Friday, July 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

America yagaragaje ko iryamiye amajanja kugira icyo ikora igihe hakwaduka indi ntambara itutumba

radiotv10by radiotv10
13/08/2024
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
America yagaragaje ko iryamiye amajanja kugira icyo ikora igihe hakwaduka indi ntambara itutumba
Share on FacebookShare on Twitter

Igihugu cya Leta Zunze Ubumwe za America cyohereje abasirikare benshi mu burasirazuba bwo hagati bashobora kuzafasha Israel guhangana n’ibitero ishobora kugabwaho na Iran.

Guvernema ya Iran yavuze ko nta bwoba na bucye ifite nubwo iki Gihugu cy’Igihangange gishaka kwitambika umugambi wacyo wo kwihorera kuri Israel iherutse kwivugana uwari Umuyobozi Mukuru wa Hamas, akaba inshuti y’iki Gihugu cya Iran.

Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza Reuters bitangaza ko nubwo Leta Zunze Ubumwe za America yohereje abasirikare mu burasirazuba bwo hagati, yanasabye Turukiya n’ibindi Bihugu by’inshuti ya Iran kuyegera bikaganira ikisubiraho ku mugambi wo kugaba ibitero kuri Israel.

Ni ubusabe bwatanzwe na Ambasaderi wa USA muri Turukiya, Jeff Flake; avuga ko ibitero bya Iran kuri Israel bishobora kuzamura intambara ikaze mu burasirazuba bwo hagati.

Ati “Turasaba inshuti zacu zifitanye umubano mwiza na Iran by’umwihariko Turkia kureba uko bahendahenda Iran ikisubiraho ku mugambi wo kugaba ibitero kuri Israel.”

Ambasaderi Jeff Flake yasabye Turukiya ko muri ubu busabe, yakoresha imbaraga nk’izo yakoresheje igahuza USA n’u Burusiya bikarangira harekuwe imfungwa z’ibi Bihugu zari zaragiye zifatirwa na buri Gihugu.

Ati “Turukiya yagize uruhare rukomeye mu biganiro hagati ya USA n’u Burusiya byanatanze umusaruro kuko byatumye habaho guhanahana imfungwa ku mpunde zombi.”

Ni mu  gihe Iran yatangaje ko mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri yahamagawe n’Ibihugu by’ u Bufaransa, u Budage ndetse n’u Bwongereza biyisaba kwisubiraho mu mugambi wayo wo gutera Israel.

Olive YAMBABARIYE
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − 7 =

Previous Post

SittingVolleyball: Ikipe izahagararira u Rwanda mu mikino ihuriyemo n’amakipe akomeye ku Isi iravuga ko bitayikanga

Next Post

Ukraine nyuma yo kurwana yerekeza mu Burusiya yatangaje umusaruro ukomeye yagezeho

Related Posts

Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

by radiotv10
10/07/2025
0

Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), ubu akaba ari Umujyanama wa...

M23 yageneye ubutumwa Perezida wa Uganda ku cyemezo yafashe kikayinyura

M23 yageneye ubutumwa Perezida wa Uganda ku cyemezo yafashe kikayinyura

by radiotv10
10/07/2025
0

Ubuyobozi bwa AFC/M23 burashimira Perezida Yoweri Kaguta Museveni ku cyemezo yafashe cyo gufungura imipaka ihuza iki Gihugu cye na Repubulika...

IFOTO: Corneille Nangaa ukuriye AFC/M23 yahawe umugisha na Musenyeri

IFOTO: Corneille Nangaa ukuriye AFC/M23 yahawe umugisha na Musenyeri

by radiotv10
09/07/2025
0

Corneille Nangaa, Umuhuzabikorwa w’Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi buriho muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yitabiriye ibikorwa bya Kiliziya Gatulika...

Uwari Minisitiri muri Congo bwa mbere imbere y’Urukiko yahageze yakererewe

Uwari Minisitiri muri Congo bwa mbere imbere y’Urukiko yahageze yakererewe

by radiotv10
09/07/2025
0

Constant Mutamba wahoze ari Minisitiri w’Ubutabera muri Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ukurikiranyweho kunyereza miliyoni 19 USD yari...

Eng.-Nine of Tshisekedi’s family members including his wife face a legal complaint in Belgium

Eng.-Nine of Tshisekedi’s family members including his wife face a legal complaint in Belgium

by radiotv10
09/07/2025
0

In Brussels, Belgium, A lawsuit was filed against nine family members including the wife of the president of the Democratic...

IZIHERUKA

Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi
AMAHANGA

Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

by radiotv10
10/07/2025
0

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

10/07/2025
U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

Eng.-Rwanda donates 40 tons of food and medical supplies to support the people of Gaza

10/07/2025
M23 yageneye ubutumwa Perezida wa Uganda ku cyemezo yafashe kikayinyura

M23 yageneye ubutumwa Perezida wa Uganda ku cyemezo yafashe kikayinyura

10/07/2025
U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

10/07/2025
Three Arsenal WFC players visited Kigali Genocide Memorial

Three Arsenal WFC players visited Kigali Genocide Memorial

10/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ukraine nyuma yo kurwana yerekeza mu Burusiya yatangaje umusaruro ukomeye yagezeho

Ukraine nyuma yo kurwana yerekeza mu Burusiya yatangaje umusaruro ukomeye yagezeho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

Eng.-Rwanda donates 40 tons of food and medical supplies to support the people of Gaza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.