Saturday, March 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amasezerano twasinyanye na Tanzania azadufasha kuzahura ubukungu bwashegeshwe na COVID-19-Paul Kagame

radiotv10by radiotv10
03/08/2021
in MU RWANDA
0
Amasezerano twasinyanye na Tanzania azadufasha kuzahura ubukungu bwashegeshwe na COVID-19-Paul Kagame
Share on FacebookShare on Twitter

Kuri uyu wa mbere tariki ya 2 Kanama 2021 nibwo Perezida wa Tanzania, Samia Suluhu Hassan yatangiye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Rwanda. Ku munsi wa mbere w’uru ruzinduko nibwo hanasinywe amasezerano y’ubufatanye bw’ibihugu byombi, amasezerano atanu arimo ay’ubufatanye mu ikoranabuhanga n’itumanaho. Byasinyanye kandi ay’ubufatanye mu bijyanye n’urujya n’uruza rw’abantu n’ibintu, uburezi n’amabwiriza agenga ibijyanye n’imiti.

Nyuma yo gushyira umukono kuri aya masezerano, Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda na Tanzania ari ibihugu by’inshuti bisangiye ibirenze umupaka.

“U Rwanda na Tanzania bisangiye ibirenze umupaka, igihango gikomeye dufitanye mu bijyanye n’amateka n’ubushake duhuriyeho bwo gutanga ibyiza ku baturage bacu bwagiye buba izingiro ry’ubufatanye bwacu.”Paul Kagame

Yakomeje avuga ko aya masezerano yasinywe agaragaza ubushake bw’ibihugu byombi mu kurushaho guteza imbere umubano ubyara inyungu.

Perezida Kagame kandi yavuze ko u Rwanda rwiteguye gukorana na Tanzania kuko ngo bizafasha akarere ka Afurika y’iburasirazuba kuzahura ubukungi bwashegeshwe n’icyorezo cya COVID-19.

“U Rwanda rwiteguye gukorana bya hafi n’abavandimwe ba Tanzania mu mujyo w’umuryango wa Afurika y’uburasirazuba n’ahandi hatandukanye kugira ngo tuzamure umuvuduko n’imbaraga z’akarere kacu n’ibihugu byacu mu kwigobotora icyorezo cya COVID-19” Perezida Kagame

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame avuga ko u Rwanda rwiteguye gukorana na Tanzania

Nyuma y’isinywa ry’aya masezerano kandi, perezida wa Tanzania, Samia Suluhu Hassan yanasuye urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ruri mu murenge wa Gisozi.

Kuri uyu wa kabiri tariki ya 3 Kanama 2021 ku munsi wa kabiri w’uruzinduko rwa perezida w’igihugu cya Tanania, Samia Suluhu Hassan, biteganyijwe ko asura icyanya cyahariwe inganda i Masoro.

Perezida w’igihugu cya Tanzania Samia Suluhu aratangira umunsi wa kabiri w’uruzinduko rwe kuri uyu wa kabiri

PHOTOS: Village Urugwiro

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six + 14 =

Previous Post

Basketball: Ikipe y’u Rwanda ifite urugendo rw’imikino ya gicuti muri Senegal

Next Post

Nyuma y’uko umuyobozi wa Musanze FC agaye miliyoni 125, Minisitiri Gatabazi yatanze ihumure ku makipe y’uturere

Related Posts

Perezida Kagame yashimangiye ko u Rwanda rudashobora kugurana umutekano warwo n’amahitamo adashoboka rusabwa

Perezida Kagame yashimangiye ko u Rwanda rudashobora kugurana umutekano warwo n’amahitamo adashoboka rusabwa

by radiotv10
07/03/2026
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko u Rwanda rudashobora kugurana ingamba z’ubwirinzi ngo ruzikureho nk'uko rubisabwa ngo rwirengagize ko umutwe wa...

Umutwe w’Ingabo Zidasanzwe wa RDF wungutse abasirikare bafite imyitozo ihanitse

Umutwe w’Ingabo Zidasanzwe wa RDF wungutse abasirikare bafite imyitozo ihanitse

by radiotv10
07/03/2026
0

Umutwe w'Ingabo Zidasanzwe (Special Operations Force) muri RDF, wungutse abasirikare n’abofisiye barangije amahugurwa y'ibanze yo guhangana n'iterabwoba, banagaragaje imwe mu...

Agezweho: Abanyanyarwanda baba muri UAE na Bahrain nta n’umwe uragirwaho ingaruka n’ibitero bya Iran

Agezweho: Abanyanyarwanda baba muri UAE na Bahrain nta n’umwe uragirwaho ingaruka n’ibitero bya Iran

by radiotv10
06/03/2026
0

Ambasade y’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, yatangaje ko nta Munyarwanda uri muri iki Gihugu no muri Bahrain, uragirwaho...

Min.Nduhungirehe yagaragaje impamvu umusonga w’Abanyekongo bagirirwa nabi n’ubutegetsi bwabo ubuza u Rwanda gusinzira

Min.Nduhungirehe yagaragaje impamvu umusonga w’Abanyekongo bagirirwa nabi n’ubutegetsi bwabo ubuza u Rwanda gusinzira

by radiotv10
06/03/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, avuga ko u Rwanda nk’Igihugu cyabayemo Jenoside yakorewe Abatutsi, ruhora ruterwa impungenge n’ibikorwa...

U Rwanda rwatanze umucyo ku ruhande rwarwitiriwe mu myanzuro y’ibyasabwe u Burusiya

Eng.-Minister Nduhungirehe Explains Rwanda’s Concerns Over Genocide Ideology Among DRC Officials

by radiotv10
06/03/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Ambassador Olivier Nduhungirehe, says that Rwanda, as a country that experienced the...

IZIHERUKA

Perezida Kagame yashimangiye ko u Rwanda rudashobora kugurana umutekano warwo n’amahitamo adashoboka rusabwa
MU RWANDA

Perezida Kagame yashimangiye ko u Rwanda rudashobora kugurana umutekano warwo n’amahitamo adashoboka rusabwa

by radiotv10
07/03/2026
0

Umutwe w’Ingabo Zidasanzwe wa RDF wungutse abasirikare bafite imyitozo ihanitse

Umutwe w’Ingabo Zidasanzwe wa RDF wungutse abasirikare bafite imyitozo ihanitse

07/03/2026
Iby’ingenzi bikubiye mu itangazo rihuriweho n’u Burayi na America ku bibera muri Congo

Iby’ingenzi bikubiye mu itangazo rihuriweho n’u Burayi na America ku bibera muri Congo

06/03/2026
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Uko abakomando ba AFC/M23 bajya kuburizamo imigambi iba icurwa na FARDC bakagaruka ntawubimenye

06/03/2026
Agezweho: Abanyanyarwanda baba muri UAE na Bahrain nta n’umwe uragirwaho ingaruka n’ibitero bya Iran

Agezweho: Abanyanyarwanda baba muri UAE na Bahrain nta n’umwe uragirwaho ingaruka n’ibitero bya Iran

06/03/2026
Min.Nduhungirehe yagaragaje impamvu umusonga w’Abanyekongo bagirirwa nabi n’ubutegetsi bwabo ubuza u Rwanda gusinzira

Min.Nduhungirehe yagaragaje impamvu umusonga w’Abanyekongo bagirirwa nabi n’ubutegetsi bwabo ubuza u Rwanda gusinzira

06/03/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyuma y’uko umuyobozi wa Musanze FC agaye miliyoni 125, Minisitiri Gatabazi yatanze ihumure ku makipe y’uturere

Nyuma y’uko umuyobozi wa Musanze FC agaye miliyoni 125, Minisitiri Gatabazi yatanze ihumure ku makipe y’uturere

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yashimangiye ko u Rwanda rudashobora kugurana umutekano warwo n’amahitamo adashoboka rusabwa

Umutwe w’Ingabo Zidasanzwe wa RDF wungutse abasirikare bafite imyitozo ihanitse

Iby’ingenzi bikubiye mu itangazo rihuriweho n’u Burayi na America ku bibera muri Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.