bakivoma ibishanga

Rubavu: Bavuze impamvu begerejwe amazi meza ariko bakaba bakivoma ibishanga

09/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Urujijo ku baturage bamaze icyumweru bajya kwivuza bakabura abaganga

Urujijo ku baturage bamaze icyumweru bajya kwivuza bakabura abaganga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Ibyo Perezida Trump yakunze guseka kuri Biden na we byamubayeho

Hamenyekanye amakuru ku rubanza rwa Kazungu wavuzweho ibyaha by’impfu z’abarenga 10 babonetse bashyinguye iwe

Hagati ya AFC/M23 na Wazalendo i Walikare byongeye gukomera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.