Sunday, November 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

America yagaragaje igikwiye kwirindwa mu byo muri Congo inagira inama iki Gihugu n’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
24/09/2024
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Amakuru mashya y’urugamba rwa M23 yongeye kuvugwamo icyagaragayemo gifatwa nk’icyatunguranye
Share on FacebookShare on Twitter

Leta Zunze Ubumwe za America zongeye kwamagana ibisubizo bishingiye ku mbaraga za gisirikare mu bibazo by’umutekano biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zishimangira ko imyanzuro ya Luanda ari yo ikwiye, inasaba iki Gihugu n’u Rwanda gukomeza inzira z’ibiganiro byiyemeje.

Byatangajwe n’Umuvugizi wa Francophone mu butegetsi bwa Leta Zunze Ubumwe za America, Johann Schmonsees, mu bikorwa by’Inteko Rusange ya 79 y’Umuryango w’Abibumbye.

Aganira n’Ibiro Ntaramakuru by’Abanyekongo, ACP, Johann Schmonsees yagize ati “Nta gisubizo gihari cya gisirikare cyazana umuti w’ibibazo biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.”

Yakomeje agaragaza aho Leta Zunze Ubumwe za America zihagaze mu bibazo biri guhonyora uburenganzira bwa muntu. Ati “Turamagana twivuye inyuma ibikorwa by’ibyaha bihohotera abaturage b’abasivile.”

Yavuze ko Leta Zunze Ubumwe za America zikomeje gushyira imbere inzira z’ibiganiro mu bibazo byose byaba biri ku Mugabane wa Afurika, ndetse avuga ko iki Gihugu gishyigikiye imyanzuro yafatiwe i Luanda muri Angola n’i Nairobi muri Kenya, mu gushaka umuti w’ibibazo biri mu Burasirazuba bwa DRC.

Johann Schmonsees yaboneyeho gushishikariza Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’iy’u Rwanda gukomeza inzira ziyemeje yo gushaka umuti w’ibibazo biri hagati y’ibi Bihugu, zikoresheje ibiganiro kugira ngo zibishyireho iherezo.

Uruzinduko rw’Umuyobozi w’Ubutasi bwa Leta Zunze Ubumwe za America, Avril Haines rwabaye mu kwezi k’Ugushyingo umwaka ushize, aho yarugiriye muri Congo no mu Rwanda, akanahura n’abakuru b’Ibi Bihugu, rwabaye nk’urushimangira umuhate w’iki Gihugu mu gushaka umuti w’ibibazo bimaze igihe mu burasirazuba bwa DRC.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + seventeen =

Previous Post

Volleyball y’u Rwanda yungutse Abatoza bafite ubumenyi bwisumbuyeho barimo abakinnyi b’amazina azwi

Next Post

Ikindi Gihugu cyasinyanye n’u Rwanda amasezerano yo gukuraho Visa

Related Posts

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

by radiotv10
01/11/2025
0

Abayobozi b’Ihuriro AFC/M23 barimo Umuhuzabikorwa waryo, Corneille Nangaa; bitabiriye umuhango wo guherekeza bwa nyuma Musenyeri Faustin Ngabu wabaye Umushumba wa...

BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

by radiotv10
01/11/2025
0

Madamu Samia Suluhu Hassan wo mu ishyaka Chama Cha Mapinduzi, yatsinze amatora y'Umukuru w'Igihugu cya Tanzania, ku majwi 97,66%, nk’uko...

Impaka zavutse nyuma yuko u Bufaransa buvuze ibyo gufungura ikibuga cy’indege cya Goma kigenzurwa na AFC/M23

Impaka zavutse nyuma yuko u Bufaransa buvuze ibyo gufungura ikibuga cy’indege cya Goma kigenzurwa na AFC/M23

by radiotv10
31/10/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryamaganye ibyo gufungura Ikibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Goma, byavugiwe...

Eng.-AFC/M23 responds to France’s remarks about reopening Goma International Airport

Eng.-AFC/M23 responds to France’s remarks about reopening Goma International Airport

by radiotv10
31/10/2025
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo (DRC), has strongly criticized France’s recent remarks...

Hatanzwe impuruza ku bikorerwa Abarundi baba hanze y’Igihugu cyabo

Hatanzwe impuruza ku bikorerwa Abarundi baba hanze y’Igihugu cyabo

by radiotv10
30/10/2025
0

Umuryango urwanya Ubushomeri n’Iyicarubozo ALUCHOTO watanze umuburo ko Abarundi baba mu Bihugu bimwe nka Tanzania na Malawi, bari gukorerwa ibikorwa...

IZIHERUKA

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda
AMAHANGA

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

by radiotv10
01/11/2025
0

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

01/11/2025
BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

01/11/2025
Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

01/11/2025
Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

01/11/2025
Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

31/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ikindi Gihugu cyasinyanye n’u Rwanda amasezerano yo gukuraho Visa

Ikindi Gihugu cyasinyanye n’u Rwanda amasezerano yo gukuraho Visa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.