Monday, November 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amarira y’Abanyakigali bamara amasaha bategereje imodoka muri Gare yaba agiye guhanagurwa?

radiotv10by radiotv10
06/04/2022
in MU RWANDA
0
Amarira y’Abanyakigali bamara amasaha bategereje imodoka muri Gare yaba agiye guhanagurwa?
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwagaragaje intandaro y’ibibazo byakunze kugaragara mu gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange, buvuga ko amasezerano ya kompanyi zatsindiye isoko ryo gutwara abantu agiye kuvugururwa, ku buryo mu gihe cya vuba hazatangira kugaragara impinduka.

Byatangajwe kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Mata mu Nteko y’abaturage yabaye hifashishijwe itangazamakuru yarimo Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Hon Gatabazi Jean Marie Vianney, Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Pudence Rubingisa n’abamwungirije.

Iyi nteko yabarijwemo ibibazo by’abaturage bakoreshaga uburyo bwa telephone, bagarutse ku kibazo cyo gutwara abagenzi mu buryo wa rusange kimaze iminsi kigaragara mu Mujyi wa Kigali by’umwihariko aho abagenzi bategera imodoka bakunze kuba ari benshi muri za gare.

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali wungurije ushinzwe imiturire n’Ibikorwa Remezo, Dr Mpabwanamuguru Merard yavuze ko mu myaka itanu ishize Umujyi wa Kigali wahuye n’imbogamizi yo guturwa cyane kandi hakaba ikindi kibazo cyo kuba isoko ryo gutwara abagenzi rifitwe na kompanyi eshatu gusa.

Yavuze ko icyorezo cya COVID-19 cyaje hari gahunda yo kuvugurura amasezerano “Kugira ngo hazemo amaraso mashya ndetse hanongerwemo n’ubushobozi bugendanye n’ubwiyongere bw’abaturage.”

Dr Mpabwanamuguru Merard avuga ko muri 2013 ubwo amasezerano ari kugenderwaho ubu yasinywaga, Umujyi wa Kigali wari utuwe n’abaturage 1 320 000 mu gihe ubu bamaze kugera muri Miliyoni 1,6.

Ati “Kandi Imirenge icyo gihe yagaragaraga nk’icyaro nka za Bumbogo, za Nduba na za Mageragere hagiye haturwa.”

Dr Mpabwanamuguru avuga ko ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buri gukorana na Minisiteri y’Ibikorwa Remezo na Kompanyi zitanga serivisi zo gutwara abagenzi kugira ngo habemo kuvugurura amasezerano ndetse hanongerwe imodoka.

Yavuze ko mu cyumweru gitaha ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buzagirana inama na Minisiteri y’Ibikorwa Remezo izasuzumirwamo ibisabwa ubundi bigafatirwa umurongo.

Ati “Kugira ngo n’abari mu gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange bakagira ibyo Leta ishobora kubafasha kugira gutwara abagenzi ibe ari iyishimirwa n’umuturage.”

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Hon Gatabazi Jean Marie Vianney yahise abaza uyu muyobozi igihe ibi byose bizafata, asubiza avuga ko iyi nama izaba mu cyumweru gitaha izahuza Umujyi wa Kigali, RURA, RTDA na kompanyi zitwara abagenzi ubundi herekanwe ibikenewe kugira ngo bizahabwe umurongo w’uburyo byazashyirwa mu bikorwa.

Ati “Ariko mu byo duteganya harimo ibyo dusaba bishobora gukorwa mu gihe cya vuba ndetse hari n’ibiteganywa mu gihe kirambye. Mu biteganywa mu gihe cya vuba harimo gushyira ingufu cyane mu gutwara abantu ahaturuka benshi cyane cyane mu masaha yo kuva mu ngo no gutaha.”

Dr Mpabwanamuguru avuga kandi ko ubuyobozi buzanashyira ingufu mu gufasha abantu gukoresha imihanda mishya ku buryo byagabanya umuvundo w’imodoka “bityo imodoka zitwara abantu benshi zibe zafashwa kugira ngo zihute mu mihanda ziri gukoresha.”

Ibi bishobora kuzakemura ikibazo cy’abaturage bamaraga amasaha n’amasaha bategereje imodoka by’umwihariko mu bihe byo gusubira mu ngo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 5 =

Previous Post

Umusore w’imyaka 25 agiye kurushinga n’umukecuru w’imyaka 85 wamusabye kumukwa inka 12

Next Post

Indwara yahitanye Perezida w’Inteko ya Uganda yamenyekanye

Related Posts

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

by radiotv10
17/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu Mirenge ya Kivumu na Nyamyumba mu Turere twa Rubavu na Rutsiro mu Ntara y’Iburengerazuba, bavuga ko...

Start Strong:- Monday tips that will make your week more productive

Start Strong:- Monday tips that will make your week more productive

by radiotv10
17/11/2025
0

Many people say Monday is the hardest of the week, but it doesn’t have to be. When you start your...

Imiterere y’ishuri barereramo abana babo rituma bagira impungenge

Imiterere y’ishuri barereramo abana babo rituma bagira impungenge

by radiotv10
17/11/2025
0

Abarerera mu Ishuri Ribanza rya Nyanza ryo mu Murenge wa Ngera mu Karere ka Nyaruguru, barasaba ko inyubako z’iri shuri...

Rusizi: Abaturage babiri mu icumi bari hamwe baba barwaye diyabete

Rusizi: Abaturage babiri mu icumi bari hamwe baba barwaye diyabete

by radiotv10
17/11/2025
0

Mu rwego rwo kurwanya indwara zitandura zirimo diyabete yibasiye abangana na 2% mu baturage b’akarere ka Rusizi, ubuyobozi bw’aka karere...

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs

by radiotv10
16/11/2025
0

In Kigali today, something new is happening on rooftops. Instead of only seeing water tanks and solar panels, you can...

IZIHERUKA

Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare
AMAHANGA

Eng.-DRC and Burundi enter new cooperation after Military Collaboration

by radiotv10
17/11/2025
0

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

17/11/2025
Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

17/11/2025
Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

17/11/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Ubutumwa AFC/M23 yageneye Congo ku gufungura Ikibuga cya Goma no kuyizana mu bibazo byayo n’u Rwanda

17/11/2025
Start Strong:- Monday tips that will make your week more productive

Start Strong:- Monday tips that will make your week more productive

17/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Indwara yahitanye Perezida w’Inteko ya Uganda yamenyekanye

Indwara yahitanye Perezida w’Inteko ya Uganda yamenyekanye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-DRC and Burundi enter new cooperation after Military Collaboration

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.