Tuesday, December 23, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amavugurura mu buhinzi bwavuzwemo ibisa n’urusimbi yasimbuje Minisitiri wari umazeho imyaka ikabakaba 10

radiotv10by radiotv10
03/03/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Amavugurura mu buhinzi bwavuzwemo ibisa n’urusimbi yasimbuje Minisitiri wari umazeho imyaka ikabakaba 10
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yakoze amavugurura mu buyobozi bukuru bw’urwego rw’Ubuhinzi n’Ubworozi arimo gusimbuza Dr Gérardine Mukeshimana wari umaze imyaka icyenda ari Minisitiri w’uru rwego, wasimbuwe na Dr Ildephonse Musafiri wari utaruzuza umwaka agizwe Umunyamabanga wa Leta muri iyi Minisiteri.

Ni amavugurura yakozwe ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki 02 Werurwe 2023 nkuko bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze n’Ibiro bya Minisitiri w’Intebe.

Iri tangazo rivuga ko Perezida wa Repubulika yashyizeho Dr Ildephonse Musafiri nka Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, naho Dr Thelesphore Ndabamenye agirwa Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB), ndetse na Clarisse Umutoni agirwa Umuyobozi Mukuru ushinzwe ubukungu (Chief Finance Officer) muri RAB.

Ni amavugurura akozwe muri uru rwego rw’Ubuhinzi n’Ubworozi rumaze iminsi ruvugwamo ikibazo gisa n’urusimbi cy’igihingwa kizwi nka Chia Seeds cyashishikarijwe abahinzi ngo bahinge ndetse bizezwa gukirigita ifaranga, hagakorwamo n’ibindi bisa n’inzira zo gukamamo abantu amafaranga.

Iki kibazo cyahombeje abatari bacye, cyanagarutsweho na Perezida Paul Kagame ubwo yatangizaga Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ku wa Mbere w’iki cyumweru.

Ubwo yavugaga kuri ibi bikorwa bisa n’urusimbi, Perezida Kagame yavuze ko abo mu ngeri zose bishoye muri ibi bikorwa, ariko bakabihomberamo.

Icyo gihe yagize ati “Birimo abaminisitiri, birimo ba General, biri mu gisirikare biri mu gipolisi, mukajya aho mukajya muri ‘Chia seeds’ [ni bumwe mu buryo bwo muri ibi bikorwa] mwamara guhomba udufaranga mwari mufite mwagiye kuturunda mu mwobo uri budutware mukaza ngo ‘urareba tugomba gufasha abaturage’…mufasha abaturage? Ayo mafaranga iyo uyabaha se ahubwo niba ushaka gufasha abaturage?”

Nyuma y’iminsi micye avuze ibi, Perezida Kagame nibwo yahise akora amavugurura mu buyobozi bukuru bw’urwego rw’Ubuhinzi, yatumye Dr Gérardine Mukeshimana wari umaze imyaka icyenda ku mwanya wa Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi asimbuzwa Dr Ildephonse Musafiri wari utaruzuza umwaka agizwe Umunyamabanga Uhoraho muri iyi Minisiteri.

Dr Gérardine Mukeshimana yari yagizwe Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi muri Nyakanga 2014 ubwo hajyagaho Guverinoma nshya yari iyobowe na Anastase Murekezi wari wagizwe Minisitiri w’Intebe.

Dr Musafiri wagizwe Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, si mushya muri iyi Minisiteri no muri Guverinoma y’u Rwanda, kuko yari asanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri iyi Minisiteri, umwanya yagiyeho muri Kanama umwaka ushize wa 2022.

Muri 2014 ubwo Dr Mukeshimana yarahiraga nka Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi
Umwaka ushize ubwo Dr Musafiri yarahiraga nk’Umunyamabanga wa Leta muri MINAGRI

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 5 =

Previous Post

Uko gufunguza uwakubise umugore we byatumye abayobozi babiri nabo bafungwa

Next Post

‘Umugabo si Umuntu’: Igisigo gihishura ibitangaje byirengagizwa ku bagabo

Related Posts

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Umunyamakuru Gakuru Emmanuel wamenyekanye nka Muzehe Gakuru uri mu bamaze igihe bakora itangazamakuru mu Rwanda, yatawe muri yombi akurikiranyweho gutanga...

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

by radiotv10
23/12/2025
0

Nyuma y’imyaka igera kuri ibiri, abaturage bo mu Karere ka Rutsiro na Rubavu batabaje kubera ikibazo cy’umugezi wa Bihongora ugabanya...

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
23/12/2025
0

Mu muhanda uva Nyanza ya Kicukiro werecyeza Sanatubes mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka itwara...

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

by radiotv10
23/12/2025
0

Abasirikare barimo abo ku rwego rwa Ofisiye ndetse n’abo ku zindi nzego barangije amahugurwa yo ku rwego rwo hejuru barimo...

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

by radiotv10
23/12/2025
0

Nyuma y’uko mu karere ka Gisagara hatanzwe inka 113 mu myaka ine ishize bikozwe n’umushinga wa Green amayaga hagamijwe kuzahura...

IZIHERUKA

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi
MU RWANDA

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

23/12/2025
Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

23/12/2025
Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

23/12/2025
Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

23/12/2025
Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

23/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
‘Umugabo si Umuntu’: Igisigo gihishura ibitangaje byirengagizwa ku bagabo

‘Umugabo si Umuntu’: Igisigo gihishura ibitangaje byirengagizwa ku bagabo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.