Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amakuru y’ingenzi wamenya kuri Hoteli yo ku rwego ruruta izindi mu Rwanda igiye kuboneka

radiotv10by radiotv10
07/01/2025
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Amakuru y’ingenzi wamenya kuri Hoteli yo ku rwego ruruta izindi mu Rwanda igiye kuboneka
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Rwanda hagiye kubakwa Hoteli ya mbere y’inyenyeri esheshatu, ishobora kuzaba ari yo ya mbere yo kuri uru rwego muri iki Gihugu, izaba iri mu Mujyi wa Kigali, ndetse ibiganiro n’umushoramari w’umunyamahanga uzayubaka bikaba bigeze kure.

Ni hoteli ikiri mu mushinga, ishobora kuzabakwa mu Murenge wa Kacyiru mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, ahasanzwe hari ikibuga cya Golf.

Iki kibuga cya Golf kizwi nka Kigali Golf Course, cyubatswe n’Urwego rw’Ubwiteganyirize mu Rwanda (RSSB), cyatashywe muri 2021 aho cyuzuye gitwaye miliyari 17,7 Frw arimo ayakoreshejwe mu kubaka ikibuga ubwacyo ndetse n’inzu zikenerwa n’abitabira uyu mukino.

Nyuma kandi hanubatswe inyubako y’inyenyeri eshanu iri mu za mbere zigezweho ku Mugabane wa Afurika zubakwa ku bibuga bya Golf zizwi nka ‘Club House’, aho irimo ibikorwa bifasha abitabira iyi mikino kuruhuka; nk’ibikoresho bya Gym, aho kwakirira inama zitaguye, aho kuganirira, n’aho gufatira amafunguro.

 

Hagiye kubakwa hoteli yo ku rwego rubayeho bwa mbere mu Rwanda

Ubuyobozi bw’Urwego rw’Ubwiteganyirize mu Rwanda (RSSB), buvuga ko uyu mushinga w’ikibuga cya Golf, utanga umusaruro, ndetse ko hazanakomeza ibikorwa byo kuwagura kugira ngo ukomeze kubyara inyungu.

Regis Rugemanshuro uyobora RSSB, aganira n’Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru, yagize ati “Ikibuga cya golf ni umushinga wunguka, icya kabiri ni uko gikurura n’irindi shoramari.”

Akomeza avuga ko mu gukurura irindi shoramari, uru rwego ubu ruri mu biganiro n’umushoramari uzubaka hoteli y’inyenyeri esheshatu ku nkengero z’iki kibuga cya Golf.

Ati “twishimiye kubatangariza ko turi mu biganiro bya nyuma n’umushoramari w’umunyamahanga ushaka kubaka hoteli y’inyenyeri esheshatu ku nkengero z’ikibuga cya Golf.”

Urwego rw’Ubwiteganyirize mu Rwanda (RSSB) rusanzwe rufite imishinga ibyara inyungu, aho rukoresha imisanzu y’abanyamuryango bo mu bwiteganyirize.

Mu mpera z’umwaka ushize uru Rwego rwatangaje ko mu mwaka w’ingengo y’imari ushize rwungutse arenga miliyari 418 Frw, inyungu yarwo yavuye mu ishoramari yari miliyari 240 Frw.

Icyo gihe kandi Regis Rugemanshuro yavuze ko uru rwego rwashoye imari mu bikorwa binyuranye, aho 8% by’amafaranga yose abitswe n’uru rwego, yashowe mu bikorwa by’ubwubatsi.

Mu gice kizubakwamo iyi Hoteli hasanzwe inyubako iteye amabengeza ifasha abajya gukina uyu mukino wa Golf

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × one =

Previous Post

Gen.Muhoozi yagaragaje urutonde rw’abantu b’intagarugero mu mateka y’Isi anabashyira ku myanya

Next Post

Ubwiyongere bw’ibicurane bwatumye Ibitaro bikomeye mu Rwanda bishyiraho amabwiriza agomba gukurikizwa n’ababigana bose

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
09/01/2026
0

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubwiyongere bw’ibicurane bwatumye Ibitaro bikomeye mu Rwanda bishyiraho amabwiriza agomba gukurikizwa n’ababigana bose

Ubwiyongere bw’ibicurane bwatumye Ibitaro bikomeye mu Rwanda bishyiraho amabwiriza agomba gukurikizwa n’ababigana bose

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.