Thursday, December 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amakuru y’ingenzi wamenya kuri Hoteli yo ku rwego ruruta izindi mu Rwanda igiye kuboneka

radiotv10by radiotv10
07/01/2025
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Amakuru y’ingenzi wamenya kuri Hoteli yo ku rwego ruruta izindi mu Rwanda igiye kuboneka
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Rwanda hagiye kubakwa Hoteli ya mbere y’inyenyeri esheshatu, ishobora kuzaba ari yo ya mbere yo kuri uru rwego muri iki Gihugu, izaba iri mu Mujyi wa Kigali, ndetse ibiganiro n’umushoramari w’umunyamahanga uzayubaka bikaba bigeze kure.

Ni hoteli ikiri mu mushinga, ishobora kuzabakwa mu Murenge wa Kacyiru mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, ahasanzwe hari ikibuga cya Golf.

Iki kibuga cya Golf kizwi nka Kigali Golf Course, cyubatswe n’Urwego rw’Ubwiteganyirize mu Rwanda (RSSB), cyatashywe muri 2021 aho cyuzuye gitwaye miliyari 17,7 Frw arimo ayakoreshejwe mu kubaka ikibuga ubwacyo ndetse n’inzu zikenerwa n’abitabira uyu mukino.

Nyuma kandi hanubatswe inyubako y’inyenyeri eshanu iri mu za mbere zigezweho ku Mugabane wa Afurika zubakwa ku bibuga bya Golf zizwi nka ‘Club House’, aho irimo ibikorwa bifasha abitabira iyi mikino kuruhuka; nk’ibikoresho bya Gym, aho kwakirira inama zitaguye, aho kuganirira, n’aho gufatira amafunguro.

 

Hagiye kubakwa hoteli yo ku rwego rubayeho bwa mbere mu Rwanda

Ubuyobozi bw’Urwego rw’Ubwiteganyirize mu Rwanda (RSSB), buvuga ko uyu mushinga w’ikibuga cya Golf, utanga umusaruro, ndetse ko hazanakomeza ibikorwa byo kuwagura kugira ngo ukomeze kubyara inyungu.

Regis Rugemanshuro uyobora RSSB, aganira n’Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru, yagize ati “Ikibuga cya golf ni umushinga wunguka, icya kabiri ni uko gikurura n’irindi shoramari.”

Akomeza avuga ko mu gukurura irindi shoramari, uru rwego ubu ruri mu biganiro n’umushoramari uzubaka hoteli y’inyenyeri esheshatu ku nkengero z’iki kibuga cya Golf.

Ati “twishimiye kubatangariza ko turi mu biganiro bya nyuma n’umushoramari w’umunyamahanga ushaka kubaka hoteli y’inyenyeri esheshatu ku nkengero z’ikibuga cya Golf.”

Urwego rw’Ubwiteganyirize mu Rwanda (RSSB) rusanzwe rufite imishinga ibyara inyungu, aho rukoresha imisanzu y’abanyamuryango bo mu bwiteganyirize.

Mu mpera z’umwaka ushize uru Rwego rwatangaje ko mu mwaka w’ingengo y’imari ushize rwungutse arenga miliyari 418 Frw, inyungu yarwo yavuye mu ishoramari yari miliyari 240 Frw.

Icyo gihe kandi Regis Rugemanshuro yavuze ko uru rwego rwashoye imari mu bikorwa binyuranye, aho 8% by’amafaranga yose abitswe n’uru rwego, yashowe mu bikorwa by’ubwubatsi.

Mu gice kizubakwamo iyi Hoteli hasanzwe inyubako iteye amabengeza ifasha abajya gukina uyu mukino wa Golf

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five − two =

Previous Post

Gen.Muhoozi yagaragaje urutonde rw’abantu b’intagarugero mu mateka y’Isi anabashyira ku myanya

Next Post

Ubwiyongere bw’ibicurane bwatumye Ibitaro bikomeye mu Rwanda bishyiraho amabwiriza agomba gukurikizwa n’ababigana bose

Related Posts

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

IZIHERUKA

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye
FOOTBALL

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

by radiotv10
25/12/2025
0

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

25/12/2025
Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

25/12/2025
Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

24/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubwiyongere bw’ibicurane bwatumye Ibitaro bikomeye mu Rwanda bishyiraho amabwiriza agomba gukurikizwa n’ababigana bose

Ubwiyongere bw’ibicurane bwatumye Ibitaro bikomeye mu Rwanda bishyiraho amabwiriza agomba gukurikizwa n’ababigana bose

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.