Saturday, July 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Nyuma y’uko umuyobozi wa Musanze FC agaye miliyoni 125, Minisitiri Gatabazi yatanze ihumure ku makipe y’uturere

radiotv10by radiotv10
03/08/2021
in SIPORO
0
Nyuma y’uko umuyobozi wa Musanze FC agaye miliyoni 125, Minisitiri Gatabazi yatanze ihumure ku makipe y’uturere
Share on FacebookShare on Twitter

Kuri uyu wa mbere tariki ya 2 Kanama 2021 nibwo Tuyishimire Placide “Trump” yasezeye ku buyobozi bw’akarere ka Musanze yegura ku mwanya wo gukomeza kuba perezida wayo.

Mu ibaruwa yandikiye akarere ka Musanze asezera ku mwanya wo kuba perezida wa Musanze FC, Tuyishimire yavuze ko ahanini byatewe n’uko ingengo y’imari bagenewe n’akarere idahagije kuko ngo nka perezida w’ikipe yabanje gukora ubusesenguzi asanga ayo mafaranga atasoza umwaka w’imikino 2021-2022.

Amakuru RadioTV10 ifite kugeza ubu n’uko akarere ka Musanze katangaga miliyoni 125 z’amafaranga (125,000,000 FRW) kugira ngo azafashe iyi kipe mu mwaka w’imikino 2021-2022 gusa, Tuyishimire Placide akavuga ko aya mafaranga adahagije.

Image

Tuyishimire Placide “Trump” wari perezida wa FC Musanze yeguye kuri iyi mirimo

Tuyishimire Placide “Trump” yakoze imibare agendeye ku mafaranga bakoresheje mu mwaka w’imikino 2021-2022 angana na miliyoni 196 z’amafaranga y’u Rwanda (196,000,000 FRW) bityo asanga amafaranga akarere kari gutanga ku mwaka w’imikino 2021-2022 ntacyo yafasha ikipe.

Amakipe y’uturere nta bushobozi buhagije bw’amafaranga:

Amakipe ari mu maboko y’uturere akenshi usanga avugwamo ibibazo by’amikoro kimwe mu bituma atanagira umusaruro mu kibuga ndetse rimwe na rimwe abakinnyi n’abatoza bakamburwa amafaranga baba barakoreye.

Abakinnyi n’abatoza kuba bamburwa n’amakipe si uko biba ari ubushake bw’aya makipe ahubwo hari igihe usanga ingengo y’imari baba bafite idahaza ibikorwa na gahunda z’ikipe kuko hari n’aho usanga ingengo y’imari nshya isohoka kabanza kwishyura ibirarane by’imyaka yatambutse.

Nyuma y’uko Tuyishimire Placide asezeye ku mwanya wa kuyobora Musanze FC akanagaragaza ko intandaro ibaye ubushobozi budahagije akarere gashyira muri iyi kipe, Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney wanabaye guverineri w’intara y’amajyaruguru ibarizwamo akarere ka Musanze kanafasha ikipe ya Musanze FC, yatanze ihumure avuga ko amakipe y’uturere agiye kujya ahabwa ubushobozi buhagije bw’amafaranga ndetse no kubafasha mu bijyanye n’imiyoborere inoze.

Mu butumwa Minisitiri Gatabazi yanyujije mu mwanya w’ibitecyerezo bya twitter ya Musanze yagize ati “Ese amakuru numvise kuri Musanze FC yaba ariyo? Mukomere ntimucike intege turateganya gushyigikira amakipe afashwa n’uturere kugira imiyoborere myiza kandi akagenerwa ubushobozi bujyanye n’ibyo ikipi ikenera byibuze kugira ngo ishobore kubaho umwaka wose”

Gatabazi JMV yagizwe Minisitiri w'Ubutegetsi bw'Igihugu: Menya izindi  mpinduka zabaye

Gatabazi Jean Marie Vianney Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu yatanze ihumure ku makipe y’uturere

Amakipe y’uturere muri iyi myaka niyo akunze kuvugwamo ibibazo by’amafaranga n’imiyoborere idafasha ikipe akenshi birangira zimwe zimanutse mu cyiciro cya kabiri.

Muri uyu mwaka w’imikino 2020-2021 amakipe abiri yamanutse ni ay’uturere (Sunrise FC na AS Muhanga).

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine + five =

Previous Post

Amasezerano twasinyanye na Tanzania azadufasha kuzahura ubukungu bwashegeshwe na COVID-19-Paul Kagame

Next Post

Ikirangirire muri Basketball, Stephen Curry ari mu biruhuko muri Kenya

Related Posts

Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

by radiotv10
04/07/2025
0

Mu birori byo kwizihiza imyaka 32 ishize hashinzwe Ikipe y’Ingabo z’u Rwanda APR FC, byabereye ku Mulindi ahavukiye iyi kipe,...

AMAFOTO: APR FC irimo amasura mashya yatangiye imyitozo

AMAFOTO: APR FC irimo amasura mashya yatangiye imyitozo

by radiotv10
03/07/2025
0

Ikipe y’Ingabo z’u Rwanda APR FC inafite igikombe cya Shampiyona initegura kuzahagararira u Rwanda mu marushanwa nyafurika, yatangiye imyitozo igaragaramo...

Umukinnyi ukomoka muri America umaze iminsi atanga ibyishimo mu Rwanda yamaze kuba Umunyarwanda bidasubirwaho

Umukinnyi ukomoka muri America umaze iminsi atanga ibyishimo mu Rwanda yamaze kuba Umunyarwanda bidasubirwaho

by radiotv10
02/07/2025
0

Umukinnyi wa Basketball, Obadiah Noel ukomoka muri Leta Zunze Ubumwe za America, wakiniye ikipe ya APR BBC mu mikino ya...

Ibiteye amatsiko mu masezerano ya Cristiano Ronaldo wemewe kuguma muri Al Nassr

Ibiteye amatsiko mu masezerano ya Cristiano Ronaldo wemewe kuguma muri Al Nassr

by radiotv10
27/06/2025
0

Nyuma y'iminsi myinshi hibazwa ahazaza ha kizigenza Cristiano Ronaldo dore ko yari afite amasezerano azarangirana n’uku kwezi, byarangiye yemeye kuguma...

Volleyball: Ikipe ya Police VC yafunguye ‘academy’ igira icyo isaba abatangiranye na yo

Volleyball: Ikipe ya Police VC yafunguye ‘academy’ igira icyo isaba abatangiranye na yo

by radiotv10
27/06/2025
0

Ikipe ya Police Volleyball Club yafunguye ku mugaragaro irerero (academy) ryayo ry’abahungu n’abakobwa, mu kigo cy’Amashuri cya Lycée de Kigali,...

IZIHERUKA

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda
MU RWANDA

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

by radiotv10
05/07/2025
0

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

05/07/2025
Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

05/07/2025
Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

04/07/2025
Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

04/07/2025
Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

04/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ikirangirire muri Basketball, Stephen Curry ari mu biruhuko muri Kenya

Ikirangirire muri Basketball, Stephen Curry ari mu biruhuko muri Kenya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.