Monday, November 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amarira y’Abanyakigali bamara amasaha bategereje imodoka muri Gare yaba agiye guhanagurwa?

radiotv10by radiotv10
06/04/2022
in MU RWANDA
0
Amarira y’Abanyakigali bamara amasaha bategereje imodoka muri Gare yaba agiye guhanagurwa?
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwagaragaje intandaro y’ibibazo byakunze kugaragara mu gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange, buvuga ko amasezerano ya kompanyi zatsindiye isoko ryo gutwara abantu agiye kuvugururwa, ku buryo mu gihe cya vuba hazatangira kugaragara impinduka.

Byatangajwe kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Mata mu Nteko y’abaturage yabaye hifashishijwe itangazamakuru yarimo Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Hon Gatabazi Jean Marie Vianney, Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Pudence Rubingisa n’abamwungirije.

Iyi nteko yabarijwemo ibibazo by’abaturage bakoreshaga uburyo bwa telephone, bagarutse ku kibazo cyo gutwara abagenzi mu buryo wa rusange kimaze iminsi kigaragara mu Mujyi wa Kigali by’umwihariko aho abagenzi bategera imodoka bakunze kuba ari benshi muri za gare.

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali wungurije ushinzwe imiturire n’Ibikorwa Remezo, Dr Mpabwanamuguru Merard yavuze ko mu myaka itanu ishize Umujyi wa Kigali wahuye n’imbogamizi yo guturwa cyane kandi hakaba ikindi kibazo cyo kuba isoko ryo gutwara abagenzi rifitwe na kompanyi eshatu gusa.

Yavuze ko icyorezo cya COVID-19 cyaje hari gahunda yo kuvugurura amasezerano “Kugira ngo hazemo amaraso mashya ndetse hanongerwemo n’ubushobozi bugendanye n’ubwiyongere bw’abaturage.”

Dr Mpabwanamuguru Merard avuga ko muri 2013 ubwo amasezerano ari kugenderwaho ubu yasinywaga, Umujyi wa Kigali wari utuwe n’abaturage 1 320 000 mu gihe ubu bamaze kugera muri Miliyoni 1,6.

Ati “Kandi Imirenge icyo gihe yagaragaraga nk’icyaro nka za Bumbogo, za Nduba na za Mageragere hagiye haturwa.”

Dr Mpabwanamuguru avuga ko ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buri gukorana na Minisiteri y’Ibikorwa Remezo na Kompanyi zitanga serivisi zo gutwara abagenzi kugira ngo habemo kuvugurura amasezerano ndetse hanongerwe imodoka.

Yavuze ko mu cyumweru gitaha ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buzagirana inama na Minisiteri y’Ibikorwa Remezo izasuzumirwamo ibisabwa ubundi bigafatirwa umurongo.

Ati “Kugira ngo n’abari mu gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange bakagira ibyo Leta ishobora kubafasha kugira gutwara abagenzi ibe ari iyishimirwa n’umuturage.”

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Hon Gatabazi Jean Marie Vianney yahise abaza uyu muyobozi igihe ibi byose bizafata, asubiza avuga ko iyi nama izaba mu cyumweru gitaha izahuza Umujyi wa Kigali, RURA, RTDA na kompanyi zitwara abagenzi ubundi herekanwe ibikenewe kugira ngo bizahabwe umurongo w’uburyo byazashyirwa mu bikorwa.

Ati “Ariko mu byo duteganya harimo ibyo dusaba bishobora gukorwa mu gihe cya vuba ndetse hari n’ibiteganywa mu gihe kirambye. Mu biteganywa mu gihe cya vuba harimo gushyira ingufu cyane mu gutwara abantu ahaturuka benshi cyane cyane mu masaha yo kuva mu ngo no gutaha.”

Dr Mpabwanamuguru avuga kandi ko ubuyobozi buzanashyira ingufu mu gufasha abantu gukoresha imihanda mishya ku buryo byagabanya umuvundo w’imodoka “bityo imodoka zitwara abantu benshi zibe zafashwa kugira ngo zihute mu mihanda ziri gukoresha.”

Ibi bishobora kuzakemura ikibazo cy’abaturage bamaraga amasaha n’amasaha bategereje imodoka by’umwihariko mu bihe byo gusubira mu ngo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten − four =

Previous Post

Umusore w’imyaka 25 agiye kurushinga n’umukecuru w’imyaka 85 wamusabye kumukwa inka 12

Next Post

Indwara yahitanye Perezida w’Inteko ya Uganda yamenyekanye

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

by radiotv10
24/11/2025
0

Umugabo w’imyaka 47 y’amavuko wo mu Murenge wa Murunda mu Karere ka Rutsiro, wari ufitanye amakimbirane n’umugore we amushinja kumuca...

Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

by radiotv10
24/11/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, avuga ko amaze imyaka 14 abariwe inguranye y’ubutaka bwe bwubatsweho...

Two Childhoods, One Home: The Hidden Cause of Parenting Disagreements

Two Childhoods, One Home: The Hidden Cause of Parenting Disagreements

by radiotv10
24/11/2025
0

In many homes, disagreements between parents often come from one simple but powerful source: the desire to raise children the...

10 Reasons why you should visit Rwanda

10 Reasons why you should visit Rwanda

by radiotv10
24/11/2025
0

Rwanda has become one of Africa’s most inspiring destinations, a place where natural beauty, safety, culture, and progress blend into...

Perezida Kagame na Touadéra wa Centrafrique bagiranye ibiganiro

Perezida Kagame na Touadéra wa Centrafrique bagiranye ibiganiro

by radiotv10
24/11/2025
0

Perezida Paul Kagame yahuye na mugenzi we Faustin Archange Touadéra wa Repubulika ya Centrafrique, bagirana ibiganiro byagarutse ku mikoranire irimo...

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons
AMAHANGA

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

by radiotv10
24/11/2025
0

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Hamenyekanye ibishya muri dosiye ifitanye isano n’amashusho yo mu buriri y’umuhanzi Yampano n’umukunzi

24/11/2025
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

24/11/2025
Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

24/11/2025
Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

24/11/2025
Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

24/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Indwara yahitanye Perezida w’Inteko ya Uganda yamenyekanye

Indwara yahitanye Perezida w’Inteko ya Uganda yamenyekanye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

Hamenyekanye ibishya muri dosiye ifitanye isano n’amashusho yo mu buriri y’umuhanzi Yampano n’umukunzi

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.