Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

America ishobora gufatira icyemezo Ibihugu birimo Uganda nk’icyo yafatiye u Rwanda

radiotv10by radiotv10
01/11/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
America ishobora gufatira icyemezo Ibihugu birimo Uganda nk’icyo yafatiye u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Joe Biden yagaragaje umugambi wo kwirukana mu masezerano y’ubucuruzi na America azwi nka AGOA, Ibihugu bine ari byo Uganda, Gabon, Niger na Centrafrique.

Aya masezerano ya AGOA (the African Growth and Opportunity Act) yatangijwe na Leta Zunze Ubumwe za America muri 2000, agamije gutuma Ibihugu byo munsi y’Ubutayu bwa Sahara bibasha gucuruzanya na USA.

Aya masezerano yatumaga ibi Bihugu byo muri Afurika yo munsi y’Ubutayu bwa Sahara bibasha kohereza muri Leta Zunze Ubumwe za America ibicuruzwa 1 800 byakuriweho imisoro.

Muri 2018, u Rwanda na rwo rwakuwe muri aya masezerano ya AGOA, nyuma y’icyemezo cyafashwe n’uwari Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump; nyuma y’uko u Rwanda rwari ruzamuye imisoro ku myenda n’inkweto bya caguwa.

Ibihugu nka Uganda, Gabon, Niger na Centrafrique; na byo bigiye gukurwa muri aya masezerano, ku mpamvu zitandukanye zirimo guhonyora uburenganzira bwa muntu ndetse no kudatera intambwe mu kubahiriza ihame rya Demokarasi, nk’uko byatangajwe na Perezida Biden.

Perezida Biden yavuze ko nka Niger na Gabon, ibi Bihugu byombi ubu biyobowe n’Igisirikare nyuma y’uko bihiritse ubutegetsi, avuga ko bitazaguma muri AGOA kuko “bitabashije kugaragaza cyangwa gukomeza urugendo rwo kugaragaza uburyo bwo kurinda politiki idaheza no kuba Ibihugu bigendera ku mategeko.”

Yakomeje avuga ko gukura Repubulika ya Centrafrique na Uganda muri AGOA bishingiye “Ku guhonyora amahame mpuzamahanga y’uburenganzira bwa muntu” bikorwa na Guverinoma z’ibi Bihugu.

Muri Gicurasi, Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yari yatangaje ko ishobora gukura Uganda muri AGOA kandi igafatira ibihano iki Gihugu kuko cyashyizeho itegeko ribangamira abaryamana bahuje ibitsina.

Kuri uyu wa Mbere, mu ibaruwa Perezida Biden yageneye Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, yagize ati “Nubwo hasanzwe hariho imibanire myiza hagati ya Leta Zunze Ubumwe za America na Repubulika ya Centrafrique, Gabon, Niger na Uganda, ibi Bihugu byananiwe gukemura impungenge za Leta Zunze Ubumwe za America ku bijyanye n’amahame ngenderwaho ya AGOA.”

Kugeza ubu ibi Bihugu bine, ntibiragira icyo bivuga kuri iki cyemezo byafatiwe na Leta Zunze Ubumwe za America, cyaje mbere y’iminsi micye ngo haterane ihuriro rya AGOA rizabera muri Afurika y’Epfo ku wa Kane w’iki cyumweru.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 1 =

Previous Post

Iteganyagihe: Mu minsi 10 hagiye kubaho ubwikube bwa kabiri bw’imvura yari isanzwe igwa

Next Post

Ntiyagoye inzego nyuma yo gufatanwa amasashe 18.000 n’inzoga zitemewe mu Rwanda

Related Posts

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, mu gace ka Barcelona muri Espagne, gari ya moshi itwara abagenzi b’imbere mu...

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

by radiotv10
21/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko rizasubira mu Mujyi wa Uvira nyuma yuko riwukuyemo abarwanyi baryo bose, ugahita wigabizwa n’uruhande bahanganye, rugatangira...

AFC/M23 says it may return to Uvira days after withdrawing its forces

AFC/M23 says it may return to Uvira days after withdrawing its forces

by radiotv10
21/01/2026
0

The AFC/M23 coalition has indicated that it will return to the city of Uvira after withdrawing all its fighters, following...

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

by radiotv10
20/01/2026
0

Uganda held widely watched presidential and parliamentary elections on 15 January 2026, choosing both the country’s leader and members of...

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

by radiotv10
20/01/2026
0

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, cyatangaje ko kigaruriye Umujyi wa Uvira muri Kivu y’Epfo, nyuma yuko Ihuriro AFC/M23...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Gatsibo: Umusaza aravugwaho guhengera umwuzukuru we asinziriye akamusambanya

Ntiyagoye inzego nyuma yo gufatanwa amasashe 18.000 n’inzoga zitemewe mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.