Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

America ishobora gufatira icyemezo Ibihugu birimo Uganda nk’icyo yafatiye u Rwanda

radiotv10by radiotv10
01/11/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
America ishobora gufatira icyemezo Ibihugu birimo Uganda nk’icyo yafatiye u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Joe Biden yagaragaje umugambi wo kwirukana mu masezerano y’ubucuruzi na America azwi nka AGOA, Ibihugu bine ari byo Uganda, Gabon, Niger na Centrafrique.

Aya masezerano ya AGOA (the African Growth and Opportunity Act) yatangijwe na Leta Zunze Ubumwe za America muri 2000, agamije gutuma Ibihugu byo munsi y’Ubutayu bwa Sahara bibasha gucuruzanya na USA.

Aya masezerano yatumaga ibi Bihugu byo muri Afurika yo munsi y’Ubutayu bwa Sahara bibasha kohereza muri Leta Zunze Ubumwe za America ibicuruzwa 1 800 byakuriweho imisoro.

Muri 2018, u Rwanda na rwo rwakuwe muri aya masezerano ya AGOA, nyuma y’icyemezo cyafashwe n’uwari Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump; nyuma y’uko u Rwanda rwari ruzamuye imisoro ku myenda n’inkweto bya caguwa.

Ibihugu nka Uganda, Gabon, Niger na Centrafrique; na byo bigiye gukurwa muri aya masezerano, ku mpamvu zitandukanye zirimo guhonyora uburenganzira bwa muntu ndetse no kudatera intambwe mu kubahiriza ihame rya Demokarasi, nk’uko byatangajwe na Perezida Biden.

Perezida Biden yavuze ko nka Niger na Gabon, ibi Bihugu byombi ubu biyobowe n’Igisirikare nyuma y’uko bihiritse ubutegetsi, avuga ko bitazaguma muri AGOA kuko “bitabashije kugaragaza cyangwa gukomeza urugendo rwo kugaragaza uburyo bwo kurinda politiki idaheza no kuba Ibihugu bigendera ku mategeko.”

Yakomeje avuga ko gukura Repubulika ya Centrafrique na Uganda muri AGOA bishingiye “Ku guhonyora amahame mpuzamahanga y’uburenganzira bwa muntu” bikorwa na Guverinoma z’ibi Bihugu.

Muri Gicurasi, Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yari yatangaje ko ishobora gukura Uganda muri AGOA kandi igafatira ibihano iki Gihugu kuko cyashyizeho itegeko ribangamira abaryamana bahuje ibitsina.

Kuri uyu wa Mbere, mu ibaruwa Perezida Biden yageneye Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, yagize ati “Nubwo hasanzwe hariho imibanire myiza hagati ya Leta Zunze Ubumwe za America na Repubulika ya Centrafrique, Gabon, Niger na Uganda, ibi Bihugu byananiwe gukemura impungenge za Leta Zunze Ubumwe za America ku bijyanye n’amahame ngenderwaho ya AGOA.”

Kugeza ubu ibi Bihugu bine, ntibiragira icyo bivuga kuri iki cyemezo byafatiwe na Leta Zunze Ubumwe za America, cyaje mbere y’iminsi micye ngo haterane ihuriro rya AGOA rizabera muri Afurika y’Epfo ku wa Kane w’iki cyumweru.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − sixteen =

Previous Post

Iteganyagihe: Mu minsi 10 hagiye kubaho ubwikube bwa kabiri bw’imvura yari isanzwe igwa

Next Post

Ntiyagoye inzego nyuma yo gufatanwa amasashe 18.000 n’inzoga zitemewe mu Rwanda

Related Posts

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

by radiotv10
28/01/2026
0

Mu rubanza ruburanishwa n’Urukiko Rukuru rwa Gitega mu Burundi ruregwamo abantu 16 baregwa ibikorwa byo kuryamana kw’abahuje ibitsina rwavutsemo impaka...

AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

by radiotv10
28/01/2026
0

Umuhuzabikorwa wa AFC/M23, Corneille Nangaa yavuze ko kuba iri Huriro ryakorana n’u Rwanda bitavuze ko rurifasha, ahubwo ko hari impamvu...

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukozi w’Imana wo muri Kenya, Paul Nthenge Mackenzie wari umuyobozi w’Itorero rimwe, umaze imyaka itatu atawe muri yombi akurikiranyweho uruhare...

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

by radiotv10
28/01/2026
0

Ifoto ya Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu imugaragaza ari kuvugira kuri Telefone yagiye yomekwaho utuntu duhisha kamera yayo n’akarango...

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

by radiotv10
27/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko ridateze kurekura igice na kimwe mu byo ryafashe,...

IZIHERUKA

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police
FOOTBALL

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

28/01/2026
AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

28/01/2026
Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

28/01/2026
Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Gatsibo: Umusaza aravugwaho guhengera umwuzukuru we asinziriye akamusambanya

Ntiyagoye inzego nyuma yo gufatanwa amasashe 18.000 n’inzoga zitemewe mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.