Saturday, January 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

America yatangaje ibyemeranyijweho hagati ya M23 na Congo inavugamo u Rwanda

radiotv10by radiotv10
05/07/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
1
America yatangaje ibyemeranyijweho hagati ya M23 na Congo inavugamo u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Leta Zunze Ubumwe za America yishimiye agahenge k’ibyumweru bibiri kemeranyijweho, kagamije koroshya ibikorwa by’ubutabazi mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ahamaze iminsi hari imirwano ihanganishije M23 na FARDC, inavuga uko byakiriwe n’u Rwanda na DRC.

Byatangajwe n’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri USA (White House) kuri uyu wa Kane tariki 04 Nyakanga 2024, byavuze ko aka gahenge k’ibyumweru bibiri kagomba gutangira saa sita z’ijoro kuri uyu wa Gatanu tariki 05 kakageza ku ya 19 Nyakanga 2024.

Ni nyuma y’uko mu mirwano imaze iminsi iba mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, yatumye abaturage barenga Miliyoni 1,7 bahunga ingo zabo, mu gihe kugeza ubu izi mvururu zimaze gutuma abavuye mu byabo mu Gihugu hose barenga miliyoni 7,2.

White House yatangaje ko aka gahenge kandi kanagamije gutuma abaturage bavuye mu byabo, babisubiramo mu mahoro kandi n’ibikorwa by’ubutabazi bahabwa bikorohera ababikora.

Mu itangazo ry’Umuvugizi w’Urwego rushinzwe Umutekano muri Leta Zunze Ubumwe za America, Adrienne Watson; yagize ati “Izamuka ry’imirwano muri Kivu ya Ruguru, ryakomye mu nkokora ibikorwa by’ubutabazi, bituma ababikora batagera ku baturage babarirwa mu bihumbi bari mu nkambi bacumbitsemo mu bice bya Kanyabayonga no ku bantu ibihumbi 100 bavuye mu byabo.”

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America byatangaje kandi ko “Guverinoma za DRC n’u Rwanda zishyigikiye ubu bwumvikane bugamije guha agahenge abaturage bugarijwe n’ibibazo, ndetse no gucururutsa izamuka ry’ibibazo bikomeje kuzamuka mu burasirazuba bwa DRC.”

Aka gahenge kemeranyijweho nyuma y’uko umutwe wa M23 ufashe ibindi bice mu Ntara ya Kivu ya Ruguru birimo Kanyabayonga, iherutse gufatwa n’uyu mutwe umaze imyaka ibiri mu mirwano na FARDC ifatanyamo n’umutwe wa FDLR ndetse n’ingabo za SADC n’iz’u Burundi.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Iradukunda Platine says:
    1 year ago

    Mwaramutse, twifurije amohoro y’imana abantu bose bari kugirwaho ingaruka n’iyo mirwano iri kubera muri Kongo y’uburasirazuba

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven + one =

Previous Post

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Centrafrique zizihije umunsi wo Kwibohora zinagaragaza igisobanuro cyawo

Next Post

M23 yashyize hanze amakuru y’ubufatanye bushya bw’imitwe ikomeje gukora amarorerwa

Related Posts

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

by radiotv10
02/01/2026
0

Evans Eshun, uzwi ku izina rya Ebo Noah, wiyita umuhanuzi wo muri Ghana, yatawe muri yombi na Polisi y’iki Gihugu...

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

by radiotv10
01/01/2026
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, mu ijambo rye risoza umwaka, yongeye gushinja u Rwanda ibinyoma ko rufite uruhare mu bibazo...

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

by radiotv10
31/12/2025
0

Igihugu cya Mali n’icya Burkina Faso, byashyize hanze amatangazo y’ibyemezo bishobora gufata byo kwihimura kuri Leta Zunze Ubumwe za America...

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

by radiotv10
30/12/2025
0

Abayobozi bakuru b’Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Umugaba Mukuru w’Ingabo zaryo, Gen Sultani...

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

by radiotv10
30/12/2025
0

Maj Gen Sultani Makenga, Umugaba Mukuru w’Ingabo za AFC/M23, yibukije abagize iri huriro ko batagomba kumva ko intambara yo kurandura...

IZIHERUKA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure
MU RWANDA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

02/01/2026
Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

02/01/2026
Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

02/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 yashyize hanze amakuru y’ubufatanye bushya bw’imitwe ikomeje gukora amarorerwa

M23 yashyize hanze amakuru y’ubufatanye bushya bw’imitwe ikomeje gukora amarorerwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.