Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

America ishobora gufatira icyemezo Ibihugu birimo Uganda nk’icyo yafatiye u Rwanda

radiotv10by radiotv10
01/11/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
America ishobora gufatira icyemezo Ibihugu birimo Uganda nk’icyo yafatiye u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Joe Biden yagaragaje umugambi wo kwirukana mu masezerano y’ubucuruzi na America azwi nka AGOA, Ibihugu bine ari byo Uganda, Gabon, Niger na Centrafrique.

Aya masezerano ya AGOA (the African Growth and Opportunity Act) yatangijwe na Leta Zunze Ubumwe za America muri 2000, agamije gutuma Ibihugu byo munsi y’Ubutayu bwa Sahara bibasha gucuruzanya na USA.

Aya masezerano yatumaga ibi Bihugu byo muri Afurika yo munsi y’Ubutayu bwa Sahara bibasha kohereza muri Leta Zunze Ubumwe za America ibicuruzwa 1 800 byakuriweho imisoro.

Muri 2018, u Rwanda na rwo rwakuwe muri aya masezerano ya AGOA, nyuma y’icyemezo cyafashwe n’uwari Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump; nyuma y’uko u Rwanda rwari ruzamuye imisoro ku myenda n’inkweto bya caguwa.

Ibihugu nka Uganda, Gabon, Niger na Centrafrique; na byo bigiye gukurwa muri aya masezerano, ku mpamvu zitandukanye zirimo guhonyora uburenganzira bwa muntu ndetse no kudatera intambwe mu kubahiriza ihame rya Demokarasi, nk’uko byatangajwe na Perezida Biden.

Perezida Biden yavuze ko nka Niger na Gabon, ibi Bihugu byombi ubu biyobowe n’Igisirikare nyuma y’uko bihiritse ubutegetsi, avuga ko bitazaguma muri AGOA kuko “bitabashije kugaragaza cyangwa gukomeza urugendo rwo kugaragaza uburyo bwo kurinda politiki idaheza no kuba Ibihugu bigendera ku mategeko.”

Yakomeje avuga ko gukura Repubulika ya Centrafrique na Uganda muri AGOA bishingiye “Ku guhonyora amahame mpuzamahanga y’uburenganzira bwa muntu” bikorwa na Guverinoma z’ibi Bihugu.

Muri Gicurasi, Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yari yatangaje ko ishobora gukura Uganda muri AGOA kandi igafatira ibihano iki Gihugu kuko cyashyizeho itegeko ribangamira abaryamana bahuje ibitsina.

Kuri uyu wa Mbere, mu ibaruwa Perezida Biden yageneye Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, yagize ati “Nubwo hasanzwe hariho imibanire myiza hagati ya Leta Zunze Ubumwe za America na Repubulika ya Centrafrique, Gabon, Niger na Uganda, ibi Bihugu byananiwe gukemura impungenge za Leta Zunze Ubumwe za America ku bijyanye n’amahame ngenderwaho ya AGOA.”

Kugeza ubu ibi Bihugu bine, ntibiragira icyo bivuga kuri iki cyemezo byafatiwe na Leta Zunze Ubumwe za America, cyaje mbere y’iminsi micye ngo haterane ihuriro rya AGOA rizabera muri Afurika y’Epfo ku wa Kane w’iki cyumweru.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − 19 =

Previous Post

Iteganyagihe: Mu minsi 10 hagiye kubaho ubwikube bwa kabiri bw’imvura yari isanzwe igwa

Next Post

Ntiyagoye inzego nyuma yo gufatanwa amasashe 18.000 n’inzoga zitemewe mu Rwanda

Related Posts

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

by radiotv10
02/01/2026
0

Evans Eshun, uzwi ku izina rya Ebo Noah, wiyita umuhanuzi wo muri Ghana, yatawe muri yombi na Polisi y’iki Gihugu...

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

by radiotv10
01/01/2026
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, mu ijambo rye risoza umwaka, yongeye gushinja u Rwanda ibinyoma ko rufite uruhare mu bibazo...

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

by radiotv10
31/12/2025
0

Igihugu cya Mali n’icya Burkina Faso, byashyize hanze amatangazo y’ibyemezo bishobora gufata byo kwihimura kuri Leta Zunze Ubumwe za America...

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

by radiotv10
30/12/2025
0

Abayobozi bakuru b’Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Umugaba Mukuru w’Ingabo zaryo, Gen Sultani...

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

by radiotv10
30/12/2025
0

Maj Gen Sultani Makenga, Umugaba Mukuru w’Ingabo za AFC/M23, yibukije abagize iri huriro ko batagomba kumva ko intambara yo kurandura...

IZIHERUKA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure
MU RWANDA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

02/01/2026
Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

02/01/2026
Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

02/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Gatsibo: Umusaza aravugwaho guhengera umwuzukuru we asinziriye akamusambanya

Ntiyagoye inzego nyuma yo gufatanwa amasashe 18.000 n’inzoga zitemewe mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.