Tuesday, March 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amasezerano twasinyanye na Tanzania azadufasha kuzahura ubukungu bwashegeshwe na COVID-19-Paul Kagame

radiotv10by radiotv10
03/08/2021
in MU RWANDA
0
Amasezerano twasinyanye na Tanzania azadufasha kuzahura ubukungu bwashegeshwe na COVID-19-Paul Kagame
Share on FacebookShare on Twitter

Kuri uyu wa mbere tariki ya 2 Kanama 2021 nibwo Perezida wa Tanzania, Samia Suluhu Hassan yatangiye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Rwanda. Ku munsi wa mbere w’uru ruzinduko nibwo hanasinywe amasezerano y’ubufatanye bw’ibihugu byombi, amasezerano atanu arimo ay’ubufatanye mu ikoranabuhanga n’itumanaho. Byasinyanye kandi ay’ubufatanye mu bijyanye n’urujya n’uruza rw’abantu n’ibintu, uburezi n’amabwiriza agenga ibijyanye n’imiti.

Nyuma yo gushyira umukono kuri aya masezerano, Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda na Tanzania ari ibihugu by’inshuti bisangiye ibirenze umupaka.

“U Rwanda na Tanzania bisangiye ibirenze umupaka, igihango gikomeye dufitanye mu bijyanye n’amateka n’ubushake duhuriyeho bwo gutanga ibyiza ku baturage bacu bwagiye buba izingiro ry’ubufatanye bwacu.”Paul Kagame

Yakomeje avuga ko aya masezerano yasinywe agaragaza ubushake bw’ibihugu byombi mu kurushaho guteza imbere umubano ubyara inyungu.

Perezida Kagame kandi yavuze ko u Rwanda rwiteguye gukorana na Tanzania kuko ngo bizafasha akarere ka Afurika y’iburasirazuba kuzahura ubukungi bwashegeshwe n’icyorezo cya COVID-19.

“U Rwanda rwiteguye gukorana bya hafi n’abavandimwe ba Tanzania mu mujyo w’umuryango wa Afurika y’uburasirazuba n’ahandi hatandukanye kugira ngo tuzamure umuvuduko n’imbaraga z’akarere kacu n’ibihugu byacu mu kwigobotora icyorezo cya COVID-19” Perezida Kagame

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame avuga ko u Rwanda rwiteguye gukorana na Tanzania

Nyuma y’isinywa ry’aya masezerano kandi, perezida wa Tanzania, Samia Suluhu Hassan yanasuye urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ruri mu murenge wa Gisozi.

Kuri uyu wa kabiri tariki ya 3 Kanama 2021 ku munsi wa kabiri w’uruzinduko rwa perezida w’igihugu cya Tanania, Samia Suluhu Hassan, biteganyijwe ko asura icyanya cyahariwe inganda i Masoro.

Perezida w’igihugu cya Tanzania Samia Suluhu aratangira umunsi wa kabiri w’uruzinduko rwe kuri uyu wa kabiri

PHOTOS: Village Urugwiro

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 + thirteen =

Previous Post

Basketball: Ikipe y’u Rwanda ifite urugendo rw’imikino ya gicuti muri Senegal

Next Post

Nyuma y’uko umuyobozi wa Musanze FC agaye miliyoni 125, Minisitiri Gatabazi yatanze ihumure ku makipe y’uturere

Related Posts

Icyo u Rwanda ruvuga ku bihano America yafatiye RDF n’Abejenerani bane barimo Umugaba Mukuru

Icyo u Rwanda ruvuga ku bihano America yafatiye RDF n’Abejenerani bane barimo Umugaba Mukuru

by radiotv10
03/03/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko ibihano Leta Zunze Ubumwe za America zafashe, bibogamye kandi bidakwiye binagoreka ukuri ku makimbirane ari...

Impuruza ku businzi bukabije bugaragara mu rubyiruko rw’u Rwanda

Inzoga n’ibiyobyabwenge biri mu bituma hari urubyiruko rw’u Rwanda rubura akazi

by radiotv10
02/03/2026
0

Minisitiri w’Urubyiruko n’Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah Utumatwishima, avuga ko inzoga n’ibiyobyabwenge biri mu bituma urubyiruko rubura akazi. Minisitiri...

Brig.Gen.Rwivanga ayoboye itsinda ry’Ingabo z’u Rwanda ryagiye kwifatanya n’iza Ethiopia mu birori

Brig.Gen.Rwivanga ayoboye itsinda ry’Ingabo z’u Rwanda ryagiye kwifatanya n’iza Ethiopia mu birori

by radiotv10
02/03/2026
0

Umuvugizi wa RDF, Brig Gen Ronald Rwivanga ayoboye itsinda ryoherejwe n’Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda muri Ethiopia kwifatanya n’Ingabo z’iki Gihugu...

Hagaragajwe igipimo cy’imvura igiye kugwa mu Rwanda

Hagaragajwe igipimo cy’imvura igiye kugwa mu Rwanda

by radiotv10
02/03/2026
0

Ikigo cy’Igihugu cy’Ubumenyi bw’Ikirere Meteo Rwanda cyatangaje ko mu gice cya mbere cy’ukwezi kwa Werurwe mu Rwanda hateganyijwe imvura iri...

Ibitaro bya Kaminuza bya Butare byamuritse ibikoresho bishya birimo ibikoresha ikoranabuhanga mu kubaga ubwonko

Ibitaro bya Kaminuza bya Butare byamuritse ibikoresho bishya birimo ibikoresha ikoranabuhanga mu kubaga ubwonko

by radiotv10
28/02/2026
0

Minisitiri w’Ubuzima, Dr Sabin Nsanzimana, yasuye serivisi nshya zatangijwe mu Bitaro bya Kaminuza bya Butare (CHUB), zirimo imashini zigezweho mu...

IZIHERUKA

AFC/M23 yohereje abasirikare gushwanyaguza ‘drones’ za FARDC inaca amarenga guhorera Col.Willy Ngoma
AMAHANGA

AFC/M23 yohereje abasirikare gushwanyaguza ‘drones’ za FARDC inaca amarenga guhorera Col.Willy Ngoma

by radiotv10
03/03/2026
0

Icyo u Rwanda ruvuga ku bihano America yafatiye RDF n’Abejenerani bane barimo Umugaba Mukuru

Icyo u Rwanda ruvuga ku bihano America yafatiye RDF n’Abejenerani bane barimo Umugaba Mukuru

03/03/2026
Impuruza ku businzi bukabije bugaragara mu rubyiruko rw’u Rwanda

Inzoga n’ibiyobyabwenge biri mu bituma hari urubyiruko rw’u Rwanda rubura akazi

02/03/2026
Amakuru agezweho nyuma y’imirwano ikomeye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Nyuma y’imirwano ikomeye AFC/M23 yisubije agace yari yambuwe ko muri Walikare

02/03/2026
Hahishuwe uko Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran yari amaze iminsi anekwa mbere yo kwicwa

Hahishuwe uko Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran yari amaze iminsi anekwa mbere yo kwicwa

02/03/2026
Intambara ya Israel na Iran yafashe indi ntera mu buryo bwagutse

Intambara ya Israel na Iran yafashe indi ntera mu buryo bwagutse

02/03/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyuma y’uko umuyobozi wa Musanze FC agaye miliyoni 125, Minisitiri Gatabazi yatanze ihumure ku makipe y’uturere

Nyuma y’uko umuyobozi wa Musanze FC agaye miliyoni 125, Minisitiri Gatabazi yatanze ihumure ku makipe y’uturere

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yohereje abasirikare gushwanyaguza ‘drones’ za FARDC inaca amarenga guhorera Col.Willy Ngoma

Icyo u Rwanda ruvuga ku bihano America yafatiye RDF n’Abejenerani bane barimo Umugaba Mukuru

Inzoga n’ibiyobyabwenge biri mu bituma hari urubyiruko rw’u Rwanda rubura akazi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.