Friday, July 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Amavubi asabwa ibitangaza ngo yongere ashimishe Abanyarwanda yakoze imyitozo ya mbere

radiotv10by radiotv10
15/03/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Amavubi asabwa ibitangaza ngo yongere ashimishe Abanyarwanda yakoze imyitozo ya mbere
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda Amavubi yitegura imikino ibiri izayihuza na Benin mu gushaka itike y’Igikombe cya Afurika (CAN), yatangiye imyitozo nyuma yo guhamagarwa.

Iyi myitozo ya mbere yabaye kuri uyu wa Kabiri tariki 14 Werurwe, yagaragayemo abakinnyi 21 basanzwe bakina muri shampiyona y’imbere mu Gihugu ndetse na Ally Niyonzima

I waraye uhageze aturutse i Burundi, mu gihe Abandi 9 basigaye bamwe  bategerejwe mu minsi ya vuba abandi bakazahurira muri Ethiopia no muri Benin.

Ikibuga cy’ishuri rishya rya NTARE SCHOOL riherereye mu Karere ka Bugesera, ni cyo Amavubi azajya yifashisha mu myitozo kuko gifite ubwatsi busanzwe (terrain naturel) cyane ko n’ikibuga bazakiniraho umukino gifite ubwatsi nk’ubwo.

Mbere yo gukina na Benin tariki ya 22 Werurwe 2023, Amavubi azabanza gukina umukino wa gicuti n’ikipe y’Igihugu ya Ethiopia hanyuma umunsi ukurikira bahite berekeza Cotonou muri BENIN.

Biteganyijwe ko ikipe izahaguruka mu Rwanda Tariki ya 17 Werurwe 2023 berekeze Ethiopia, bakine umukino wa gicuti tariki ya 19.03.2023, bukeye bwaho ku ya 20 Werurwe bazerekeza Cotonou muri Benin aho bazakina Umukino ubanza wo gushaka itike y’igikombe cya Afurika, bagaruke ku ya 23, mu gihe umukino wundi na Benin uzabera i Huye ku ya 27 Werurwe 2023.

Mu Bakinnyi bandi bategerejwe mu Rwanda barimo Muhire Kevin, Hakim Sahabo Habimana Glen, Bizimana Djihad, Rafael York na Kagere Meddi, ndetse na Kwizera Olivier uzasanga bagenzi be muri Ethiopia; mu gihe Emmanuel IMANISHIMWE, STEVE RUBANGUKA na MUTSINZI Ange bo ikipe izabasanga muri Benin.

Amavubi ari mu itsinda L mu rugendo rwo gushaka itike y’igikombe cya Afurika kizabera muri Ivory Coast muri Mutarama 2024.

Iyi kipe y’u Rwanda imaze gukina imikino 2, umwe yanganyije 1-1 na Mozambique, undi itsindwa 1-0 na Senegal i Dakar.

Jean Claude HITIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen + nineteen =

Previous Post

Uwamamaye mu by’umuziki mu Rwanda uregwa gusambanya umwana yahaye icyifuzo urukiko ruracyanga

Next Post

Umusenateri avuze ibikomeye ku bidasanzwe byagaragajwe na Tshisekedi ubwo yaganiraga na Macrom

Related Posts

Iby’ingenzi wamenya ku mukinnyi w’Umunyekongo wasinyiye Rayon Sports

Iby’ingenzi wamenya ku mukinnyi w’Umunyekongo wasinyiye Rayon Sports

by radiotv10
09/07/2025
0

Ikipe ya Rayon Sports FC yasinyishije rutahizamu w’Umunyekongo, Chadrack Bingi Belo, aba umukinnyi mushya wa 6 uyisinyiye iyi kipe avuye...

Uwayezu wayoboye Rayon yongeye kugaragarizwa ibyishimo n’abakunzi b’iyi kipe

Uwayezu wayoboye Rayon yongeye kugaragarizwa ibyishimo n’abakunzi b’iyi kipe

by radiotv10
09/07/2025
0

Uwayezu Jean Fidèle wigeze kuba Perezida wa Rayon Sports akaza kwegura, yagaragarijwe urukundo n’abakunzi b’iyi kipe, bamweretse ko bazirikana ibyo...

Rwanda welcomes three internation women football players following the visit of other legends

Rwanda welcomes three internation women football players following the visit of other legends

by radiotv10
08/07/2025
0

Rwanda is delighted to welcome three Arsenal Women Football Club Players Katie McCabe, Caitlin Foord and Laia Codina who landed...

APR FC yamanuye rutahizamu wari umaze iminsi ategerejwe wanakinnye i Burayi

APR FC yamanuye rutahizamu wari umaze iminsi ategerejwe wanakinnye i Burayi

by radiotv10
07/07/2025
0

Ikipe y’Ingabo z’u Rwanda APR FC yasinyishije rutahizamu w’Umunya- Côte d'Ivoire, William Togui Mel wari umaze iminsi avugwaho kuzinjira muri...

We are here to showcase how beautiful Rwanda is- Legend Jay-Jay Okocha after arriving in Rwanda

We are here to showcase how beautiful Rwanda is- Legend Jay-Jay Okocha after arriving in Rwanda

by radiotv10
07/07/2025
0

Two football icons with global recognition, Jay-Jay Okocha and Didier Domi, have arrived in Rwanda as part of a five-day...

IZIHERUKA

Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi
AMAHANGA

Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

by radiotv10
10/07/2025
0

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

10/07/2025
U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

Eng.-Rwanda donates 40 tons of food and medical supplies to support the people of Gaza

10/07/2025
M23 yageneye ubutumwa Perezida wa Uganda ku cyemezo yafashe kikayinyura

M23 yageneye ubutumwa Perezida wa Uganda ku cyemezo yafashe kikayinyura

10/07/2025
U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

10/07/2025
Three Arsenal WFC players visited Kigali Genocide Memorial

Three Arsenal WFC players visited Kigali Genocide Memorial

10/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umusenateri avuze ibikomeye ku bidasanzwe byagaragajwe na Tshisekedi ubwo yaganiraga na Macrom

Umusenateri avuze ibikomeye ku bidasanzwe byagaragajwe na Tshisekedi ubwo yaganiraga na Macrom

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

Eng.-Rwanda donates 40 tons of food and medical supplies to support the people of Gaza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.