Monday, June 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home UDUSHYA

Amashusho y’uwaje mu bukwe bwe ari mu isanduku iteruwe n’abamwambariye yateje sakwesakwe

radiotv10by radiotv10
18/11/2022
in UDUSHYA
3
Amashusho y’uwaje mu bukwe bwe ari mu isanduku iteruwe n’abamwambariye yateje sakwesakwe
Share on FacebookShare on Twitter

Amashuro y’umusore waje mu bukwe bwe ari mu isanduku iteruwe n’abari bamwambariye, akomeje guteza impaka, aho benshi bakomeje gusaba umugore w’uyu mugabo gutandukana na we vuba na bwangu.

Ni amashusho yaciye ibintu ku rubuga nkoranyambaga rwa TikTok, twifashishije mu kwandika inkuru nka RADIOTV10, aho atangira abantu bururutsa isanduku mu modoka isanzwe itwara abitabye Imana, ubundi bakaza bakayitereka mu busitani ahari hagiye kubera ubwo bukwe bivugwa ko ari muri Leta Zunze Ubumwe za America.

Nyuma yo gutereka hasi iyo sanduku, barayifungura ubundi umukwe uba agiye gusezerana n’umugeni, akayibyukamo agahita ahagarara hagati y’abari bamwambariye.

Aya mashusho amaze kurebwa na Miliyoni 8,2 akomeje kugarukwaho n’imbaga ya benshi, bavuga ko uyu mugabo yagaragaje icyubahiro gicye ku mugore we basezeranye, bakavuga ko akwiye guhita yaka gatanya.

Ufite konti yitwa tobz88 kuri TikTok washyizeho aya mashusho, yayaherekesheje indirimbo yitwa ‘Rest In Peace’ [ruhukira mu mahoro] y’umuhanzi witwa Dorothy.

@tobz88

Tell me you’re dramatic without telling me you’re dramatic. #wedding #walkingdowntheaisle #areyoukiddingme #getthefucouttahere #tildeathdouspart

♬ Rest In Peace – Dorothy

Yashyizeho kandi ubutumwa bwanditse yibaza ati “Ese ni ikiriyo? Oya, ni uburyo inshuti yanjye yahisemo kuza mu bukwe bwe.”

Gusa muri aya mashusho, ntihagaragaye umugeni wari ugiye gusezerana n’uyu mugabo, nubwo abayatanzeho ibitekerezo bahise bagira icyo basaba uwo mugeni.

Umwe yagize ati “Njye ari njye twakora gatanya mbere yuko dushyingiranwa.”

Undi na we ati “Mbega ibintu binteye agahinda. Njye nahita ngenda ako kanya.”, undi na we ati “Nahita nsubika ubukwe.”

Yaje mu bukwe bwe ari mu isanduku

RADIOTV10

Comments 3

  1. Si-PUR says:
    3 years ago

    Ubwo se wajya gushyingiranwa n’umupfu wapfuye ahagaze kubera iki? Kereka nawe uri umupfayongo. Nabamuteruye bamwambariye na bo ni abazimu. Puuu, mw’izina rya Yesu.

    Reply
  2. Mukeshimana says:
    3 years ago

    Njyekombibona nabamwambariye nabapfu ngawe

    Reply
  3. KAYITAVU Faustin says:
    3 years ago

    Ni bya Illuminate byigendera ali mushiki wanjye !!!? Aha aa?! Nahita ntaha baragatsindwa.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × two =

Previous Post

Muri ‘Lockdown’ abagore 50% b’i Kampala bakoreshejwe imibonano n’abagabo babo ku gahato

Next Post

Amakuru mashya ku mwana wishwe urw’agashinyaguro uwabikoze agatorokana umutwe we

Related Posts

Ibivugwa ku mashusho yatumye hakekwa ko Perezida w’u Bufaransa yakubiswe urushyi mu maso n’umugore we

Ibivugwa ku mashusho yatumye hakekwa ko Perezida w’u Bufaransa yakubiswe urushyi mu maso n’umugore we

by radiotv10
26/05/2025
0

Amashusho agaragaza Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa asa nk’ukubitwa urushyi mu isura n’uwo bikekwa ko ari umugore we, akomeje kuvugwaho...

Ibiteye amatsiko n’ibidasanzwe ku modoka nshya y’Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Ibiteye amatsiko n’ibidasanzwe ku modoka nshya y’Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi

by radiotv10
07/12/2024
0

Uruganda rwa Mercedes-Benz rwamurikiye Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Papa Francis, imodoka yo mu bwoko bwa Mercedes G-Wagon SUV,...

Abanyeshuri barebeye mu ishuri amashusho ya Balthazar wabaye ikimenyabose ibyababayeho ntibabitekerezaga

Abanyeshuri barebeye mu ishuri amashusho ya Balthazar wabaye ikimenyabose ibyababayeho ntibabitekerezaga

by radiotv10
22/11/2024
1

Abanyeshuri batanu bo mu ishuri rya Kiliziya Gatulika ryo mu Ntara ya Kivu ya Ruguru muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya...

Ibidasanzwe byabaye ku mugore wibarutse mu Bushinwa byakurikiwe n’ihurizo ritamworoheye

Ibidasanzwe byabaye ku mugore wibarutse mu Bushinwa byakurikiwe n’ihurizo ritamworoheye

by radiotv10
12/11/2024
0

Umugore wo mu Bushinwa, ari mu rujijo nyuma yuko umugabo we amusabye ko batandukana kuko yabyaye umwana wirabura nyamara ngo...

Amakuru agezweho kuri Baltasar wabaye ikimenyabose ku mbuga nkoranyambaga

Amakuru agezweho kuri Baltasar wabaye ikimenyabose ku mbuga nkoranyambaga

by radiotv10
08/11/2024
0

Baltasar Ebang Engonga wagarutsweho cyane ku mbuga nkoranyambaga nyuma yuko hagaragaye amashusho yafatwaga ubwo yakoranaga imibonano mpuzabitsina n’abagore 400 barimo...

IZIHERUKA

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda
AMAHANGA

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

30/06/2025
Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

30/06/2025
Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

30/06/2025
Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya ku mwana wishwe urw’agashinyaguro uwabikoze agatorokana umutwe we

Amakuru mashya ku mwana wishwe urw’agashinyaguro uwabikoze agatorokana umutwe we

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.