Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Amavubi yarahiriye kumwenyuza Abanyarwanda amanutse aho agomba gucira impaka (AMAFOTO)

radiotv10by radiotv10
15/06/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Amavubi yarahiriye kumwenyuza Abanyarwanda amanutse aho agomba gucira impaka (AMAFOTO)
Share on FacebookShare on Twitter

Abakinnyi b’ikipe y’Igihugu n’abandi bari kumwe na bo mu mwiherero wo kwitegura umukino biyemeje gutsinda, baga Abanyarwanda ibyishimo badaheruka, berecyeje mu Ntara y’Amajyepfo ahazabera uyu mukino uzahuza u Rwanda na Mozambique.

Uyu mukino ikipe y’u Rwanda Amavubi igomba gukinamo n’iya Mozambique ku Cyumweru tariki 18 Kamena 2023, ni uwo gushaka itike yerecyeza mu Gikombe cya Afurika, aho amahirwe yarwo asa nk’ayayoyotse burundu, nyuma y’uko rutewe mpaga ku mukino rwakinnyemo na Benin.

Abakinnyi b’Amavubi bari bamaze iminsi bari mu mwiherero mu Mujyi wa Kigali, aho bakoreraga imyitozo kuri Sitade ya Kigali Pele Stadium.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 15 Kamena 2023, bazindutse burira imodoka yaberecyeje mu Ntara y’Amajyepfo, ahazakinirwa uyu mukino uzabera kuri Sitade ya Huye uzabahuza na Mozambique.

Bamanutse mu Majyepfo nyuma yo kwakira bagenzi babo basanzwe bakina hanze, barimo Hakim Sahabo na we wari umaze kuhagera.

Aba bakinnyi b’Amavubi, bagiye mu Majyepfo nyuma y’umunsi umwe basuwe na Minisitiri wa Siporo, Aurore Mimosa Munyangaju, wabasuye kuri uyu wa Gatatu tariki 14 Kamena 2023.

Aurore Mimosa Munyangaju yizeje abakinnyi, ko Abanyarwanda babari inyuma ndetse n’Igihugu cyose, ariko ko na bo bagomba kubizirikana.

Yagize ati “Mureke uyu munsi duhindure amateka yabaye mu myaka 20 ishize. Murashyigikiwe kandi mufite inshingano zo gushimisha Abanyarwanda mutsinda Mozambique.”

Minisitiri Munyangaju yavuze ko uyu mukino bagomba kuwufata nk’uwa nyuma, abasaba kuzatanga imbaraga zose bakawutsinda.

Umunyezamu Fiacre yitezweho umusaruro mwiza
Sahabo wari ukiza na we yamanutse
Bizimana Djihad uri mu bashobora kuzayobora abandi
Yannick Mukunzi na Rubanguka
Usengomana Faustin muri ba myugariro bitezweho kuzibira ba rutahizamu ba Mozambique
Ombolenga Fitina na we azaba azamukana imipira nk’umurabyo
Abatoza na bo bariteguye
Guellette na we arategerejwe cyane

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 + twelve =

Previous Post

Nyanza: Agapfundikizo k’ikaramu katumye iwabo w’umwana wari ku ishuri hataha inkuru mbi

Next Post

Hafashwe abapasiteri bari barafungiranye abarwayi mu rusengero rudasanzwe babakorera ibitemewe

Related Posts

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Nyuma y’imyitozo ya nyuma bitegura umukino wa nyuma w’Igikombe cya Super Cup, umutoza wa Rayon Sports, Bruno Ferry, yatangaje ko...

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

by radiotv10
09/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi yasuye abakinnyi b’ikipe ya APR FC, abibutsa ko intego yayo...

Ibyo kwitega mu mikino imaze kwigarurira imitima ya benshi mu Rwanda yagarutse

Ibyo kwitega mu mikino imaze kwigarurira imitima ya benshi mu Rwanda yagarutse

by radiotv10
09/01/2026
0

Imikino yo kwishyura ya shampiyona y’icyiciro cya mbere muri volleyball mu bagabo no mu bagore iratangira kuri uyu wa Gatanu...

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

by radiotv10
09/01/2026
0

Michel Kuka Mboladinga, umufana wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika ubwo yafanaga ikipe y’Igihugu ya DRC mu buryo bwihariye yigaragaza...

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

by radiotv10
08/01/2026
0

Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru muri Algeria ryasabye imbabazi Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) nyuma y’ikimenyetso cyakozwe n’umwe mu bakinnyi b’ikipe...

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hafashwe abapasiteri bari barafungiranye abarwayi mu rusengero rudasanzwe babakorera ibitemewe

Hafashwe abapasiteri bari barafungiranye abarwayi mu rusengero rudasanzwe babakorera ibitemewe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.