Thursday, December 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amateka yongeye kwiyandika mu mahitamo y’Abanyarwanda: Perezida Kagame yarahiye aha isezerano Abanyarwanda

radiotv10by radiotv10
12/08/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Amateka yongeye kwiyandika mu mahitamo y’Abanyarwanda: Perezida Kagame yarahiye aha isezerano Abanyarwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Saa 15:42’, isaha itazibagirana mu mateka y’Abanyarwanda ubwo bakiraga indahiro ya Perezida Paul Kagame bongeye kwitorera ku majwi 99,18%, akaba yabizeje ko bazakomeza gufatanya nk’uko byakomeje kubaranga, ati “Icyizere mumfitiye, ni cyo mbafitiye.”

Ni umunsi wari utegerezanyijwe amatsiko menshi, ku Banyarwanda batahwemye kugaragariza Perezida Paul Kagame ko ari we muyobozi uhwanye n’amahitamo yabo, ndetse bakabigaragariza mu kumuhundagazaho amajwi mu matora yabaye tariki 15 Nyakanga 2024, yasize bamutoye ku gipimo gisatira 100%.

Umuhango witabiriwe n’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma batandukanye barenga 20, baturutse mu mfuruka zose z’Umugabane wa Afurika, ndetse n’abandi Banyacyubahiro barimo abayoboye Imiryango Mpuzamahanga ndetse n’abigeze kuba Abakuru b’Ibihugu.

Ku isaaha ya saa cyenda na mirongo ine n’ibiri (15:42’), Perezida Paul Kagame wari ufashe ku ibendera ry’u Rwanda n’ukuboko kw’imoso, yarahiriye kongera kuyobora u Rwanda n’Abanyarwanda muri Manda y’imyaka itanu, ikaba ari na yo ya mbere nyuma y’uko Itegeko Nshinga rihinduwe, imyaka ya manda ikagirwa itanu ivuye kuri irindwi.

Mu birori byari binogeye ijisho, Perezida Paul Kagame amaze kurahizwa na Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, Dr. Faustin Ntezilyayo, yanamushyikirije ibirango by’Igihugu, Itegeko Nshinga, Ibendera n’Ikirangantego cya Repubulika y’u Rwanda, ndetse Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, General Mubarakh Muganga, na we amushyikiriza inkota n’ingabo, nk’ibimenyetso by’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda byo kurinda ubusugire bw’Igihugu.

Icyizere bamugiriye yavuze ko na we ari cyo abafitiye

Mwakunze kuvuga ngo ‘ni wowe’ ariko si ndi njyenyine

Mu ijambo rye, Perezida Paul Kagame yashimiye Abanyarwanda bongeye kumugirira icyizere, bakamutora, ndetse ko babigaragaje mu bihe bitambutse birimo ibyo kwiyamamaza, ndetse n’ibikorwa by’amatora, byaranzwe n’ibyishimo ku Banyarwanda.

Ati “Ndagira ngo mbere na mbere nshimire Abanyarwanda mwese kuba mwongeye kungirira icyizere. Nishimiye kongera kubabera Umuyobozi ari we Perezida muri iyi manda nshya dutangiye.”

Perezida Kagame kandi yashimiye abashyitsi baje kwifatanya n’Abanyarwanda muri ibi birori, yaba ari abaturutse mu Bihugu bya hafi ndetse n’abaturutse mu bya kure.

Yavuze ko muri iyi myaka 30 ishize, u Rwanda rwashyizeho politiki ishingiye ku kongera kubaka Ubumwe bw’Abanyarwanda bwari bwarasenywe n’ubutegetsi bubi bwabayeho mbere bukabiba amacakubiri mu Banyarwanda yagejeje kuri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko ibyo Abanyarwanda bagezeho muri iyi myaka 30, byagezweho kubera imikoranire y’Abanyarwanda n’abayobozi babo, by’umwihariko umuyobozi wabo bihitiyemo.

Ati “Mu bihe byo kwiyamamaza twumvaga kenshi ya ntero yagira iti ‘ni wowe’, ariko mu by’ukuri si njye njyenyine, ahubwo ni mwebwe ni twese, namwe.”

Yavuze ko ubu igisigaye ari uguhanga amaso ibiri imbere, ubundi ubu bufatanye bwakomeje kuranga Abanyarwanda, bugakomeza kubageza ku bindi bifuza kugeraho.

Ati “Ubu rero tugomba kongera kureba imbere ahazaza. Mu myaka 30 ishize, twageze kuri byinshi kandi byiza, ariko nanone haracyari byinshi tutarageraho, ariko tuzageraho mu myaka iri imbere. Iyi manda nshya rero, ni intangiriro yo gukora ibirenze kugira ngo ibyo twifuza tubigereho. Kuki se n’ubundi tutarenza ku byo twakoze?”

Ibi kandi kuba Abanyarwanda babitekereza, ntabwo byaba ari ukwigerezaho, kuko ibyo bashoboye mu bihe bitambutse byari bigoye, bishimangira ko ntacyo batageraho kandi ko icyatuma babigeraho kigishinze imizi.

Ati “Kubitekereza ntabwo ari ukurota, birashoboka bizashoboka, twabikora kandi tuzabikora. Icy’ingenzi muri byose turi hamwe turi umwe.”

Yongeye kwizeza Abanyarwanda ko icyizere bamugiriye azakomeza kukigenderaho, kandi ko yizeye ko n’ubundi bazakomeza kukimushyigikiramo bakanamufasha kuzuza inshingano bamuhaye.

Ati “Mwampaye amahirwe y’icyo cyizere yo kubakorera no gukorana namwe, ibyo twifuza byose tuzabigeraho. Hari byinshi tugomba gukomeza gucyemura, hari byinshi tugomba gukomeza guhuriraho, icyizere mumfitiye, ni cyo mbafitiye.”

Umukuru w’u Rwanda yizeje Abanyarwanda ko umugisha u Rwanda rufite, uzakomeza gushoboza abarutuye kugera ku byo bifuza kugeraho, kandi buri wese abigizemo uruhare, ndetse n’umusaruro wabyo ukazakomeza kugera kuri bose.

Perezida Kagame yarahiriye kongera kuyobora Abanyarwanda
Abakuru b’Ibihugu binyuranye bitabiriye ibi birori

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten − 9 =

Previous Post

Iby’ingenzi bitangaje ku rubuga ChatGPT rwabaye inshuti y’abandika ‘Memoire’ n’abifuza kugorora inyandiko

Next Post

AMAKURU MASHYA: Hatangajwe umunsi w’ikiruhuko rusange mu Rwanda

Related Posts

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

by radiotv10
10/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko Umupolisi wo mu Murenge wa Boneza mu Karere ka Rutsiro, yarashe abantu babiri barimo Umu-DASSO...

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

by radiotv10
10/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iratangaza ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo idakwiye kwegeka ku Rwanda ibikorwa byo kurenga ku gahenge, nyuma...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Eng.-Rwanda speaks out on the recent South Kivu bombing from Burundi and responds to the accompanying false claims

by radiotv10
10/12/2025
0

The Government of Rwanda states that the Democratic Republic of Congo (DRC) cannot place on Rwanda any cross-border violations following...

Ikibazo u Rwanda rwabajije Congo yakinnye ku mubyimba Abanyekongo baruhungiyemo

Ibi birahagije: Ubutumwa Umuvugizi w’u Rwanda yageneye uwa Congo nyuma yo kongera kuzamura ibinyoma

by radiotv10
10/12/2025
0

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yavuze ko igihe kigeze ngo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ihagarike ibinyoma byayo,...

U Rwanda rwagaragaje ibizagenerwa abimukira baturutse mu Bwongereza bazatangira kuza ejo

Eng.-Rwanda Government Spokesperson condemns the new false accusations raised by the DRC

by radiotv10
10/12/2025
0

Rwanda Government Spokesperson, Yolande Makolo, has said that it is time for the Democratic Republic of Congo (DRC) to stop...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira
AMAHANGA

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

by radiotv10
10/12/2025
0

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

10/12/2025
Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

10/12/2025
Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

10/12/2025
Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

10/12/2025
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

10/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abakoresha n’abakozi bose mu Rwanda bibukijwe umunsi w’ikiruhuko rusange

AMAKURU MASHYA: Hatangajwe umunsi w’ikiruhuko rusange mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.