Friday, June 6, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Andi makuru yamenyekanye ku bantu b’umuryango umwe basanze bapfuye nyuma yo gucumbikira abandi

radiotv10by radiotv10
16/05/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu babiri bari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’umukecuru n’umwana we bo mu Murenge wa Ndora mu Karere ka Gisagara, babonetse bapfuye nyuma yo gucumbikira abantu babiri.

Aba bantu bishwe ku wa Gatanu w’icyumweru gishize tariki 12 Gicurasi 2023, bicirwa aho bari batuye mu Mudugudu wa Sagahungu mu Kagari ka Cyamukuza mu Murenge wa Ndora.

Abishwe ni; Nyirabavakure Vestine w’imyaka 65 ndetse n’umwana we w’umuhungu witwa Tuyihorane Jean w’imyaka 21 y’amavuko.

Bishwe nyuma yuko bacumbikiye abantu babiri barimo uwitwa Habimana Jean Felix wari usanzwe afitanye isano na ba nyakwigendera dore ko uriya mukecuru Vestine yari amubereye Nyina wabo.

Ubwo abo bantu babiri bararaga kwa nyakwigendera, abaturanyi bwacyeye basanga Vestine n’umwana we bapfuye, mu gihe abo bari bacumbikiye bari bamaze kugenda.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwahise rutangira iperereza, rwataye muri yombi abantu babiri ari bo; Habimana Jean Felix ndetse na Hagenimana Candida, ubu bacumbikiwe kuri Sitasiyo za RIB ebyiri zitandukanye mu Mujyi wa Kigali; iya Kicukiro n’iya Kacyiru.

Habimana Jean Felix akurikiranyweho kuba ari we wishe ba nyakwigendera, mu gihe Hagenimana Candida akekwaho kuba ari we wabimutumye.

 

Harakekwa imitungo

Amakuru avuga ko ukekwaho kwica ba nyakwigendera, yabahoye kuba baratumaga atabona umugabane ku isamu ya Sekuru.

Ni amakuru kandi anagarukwaho n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Ndora, Nsanzimana Theogene wavuze ko Habimana yari asanzwe afitanye isano na nyakwigendera Vestine.

Nyakwigendera Vestine kandi yari yacumbikiye abarimo uyu Habimana, ari na bwo nyuma baje gusanga uriya mukecuru yapfuye n’umuhugu we.

Uyu muyobozi w’Umurenge avuga ko ifatwa rya bariya bantu babiri bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rwa ba nyakwigendera, ryagezweho kuko hariho gahunda yo gukangurira abaturage kujya bandika imyirondoro y’abantu babasura.

Yasabye abandi baturage kujya bashyira mu bikorwa iyi gahunda, bakandika abaturage babasuye bakarara, no kubamenyekanisha ku nzego z’ibanze.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × three =

Previous Post

Ibyo Yolo The Queen yakoreye abakomeje kumugirira amashyushyu ntawabikekaga

Next Post

Bitunguranye Adil yahise avuga ku kirego yarezemo APR cyatewe ishoti na FIFA

Related Posts

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

Abari bakoresheje amayeri adasanzwe ngo babone uko bakwirakwiza urumogi batahuwe batarabigeraho

Abari bakoresheje amayeri adasanzwe ngo babone uko bakwirakwiza urumogi batahuwe batarabigeraho

by radiotv10
05/06/2025
0

Abagabo babiri bafatiwe mu Murenge wa Kanyinya mu Karere ka Nyarugenge bafite ibilo 36 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi bari bahishe mu ipine...

IZIHERUKA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel
MU RWANDA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

05/06/2025
Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

05/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Bitunguranye Adil yahise avuga ku kirego yarezemo APR cyatewe ishoti na FIFA

Bitunguranye Adil yahise avuga ku kirego yarezemo APR cyatewe ishoti na FIFA

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.