Friday, June 6, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

America yatangaje ibyemeranyijweho hagati ya M23 na Congo inavugamo u Rwanda

radiotv10by radiotv10
05/07/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
1
America yatangaje ibyemeranyijweho hagati ya M23 na Congo inavugamo u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Leta Zunze Ubumwe za America yishimiye agahenge k’ibyumweru bibiri kemeranyijweho, kagamije koroshya ibikorwa by’ubutabazi mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ahamaze iminsi hari imirwano ihanganishije M23 na FARDC, inavuga uko byakiriwe n’u Rwanda na DRC.

Byatangajwe n’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri USA (White House) kuri uyu wa Kane tariki 04 Nyakanga 2024, byavuze ko aka gahenge k’ibyumweru bibiri kagomba gutangira saa sita z’ijoro kuri uyu wa Gatanu tariki 05 kakageza ku ya 19 Nyakanga 2024.

Ni nyuma y’uko mu mirwano imaze iminsi iba mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, yatumye abaturage barenga Miliyoni 1,7 bahunga ingo zabo, mu gihe kugeza ubu izi mvururu zimaze gutuma abavuye mu byabo mu Gihugu hose barenga miliyoni 7,2.

White House yatangaje ko aka gahenge kandi kanagamije gutuma abaturage bavuye mu byabo, babisubiramo mu mahoro kandi n’ibikorwa by’ubutabazi bahabwa bikorohera ababikora.

Mu itangazo ry’Umuvugizi w’Urwego rushinzwe Umutekano muri Leta Zunze Ubumwe za America, Adrienne Watson; yagize ati “Izamuka ry’imirwano muri Kivu ya Ruguru, ryakomye mu nkokora ibikorwa by’ubutabazi, bituma ababikora batagera ku baturage babarirwa mu bihumbi bari mu nkambi bacumbitsemo mu bice bya Kanyabayonga no ku bantu ibihumbi 100 bavuye mu byabo.”

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America byatangaje kandi ko “Guverinoma za DRC n’u Rwanda zishyigikiye ubu bwumvikane bugamije guha agahenge abaturage bugarijwe n’ibibazo, ndetse no gucururutsa izamuka ry’ibibazo bikomeje kuzamuka mu burasirazuba bwa DRC.”

Aka gahenge kemeranyijweho nyuma y’uko umutwe wa M23 ufashe ibindi bice mu Ntara ya Kivu ya Ruguru birimo Kanyabayonga, iherutse gufatwa n’uyu mutwe umaze imyaka ibiri mu mirwano na FARDC ifatanyamo n’umutwe wa FDLR ndetse n’ingabo za SADC n’iz’u Burundi.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Iradukunda Platine says:
    11 months ago

    Mwaramutse, twifurije amohoro y’imana abantu bose bari kugirwaho ingaruka n’iyo mirwano iri kubera muri Kongo y’uburasirazuba

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × two =

Previous Post

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Centrafrique zizihije umunsi wo Kwibohora zinagaragaza igisobanuro cyawo

Next Post

M23 yashyize hanze amakuru y’ubufatanye bushya bw’imitwe ikomeje gukora amarorerwa

Related Posts

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

by radiotv10
05/06/2025
0

Edgar Lungu wabaye Perezia wa Zambia, yitabye Imana ku myaka 68 y’amavuko, azize uburwayi aho yivurizaga muri Afurika y’Epfo. Amakuru...

Muri DRCongo hazamutse urujijo nyuma y’icyemezo cya Trump gihagarika abo mu Bihugu bimwe kujya muri America

Muri DRCongo hazamutse urujijo nyuma y’icyemezo cya Trump gihagarika abo mu Bihugu bimwe kujya muri America

by radiotv10
05/06/2025
0

Bamwe mu baturage bari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, babanje kugira urujijo ku itegeko ryasinywe na Perezida Donald Trump...

Menya Ibihugu bizagirwaho ingaruka n’itegeko ryasinywe na Perezida wa America birimo igituranye n’u Rwanda

Menya Ibihugu bizagirwaho ingaruka n’itegeko ryasinywe na Perezida wa America birimo igituranye n’u Rwanda

by radiotv10
05/06/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump yashyize umukono ku itegeko rikumira abaturage b’Ibihugu 12 kwinjira muri iki...

Congo: Icyemezo kibuza itangazamakuru kuvuga kuri Kabila cyatangiye guhagurukirwa

Congo: Icyemezo kibuza itangazamakuru kuvuga kuri Kabila cyatangiye guhagurukirwa

by radiotv10
05/06/2025
0

Bamwe mu banyapolitiki bo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’Imiryango iharanira iyubahirizwa ry’uburenganzira bwa muntu, baramagana icyemezo cyo kubuza...

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

by radiotv10
04/06/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko ryakiriye Umunyapolitiki Marcelin Cishambo wigeze kuba Guverineri w’Intara ya Kivu y’Epfo n’abandi banyapolitiki barimo abatavuga rumwe...

IZIHERUKA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel
MU RWANDA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

05/06/2025
Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

05/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 yashyize hanze amakuru y’ubufatanye bushya bw’imitwe ikomeje gukora amarorerwa

M23 yashyize hanze amakuru y’ubufatanye bushya bw’imitwe ikomeje gukora amarorerwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.