Sunday, May 11, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amarira y’Abamotari arahanaguwe burundu: Hafashwe imyanzuro ku bibazo bakunze kugaragaza

radiotv10by radiotv10
25/02/2022
in MU RWANDA
0
Amarira y’Abamotari arahanaguwe burundu: Hafashwe imyanzuro ku bibazo bakunze kugaragaza
Share on FacebookShare on Twitter

Inama yahuje inzego zinyuranye zirimo Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere (RURA) n’Abamotari, yafatiwemo ibyemezo byashimishje aba batwara abagenzi kuri moto bari bamaze igihe biyasira kubera ibibazo byinshi bari bafite.

Mu kwezi gushize, abakora akazi ko gutwara abagenzi kuri moto mu Mujyi wa Kigali, bakoze imyigaragambyo basaba gukemurirwa ibibazo bafite byarimo icya mubazi.

Ibi byatumye inzego zinyuranye zihura zihita zifata umwanzuro wo kuba hahagaritswe igenzurwa ry’ikoreshwa rya mubazi.

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda wari watangaje ko Abamotari bari basanganywe ibibazo uruhuri ariko bakuririra ku iki cya mubazi, yatangaje ko kuri uyu wa Gatanu habaye inama yahuje Minisiteri y’Ibikorwaremezo, RURA, Polisi, Umujyi wa Kigali n’Abamotari ubwabo bamenyeshwa imyanzuro yafashwe na MINIFRA.

Umwe mu myanzuro yafashwe n’urebana na Koperative nyinshi zakunze kugarukwaho n’Abamotari, ubu MININFRA ikaba yakuyeho Koperative 41, hakazashyirwaho eshanu.

Ati “Hari imitungo yari afite [amakoperative], izarebwa yose hanyuma abanyamuryango bayigabane ariko igikuru muri byo, nta mutungo wundi bazongera gushaka muri koperative ndetse nta n’umusanzu bazongera gutanga wa buri kwezi.”

Avuga ko Abamotari hari amafaranga ibihumbi 10 Frw batangaga muri RURA kugira ngo bahabwe uburenganzira bwo gukora, kandi bakazongera kuyatanga mu gihe ubwo burenganzira bushize.

Ati “Ibyo ubu byavuyeho, uzajya uyatanga rimwe noneho urushya nirushira usubira muri RURA baguhe urundi ruhushya bataguciye andi mafaranga.”

Naho imisanzu bajyaga batanga muri za Koperative, na yo yavuyeho kuko bazajya batanga ibihumbi 23 Frw batangaga n’ubundi buri kwezi, akazajya ashyira muri Koperative eshanu zizashyirwaho ubundi ntibazongere gutanga indi misanzu.

 

Mubazi yongeye gukoreshwa

Alain Mukuralinda kandi atangaza ko guhera uyu munsi watangarijweho iyi myanzuro, mubazi zongera gukoreshwa, aboneraho gusaba abatarazifata kujya kuzifata kuko Polisi yongera kuzigenzura.

Avuga ko nubwo mubazi ubwayo itari ikibazo.

Igiciro ku ngendo cyari 300 Frw ku bilometero bibiri, ubu cyashyizwe kuri 400 Frw.

Alain Mukuralinda yatangaje ko ibi bibazo byose bigomba gukemuka mu gihe cy’amezi atatu ku buryo abantu bakwizera ko ibibazo byakunze kuzamurwa n’Abamotari bitazongera kumvikana.

Ati “Ibibazo byari byagaragajwe, ntekereza ko imyanzuro yafashwe iragaragaza ko ibibazo bikemutse ndetse ko icyari kigambiriwe ni ukureba ko baninjiza amafaranga ahagije ariko mu kazi gafitiye igihugu akamaro.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 11 =

Previous Post

TdRda2022: Intambara iri iwabo ntiyamuciye intege…Umunya-Ukraine yegukanye Etape 6

Next Post

Yakuriweho igihano cyo kwicwa arishima biramurenga ahita apfa

Related Posts

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Umusore w’imyaka 27 y’amavuko ukekwaho kwica uwari umukoresha we mu Murenge wa Ruli mu Karere ka Gakenke, yarangiza akamuzingazingira mu...

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwafashe icyemezo cyo gufunga by’agateganyo iminsi 30 Moses Turahirwa uzwi mu guhanga imideri wanashinze inzu yayo...

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

by radiotv10
09/05/2025
0

Umugore w’imyaka 58 wo mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza ukurikiranyweho kwica umugabo we w’imyaka 80, avuga ko...

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda bwashimiye Imana ku itorwa ry’Umushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Nyirubutungane Lewo XIV...

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, yatawe muri yombi nyuma yuko mu...

IZIHERUKA

MU RWANDA

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

09/05/2025
Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Yakuriweho igihano cyo kwicwa arishima biramurenga ahita apfa

Yakuriweho igihano cyo kwicwa arishima biramurenga ahita apfa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.