Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Amavubi yahawe ubutumwa buyagaragariza impamvu zihagije ko hakenewe intsinzi

radiotv10by radiotv10
09/10/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Amavubi yahawe ubutumwa buyagaragariza impamvu zihagije ko hakenewe intsinzi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), Shema Ngoga Fabrice, yasuye abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu Amavubi mu myitozo bari gukora bitegura umukino ukomeye bazakina na Bénin mu gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026, ababwira ko bari ku gitutu cyo gutsinda uyu mukino, bityo ko bagomba kubigeraho.

Mu butumwa yagejeje ku bakinnyi n’abatoza bari mu mwiherero wo kwitegura uyu mukino uri kuri uyu wa Gatanu, Shema yabibukije ko akunda gutsinda kandi ko bafite igitutu, abasaba gushyiramo imbaraga kugira ngo bazaheshe ishema igihugu.

Yagize ati “Dufite igitutu cyo gutsinda, yaba mwe mujya mu kibuga ndetse natwe turi hanze. Bivuze ko impamvu yo gutsinda turayifite kandi iyi nsinzi ni ingenzi kuri twe. Sindi umutoza, ariko nkunda gutsinda bivuze ko nakora icyo ari cyo cyose ngo dutsinde kandi ababikora ni mwe.”

Perezida Shema yakomeje avuga ko gutsinda uyu mukino ari ngombwa, atari ku nyungu z’abayobozi gusa ahubwo no ku ishusho y’Igihugu muri rusange.

Ati “Ndashaka kongera kubabwira ko ari ingenzi cyane gutsinda uyu mukino, si ku bwacu gusa nk’abayobozi, ahubwo no ku ishusho y’Igihugu. Hari igihe numva abanyamakuru bavuga bati ‘tuzagera gute mu gikombe cy’Isi?’ Oya, ntitwibande ku bandi, turebe twe ubwacu. Reka dutsinde, kandi tuzatsinde n’umukino ukurikiraho. Ariko uwo ku wa Gatanu ni ingenzi cyane kuri twe. Sitade yose izaba ireba, Igihugu cyose kizaba gihari. Reka tubaheshe ishema.”

Yongeraho ko nubwo adashobora gutoza cyangwa gukina, azakora ibishoboka byose kugira ngo ikipe ibe mu bihe byiza.

Ati “Nubwo ntashobora gutoza, ntashobora gukina, ariko nshobora gukora uko nshoboye ngo mbashyire mu bihe byiza. Koko ntituzi ibizaba, ariko njye ndota rimwe na rimwe ko tuzagera mu gikombe cy’Isi. Twibande ku mukino wo kuwa Gatanu, tuwutsinde dukore amateka mashya.”

Amavubi aheruka guhura na Bénin muri Werurwe 2024 mu gushaka itike y’Igikombe cya Afurika cya 2025, icyo gihe u Rwanda rwatsinze 2-1 kuri Sitade Amahoro, ibitego byatsinzwe na Nshuti Innocent na Bizimana Djihad.

Shema yasabye abakinnyi kuzakora iyo bwabaga
Kapiteni Bizimana Djihad na we yizeje ko we na bagenzi be bazaha ibyishimo Abanyarwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − seven =

Previous Post

Dore agahigo kadasanzwe Ikawa y’u Rwanda yaciye mu cyamunara mpuzamahanga

Next Post

Amakuru ababaje: Ingabire Marie Immaculée uzwi mu Rwanda yitabye Imana

Related Posts

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

by radiotv10
06/04/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports y'abagore (WFC) yegukanye Igikombe cya Shampiyona ya 2025-2026, kiba icya gatatu itwaye yikurikiranya, cyaje giherekejwe na...

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

by radiotv10
03/04/2026
0

Nyuma y’uko ikipe y’Igihugu y’u Butaliyani ibuze itike yo kujya mu gikombe cy’Isi ku nshuro ya gatatu yikurikiranya, abayobozi batandukanye...

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

by radiotv10
02/04/2026
0

Uwahoze ari umunyezamu w’ikipe y’igihugu ya Cameroun, Joseph-Antoine Bell, yagiriye inama mugenzi we Andre Onana yo kudasubira mu ikipe yo mu Bwongereza ya Manchester...

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

by radiotv10
01/04/2026
0

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatanze umunsi w’ikiruhuko rusange, nyuma yuko ikipe y’iki Gihugu ‘Léopards’ itsinze iya Jamaica...

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

by radiotv10
31/03/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko umutoza Haringingo Francis yongeye kugaruka muri iyi kipe nk’Umutoza Mukuru nyuma y'iminsi irenga 1...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru ababaje: Ingabire Marie Immaculée uzwi mu Rwanda yitabye Imana

Amakuru ababaje: Ingabire Marie Immaculée uzwi mu Rwanda yitabye Imana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.