Tuesday, May 13, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Amavubi Stars aracakirana na RCA kuri uyu wa Gatanu

radiotv10by radiotv10
03/06/2021
in Uncategorized
0
Amavubi Stars aracakirana na RCA kuri uyu wa Gatanu
Share on FacebookShare on Twitter

Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 4 Kamena 2021 guhera saa cyenda (15h00’) ikipe y’igihugu y’u Rwanda, Amavubi Stars arakira Republique Centre Afrique (RCA) mu mukino mpuzamahanga wa gicuti wo kwitegura imikino y’amajonjora y’igikombe cy’isi cya 2022.

Amavubi Stars amaze iminsi mu myitozo kuri sitade Amahoro ahazabera umukino mu gihe kuri uyu wa Kane bagomba kuhakorera imyitozo ya nyuma kugira ngo bahe umwanya Republique Centre Afrique nayo yitoze kuko yamaze kugera mu Rwanda.

Mashami Vincent umutoza w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda yari yahamagaye abakinnyi 33 bagombaga kwitabira imyitozo yo kwitegura imikino ibiri ya gicuti bafitanye na Republique Centre Afrique (RCA) kuri uyu wa Gatanu tariki ya 4 Kamena 2021 no ku Cyumweru tariki ya 7 Kamena 2021.

Bizimana Djihad uheruka gusinya muri KMSK Deinze mu cyiciro cya kabiri mu Bubiligi ntiyaje kuko akiri kumenyera ikipe nshya yagezemo avuye muri Waasland Beveren. Kutaza kwa Bizimana byatumye Mashami Vincent amusimbuza Nsabimana Eric Zidane ukina hagati muri AS Kigali.

Kevin Monnet Paquet ukina ataha izamu muri Saint-Etienne mu cyiciro cya mbere mu Bufaransa nawe ntabwo bigikunze ko azitabira iyi mikino ibiri biturutse ku mpamvu zitaramenyekana kuko na Mashami wamutumyeho atamusubiza iyo amubajije impamvu.

Mu bakinnyi bakina hanze batarakora imyitozo barimo Meddie Kagere rutahizamu wa Simba SC muri Tanzania ndetse na Rafael York (AFC Eskilstuna, Sweden) bivugwa ko yagowe no kwandura COVID-19.

Muri iyi mikino ya gicuti, u Rwanda ruri kwitegura imikino y’amatsinda azavamo amakipe azitabira imikino ya nyuma y’igikombe cy’isi cya 2022 kizakinirwa muri Qatar.

Muri uru rugendo, u Rwanda ruri mu itsinda rya Gatanu (E) kumwe na Mali, Kenya na Uganda. Imikino izatangira muri Nzeri 2021.

Abakinnyi bahari bari muri gahunda y’imyitozo:

ABANYEZAMU

  1. MVUYEKURE Emery (Tusker FC, Kenya)
  2. NDAYISHIMIYE Eric (AS Kigali)
  3. BUHAKE TWIZERE Clément (Strommen IF, Norway)
  4. NTWARI Fiacre (Marine FC)

 

ABUGARIZI

  1. RWATUBYAYE Abdul (Shkupi FK, Macedonia)
  2. NIRISARIKE Salomon (URARTU FC, Armenia)
  3. MANZI Thierry (APR FC)
  4. MUTSINZI Ange (APR FC)
  5. BAYISENGE Emery (AS Kigali)
  6. NIYIGENA Clément (Rayon Sports FC)
  7. RUKUNDO Dennis (Police FC, Uganda)
  8. ISHIMWE Christian (AS Kigali)
  9. RUTANGA Eric (Police FC)
  10. IRADUKUNDA Eric (Police FC)
  11. NGWABIJE Bryan Clovis (SC Lyon, France)

ABO HAGATI

  1. NIYONZIMA Olivier (APR FC)
  2. RUBONEKA Jean Bosco (APR FC)
  3. NISHIMWE Blaise (Rayon Sports FC)
  4. Nsabimana Eric (AS Kigali, Rwanda)
  5. HAKIZIMANA Muhadjir (AS Kigali)
  6. MANISHIMWE Djabel (APR FC)
  7. TWIZEYIMANA Martin Fabrice (Police FC)
  8. SAMUEL Gueulette (RAAL La Louvière, Belgium)

AB’IMBERE

  1. NSHUTI Savio Dominique (Police FC)
  2. KWITONDA Alain (BUGESERA FC)
  3. KAGERE Medie (Simba SC, Tanzania)
  4. TWIZERIMANA Onesme (Musanze FC)
  5. TUYISENGE Jacques (APR FC)
  6. IRADUKUNDA Jean Bertrand (Gasogi United)
  7. MUGUNGA Yves (APR FC)
  8. BYIRINGIRO Lague (APR FC)
  9. MICO Justin (Police FC)
  10. RAFAEL York (AFC Eskilstuna, Sweden)

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + 12 =

Previous Post

Niba abahakana Jenoside nta soni bagira, kuki twe twagira ubwoba?

Next Post

U Buholandi bugiye gushyira ingufu mu kohereza abakekwaho gukora Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda

Related Posts

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Ntazinda Erasme wahoze ari Umuyobozi w'Akarere ka Nyanza uregwa Icyaha cy’ubushoreke n’icyo guta urugo, yafatiwe icyemezo cyo kurekurwa nyuma yuko...

Ibirambuye ku cyatumye u Rwanda ruhagarika imikoranire n’u Bubiligi

Icyo u Rwanda rwizeza Ababiligi nyuma yuko ruciye umubano n’Igihugu cyabo

by radiotv10
21/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko guca umubano w’iki Gihugu n’u Bubiligi, bitazagira ingaruka ku Babiligi bari mu Rwanda cyangwa abifuza...

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

by radiotv10
20/03/2025
0

Comité National du Kivu (CNKI): CNKI was a colonial-era organization created by the Belgians to manage resources and economic activities...

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ngamba rwafatiwe na Canada

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ngamba rwafatiwe na Canada

by radiotv10
04/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iravuga ko ibyatangajwe n’iya Canada mu itangazo ry’ingamba yafatiye u Rwanda ku birebana n’ibibazo biri mu burasirazuba...

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Afurika y’Epfo zahise zivugana zigira n’ibyo zemeranyaho

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Afurika y’Epfo zahise zivugana zigira n’ibyo zemeranyaho

by radiotv10
31/01/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, na mugenzi we wa Afurika, Ronald Lamola bagiranye ikiganiro kuri telefone,...

IZIHERUKA

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo
MU RWANDA

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

by radiotv10
12/05/2025
0

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

12/05/2025
BREAKING: Perezida Kagame na Tshisekedi bahuriye mu biganiro

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

12/05/2025
Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

Perezida Kagame yagize icyo avuga ku byemezo bya Trump byo guhagarikira inkunga Afurika

12/05/2025
U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

12/05/2025
Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

12/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
U Buholandi bugiye gushyira ingufu mu kohereza abakekwaho gukora Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda

U Buholandi bugiye gushyira ingufu mu kohereza abakekwaho gukora Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.