Saturday, November 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Andi makuru yamenyekanye ku bantu b’umuryango umwe basanze bapfuye nyuma yo gucumbikira abandi

radiotv10by radiotv10
16/05/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu babiri bari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’umukecuru n’umwana we bo mu Murenge wa Ndora mu Karere ka Gisagara, babonetse bapfuye nyuma yo gucumbikira abantu babiri.

Aba bantu bishwe ku wa Gatanu w’icyumweru gishize tariki 12 Gicurasi 2023, bicirwa aho bari batuye mu Mudugudu wa Sagahungu mu Kagari ka Cyamukuza mu Murenge wa Ndora.

Abishwe ni; Nyirabavakure Vestine w’imyaka 65 ndetse n’umwana we w’umuhungu witwa Tuyihorane Jean w’imyaka 21 y’amavuko.

Bishwe nyuma yuko bacumbikiye abantu babiri barimo uwitwa Habimana Jean Felix wari usanzwe afitanye isano na ba nyakwigendera dore ko uriya mukecuru Vestine yari amubereye Nyina wabo.

Ubwo abo bantu babiri bararaga kwa nyakwigendera, abaturanyi bwacyeye basanga Vestine n’umwana we bapfuye, mu gihe abo bari bacumbikiye bari bamaze kugenda.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwahise rutangira iperereza, rwataye muri yombi abantu babiri ari bo; Habimana Jean Felix ndetse na Hagenimana Candida, ubu bacumbikiwe kuri Sitasiyo za RIB ebyiri zitandukanye mu Mujyi wa Kigali; iya Kicukiro n’iya Kacyiru.

Habimana Jean Felix akurikiranyweho kuba ari we wishe ba nyakwigendera, mu gihe Hagenimana Candida akekwaho kuba ari we wabimutumye.

 

Harakekwa imitungo

Amakuru avuga ko ukekwaho kwica ba nyakwigendera, yabahoye kuba baratumaga atabona umugabane ku isamu ya Sekuru.

Ni amakuru kandi anagarukwaho n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Ndora, Nsanzimana Theogene wavuze ko Habimana yari asanzwe afitanye isano na nyakwigendera Vestine.

Nyakwigendera Vestine kandi yari yacumbikiye abarimo uyu Habimana, ari na bwo nyuma baje gusanga uriya mukecuru yapfuye n’umuhugu we.

Uyu muyobozi w’Umurenge avuga ko ifatwa rya bariya bantu babiri bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rwa ba nyakwigendera, ryagezweho kuko hariho gahunda yo gukangurira abaturage kujya bandika imyirondoro y’abantu babasura.

Yasabye abandi baturage kujya bashyira mu bikorwa iyi gahunda, bakandika abaturage babasuye bakarara, no kubamenyekanisha ku nzego z’ibanze.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 5 =

Previous Post

Ibyo Yolo The Queen yakoreye abakomeje kumugirira amashyushyu ntawabikekaga

Next Post

Bitunguranye Adil yahise avuga ku kirego yarezemo APR cyatewe ishoti na FIFA

Related Posts

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
08/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu Mirenge ya Muyira na Kigoma mu karere ka Nyanza bavuga ko hashize umwaka urenga babariwe agaciro...

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

by radiotv10
08/11/2025
0

Umwarimukazi wigisha mu Rwunge rw’Amashuri rwa Kibare I rwo mu Murenge wa Mugesera mu Karere ka Ngoma, wafashwe yahishe akadishi...

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

by radiotv10
08/11/2025
0

Nteziryimana Alfred w’imyaka 70 wari utuye mu mudugudu wa Rwahi mu kagari ka Gatsiro mu murenge wa Gihundwe yasanzwe mu...

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

by radiotv10
07/11/2025
0

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Felix Namuhoranye, yifashishije ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamuhamagaye kuri telefone saa cyenda z’ijoro, yavuze...

Ngoma: Inyubako z’Akarere bakoreramo ngo na bo ubwabo zibatera isoni

Ngoma: Inyubako z’Akarere bakoreramo ngo na bo ubwabo zibatera isoni

by radiotv10
07/11/2025
0

Abafite ibikorwa by’ubucuruzi mu Murenge wa Kibungo bakorera mu nzu z’Akarere kabo ka Ngoma, bavuga ko zisa nabi, ku buryo...

IZIHERUKA

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere
IMIBEREHO MYIZA

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
08/11/2025
0

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

08/11/2025
Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

08/11/2025
Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

07/11/2025
Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

07/11/2025
Umunyamakuru wa siporo uzwi mu Rwanda wasezeye igitangazamakuru yakoreraga hamenyakenye aho yerecyeje

Umunyamakuru wa siporo uzwi mu Rwanda wasezeye igitangazamakuru yakoreraga hamenyakenye aho yerecyeje

07/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Bitunguranye Adil yahise avuga ku kirego yarezemo APR cyatewe ishoti na FIFA

Bitunguranye Adil yahise avuga ku kirego yarezemo APR cyatewe ishoti na FIFA

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.