Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Amavubi yarahiriye kumwenyuza Abanyarwanda amanutse aho agomba gucira impaka (AMAFOTO)

radiotv10by radiotv10
15/06/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Amavubi yarahiriye kumwenyuza Abanyarwanda amanutse aho agomba gucira impaka (AMAFOTO)
Share on FacebookShare on Twitter

Abakinnyi b’ikipe y’Igihugu n’abandi bari kumwe na bo mu mwiherero wo kwitegura umukino biyemeje gutsinda, baga Abanyarwanda ibyishimo badaheruka, berecyeje mu Ntara y’Amajyepfo ahazabera uyu mukino uzahuza u Rwanda na Mozambique.

Uyu mukino ikipe y’u Rwanda Amavubi igomba gukinamo n’iya Mozambique ku Cyumweru tariki 18 Kamena 2023, ni uwo gushaka itike yerecyeza mu Gikombe cya Afurika, aho amahirwe yarwo asa nk’ayayoyotse burundu, nyuma y’uko rutewe mpaga ku mukino rwakinnyemo na Benin.

Abakinnyi b’Amavubi bari bamaze iminsi bari mu mwiherero mu Mujyi wa Kigali, aho bakoreraga imyitozo kuri Sitade ya Kigali Pele Stadium.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 15 Kamena 2023, bazindutse burira imodoka yaberecyeje mu Ntara y’Amajyepfo, ahazakinirwa uyu mukino uzabera kuri Sitade ya Huye uzabahuza na Mozambique.

Bamanutse mu Majyepfo nyuma yo kwakira bagenzi babo basanzwe bakina hanze, barimo Hakim Sahabo na we wari umaze kuhagera.

Aba bakinnyi b’Amavubi, bagiye mu Majyepfo nyuma y’umunsi umwe basuwe na Minisitiri wa Siporo, Aurore Mimosa Munyangaju, wabasuye kuri uyu wa Gatatu tariki 14 Kamena 2023.

Aurore Mimosa Munyangaju yizeje abakinnyi, ko Abanyarwanda babari inyuma ndetse n’Igihugu cyose, ariko ko na bo bagomba kubizirikana.

Yagize ati “Mureke uyu munsi duhindure amateka yabaye mu myaka 20 ishize. Murashyigikiwe kandi mufite inshingano zo gushimisha Abanyarwanda mutsinda Mozambique.”

Minisitiri Munyangaju yavuze ko uyu mukino bagomba kuwufata nk’uwa nyuma, abasaba kuzatanga imbaraga zose bakawutsinda.

Umunyezamu Fiacre yitezweho umusaruro mwiza
Sahabo wari ukiza na we yamanutse
Bizimana Djihad uri mu bashobora kuzayobora abandi
Yannick Mukunzi na Rubanguka
Usengomana Faustin muri ba myugariro bitezweho kuzibira ba rutahizamu ba Mozambique
Ombolenga Fitina na we azaba azamukana imipira nk’umurabyo
Abatoza na bo bariteguye
Guellette na we arategerejwe cyane

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − 2 =

Previous Post

Nyanza: Agapfundikizo k’ikaramu katumye iwabo w’umwana wari ku ishuri hataha inkuru mbi

Next Post

Hafashwe abapasiteri bari barafungiranye abarwayi mu rusengero rudasanzwe babakorera ibitemewe

Related Posts

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

by radiotv10
28/12/2025
0

Tariki 25 Ugushyingo 2025, Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rwasheshe inzego zose za Rayon Sports maze rushyiraho Komite y’inzibacyuho iyobowe na...

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

by radiotv10
28/12/2025
0

Isi ya ruhago ikomeje kunamira uwari umutoza Jean-Louis Gasset witabye Imana ku myaka 72 y’amavuko, aho bamwe mu bafite amazina...

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
26/12/2025
0

Umukinnyi Faustin Likau Pizzalo KITOKO ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wakinaga muri Shampiyona y’u Burundi, yamaze gusinyira ikipe...

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

by radiotv10
26/12/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) yaciye ikipe y’Igihugu ya Misiri amande angana na $5,000 (arenga Miliyoni 7 Frw) kubera...

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

by radiotv10
25/12/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiyovu Sports bwatangaje ko bwasubitse inama y’Inteko Rusange yari iteganyijwe kuba ku wa Gatandatu tariki ya 27 Ukuboza...

IZIHERUKA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka
MU RWANDA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

01/01/2026
12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hafashwe abapasiteri bari barafungiranye abarwayi mu rusengero rudasanzwe babakorera ibitemewe

Hafashwe abapasiteri bari barafungiranye abarwayi mu rusengero rudasanzwe babakorera ibitemewe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.