Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amavugurura mu buhinzi bwavuzwemo ibisa n’urusimbi yasimbuje Minisitiri wari umazeho imyaka ikabakaba 10

radiotv10by radiotv10
03/03/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Amavugurura mu buhinzi bwavuzwemo ibisa n’urusimbi yasimbuje Minisitiri wari umazeho imyaka ikabakaba 10
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yakoze amavugurura mu buyobozi bukuru bw’urwego rw’Ubuhinzi n’Ubworozi arimo gusimbuza Dr Gérardine Mukeshimana wari umaze imyaka icyenda ari Minisitiri w’uru rwego, wasimbuwe na Dr Ildephonse Musafiri wari utaruzuza umwaka agizwe Umunyamabanga wa Leta muri iyi Minisiteri.

Ni amavugurura yakozwe ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki 02 Werurwe 2023 nkuko bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze n’Ibiro bya Minisitiri w’Intebe.

Iri tangazo rivuga ko Perezida wa Repubulika yashyizeho Dr Ildephonse Musafiri nka Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, naho Dr Thelesphore Ndabamenye agirwa Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB), ndetse na Clarisse Umutoni agirwa Umuyobozi Mukuru ushinzwe ubukungu (Chief Finance Officer) muri RAB.

Ni amavugurura akozwe muri uru rwego rw’Ubuhinzi n’Ubworozi rumaze iminsi ruvugwamo ikibazo gisa n’urusimbi cy’igihingwa kizwi nka Chia Seeds cyashishikarijwe abahinzi ngo bahinge ndetse bizezwa gukirigita ifaranga, hagakorwamo n’ibindi bisa n’inzira zo gukamamo abantu amafaranga.

Iki kibazo cyahombeje abatari bacye, cyanagarutsweho na Perezida Paul Kagame ubwo yatangizaga Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ku wa Mbere w’iki cyumweru.

Ubwo yavugaga kuri ibi bikorwa bisa n’urusimbi, Perezida Kagame yavuze ko abo mu ngeri zose bishoye muri ibi bikorwa, ariko bakabihomberamo.

Icyo gihe yagize ati “Birimo abaminisitiri, birimo ba General, biri mu gisirikare biri mu gipolisi, mukajya aho mukajya muri ‘Chia seeds’ [ni bumwe mu buryo bwo muri ibi bikorwa] mwamara guhomba udufaranga mwari mufite mwagiye kuturunda mu mwobo uri budutware mukaza ngo ‘urareba tugomba gufasha abaturage’…mufasha abaturage? Ayo mafaranga iyo uyabaha se ahubwo niba ushaka gufasha abaturage?”

Nyuma y’iminsi micye avuze ibi, Perezida Kagame nibwo yahise akora amavugurura mu buyobozi bukuru bw’urwego rw’Ubuhinzi, yatumye Dr Gérardine Mukeshimana wari umaze imyaka icyenda ku mwanya wa Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi asimbuzwa Dr Ildephonse Musafiri wari utaruzuza umwaka agizwe Umunyamabanga Uhoraho muri iyi Minisiteri.

Dr Gérardine Mukeshimana yari yagizwe Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi muri Nyakanga 2014 ubwo hajyagaho Guverinoma nshya yari iyobowe na Anastase Murekezi wari wagizwe Minisitiri w’Intebe.

Dr Musafiri wagizwe Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, si mushya muri iyi Minisiteri no muri Guverinoma y’u Rwanda, kuko yari asanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri iyi Minisiteri, umwanya yagiyeho muri Kanama umwaka ushize wa 2022.

Muri 2014 ubwo Dr Mukeshimana yarahiraga nka Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi
Umwaka ushize ubwo Dr Musafiri yarahiraga nk’Umunyamabanga wa Leta muri MINAGRI

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 − three =

Previous Post

Uko gufunguza uwakubise umugore we byatumye abayobozi babiri nabo bafungwa

Next Post

‘Umugabo si Umuntu’: Igisigo gihishura ibitangaje byirengagizwa ku bagabo

Related Posts

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

by radiotv10
22/01/2026
0

In many schools in Rwanda, students are told they must speak English. Sometimes, if a child speaks Kinyarwanda, they get...

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

IZIHERUKA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine
AMAHANGA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
‘Umugabo si Umuntu’: Igisigo gihishura ibitangaje byirengagizwa ku bagabo

‘Umugabo si Umuntu’: Igisigo gihishura ibitangaje byirengagizwa ku bagabo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.