• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amateka ariyanditse: Umuntu wa mbere yatewemo umutima w’Ingurube ukomeza gutera

radiotv10by radiotv10
11/01/2022
in MU RWANDA
0
Amateka ariyanditse: Umuntu wa mbere yatewemo umutima w’Ingurube ukomeza gutera
Share on FacebookShare on Twitter

Muri Leta Zunze Ubumwe za America haravugwa amateka yiyanditse aho umugabo w’imyaka 57 yatewemo umutima w’ingurube agakomeza kubaho n’ubu akaba agihumeka.

Uyu Munyamerika witwa David Bennett yatewemo umutima w’Ingurube yorowe mu buryo bw’ikoranabuhanga.

Ni igikorwa cyabaye mu igerageza aho David Bennett yamaze amasaha arindwi ari gukorerwa igikorwa cyo kumuteramo uyu mutima muri Leta ya Maryland mu Mujyi wa Baltimore.

Uyu mugabo wari uri hagati y’urupfu n’umupfumu yatewemo uyu mutima hari gukorwa igerageza ndetse na we ubwe yari yabanje kubigarukaho.

Mbere y’uko aterwamo uyu mutima, David Bennett yagize ati “Uku guterwa urugingo ni hagati yo gupfa no gukira.”

Gusa yari abizi ko ari yo mahirwe yonyine yo gushobora kurokora ubuzima bwe. Ati “Ndabizi ko ari ukwigerezaho, ariko ni yo mahirwe yanjye ya nyuma.”

Abaganga bakoze iki gikorwa kidasanzwe batangaza ko iyo uyu mugabo adakorerwa iki gikorwa yashoboraga gupfa.

Hari hamaze iminsi hakorwa ubu bushakashatsi bwitezweho kuzana impinduka mu buvuzi bukomeye aho bamwe mu bafite ibibazo by’umutima bashobora kuba bungutse ubundi buryo bavurwa.

Umuganga ukora ibikorwa byo kubaga abantu witwa Bartley Griffith yavuze ko iki gikorwa kigaragaza ko Isi iri gutera “intambwe imwe irushaho kwegera gukemura ikibazo gikomeye cy’ubucye bw’ingingo.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − 10 =

Previous Post

Perezida Kagame yakiriye itsinda ry’abayobozi bakuru b’i Burundi bazanye ubutumwa yohererejwe na mugenzi Ndayishimue

Next Post

Mukansanga Salima yakoze amateka ku mugabane w’Afrika

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Mukansanga Salima yakoze amateka ku mugabane w’Afrika

Mukansanga Salima yakoze amateka ku mugabane w’Afrika

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.