• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

America yahaye Congo ubutumwa bwumvikanamo igitsure ku ngingo yigometseho

radiotv10by radiotv10
17/05/2023
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
America yahaye Congo ubutumwa bwumvikanamo igitsure ku ngingo yigometseho
Share on FacebookShare on Twitter

Ambasaderi wa Leta Zunze Ubumwe za America muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Lucy Tamlyn; yahuye na Minisitiri w’Intebe Wungirije akaba na Minisitiri w’Ingabo, Jean-Pierre Bemba Gombo, yongera kwibutsa ko ari ngombwa ko hubahirizwa imyanzuro y’i Luanda n’i Nairobi, kandi ko Igihugu cye kizakora ibishoboka kugira ngo yubahirizwe.

Ni ibiganiro byabaye kuri uyu wa Kabiri tariki 16 Gicurasi 2023, byagarutse ku bibazo by’umutekano bimaze iminsi biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Uyu mudipolomate wa Leta Zunze Ubumwe za America, yahamije ko Igihugu cye cyifuza ko ibi bibazo bibonerwa umuti urambye.

Yagize ati “Twaganiriye ku bibazo by’umutekando muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Nakomeje gushimangira ubutumwa bw’Igihugu cyanjye. Ni ingenzi ko hubahirizwa amasezerano y’i Nairobi n’i Luanda. Turacyabihagazeho.”

Uyu mudipolomate wahoze ashinzwe ibikorwa muri Ambasade ya Leta Zunze Ubumwe za America i Khartoum muri Sudani, azi neza iby’ibibazo by’umutekano biri muri Afurika.

Yakomeje agira ati “Tuzakomeza dipolomasi yacu haba ku bufatanye bw’Ibihugu byacu byombi ndetse no ku rwego rusange ku buryo ariya masezerano azubahirizwa.”

Yakomeje agaruka ku mpande zose zivugwa muri ibi bibazo by’umutekano byibasiye Congo, ati “Turasaba impande zose kubahiriza imyanzuro n’amasezerano.”

Uyu mudipolomate w’Igihugu gikomeye, atangaje ibi byo gusaba impande zose zirebwa na biriya bibazo, kubahiriza imyanzuro yafashwe, mu gihe Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ari yo yakomeje kwinangira, ikarenga kuri iyi myanzuro.

Imyanzuro yose yafashwe, yasabaga Guverinoma ya Congo kugirana ibiganiro n’imitwe yose irimo na M23, ariko kugeza ubu iyi Guverinoma yakomeje gutsemba ko itazigera iganira n’uyu mutwe wo wamaze kurekura ibice wari warafashe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight − 2 =

Previous Post

Hari amakuru mashya ku by’umukinnyikazi wa Film watsindiye imodoka yari imaze iminsi irikoroza

Next Post

Hamenyekanye amakuru yo gukozanyaho hagati y’umutwe urwanya u Rwanda n’Ingabo z’u Burundi

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Next Post
Hamenyekanye amakuru yo gukozanyaho hagati y’umutwe urwanya u Rwanda n’Ingabo z’u Burundi

Hamenyekanye amakuru yo gukozanyaho hagati y’umutwe urwanya u Rwanda n’Ingabo z’u Burundi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.