Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Andi mukuru hagati y’umuhanzi nyarwanda n’umukobwa bakanyujijeho mu rukundo ubu badacana uwaka

radiotv10by radiotv10
26/06/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
1
Andi mukuru hagati y’umuhanzi nyarwanda n’umukobwa bakanyujijeho mu rukundo ubu badacana uwaka
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi akaba n’umunyamakuru Nyarwaya Innocent uzwi nka Yago, ndetse na Munezero Rosine uzwi nka Dabijou ku mbuga nkoranyambaga, bamaze iminsi bavugwaho kutajya imbizi, ubu byamenyekanye ko umwe yiyambaje RIB.

Ibibazo byakunze kuvugwa hagati ya Yago Pon Dat na Bijou Dabijou, biherutse no gutaramanwaho ku rubuga nkoranyambaga rwa X, mu bizwi nka Space, aho umwe mu baziranye n’aba bombi, yavuze ko bigeze gukundana bigashyira cyera, bakaza gushwana, bafite ibyo bapfa, ariko akavuga ko byaturutse ku buhemu bw’umwe muri bo.

Abakurikiranira hafi iby’iki kibazo, bemeza kandi ko Dabijou yamaze gutanga ikirego mu Rwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, ahanagiye hanze kopi y’inyandiko ikubiyemo ikirego cye cyatanzwe tariki 03 Kamena 2024.

Muri iki kirego, Dabijou atangira asobanura ko yakundanye na Yago mu gihe kingana n’umwaka n’amezi ane, ariko nyuma y’uko batandukanye, uyu musore yagiye amwoherereza ubutumwa amushyiraho ibikangisho, anamubwira amagambo y’ibitutsi.

Ati “Arongera yohereza voice ndende ambwira ngo nintamushyira hasi aramena umutwe n’ibindi biri muri message yohereje.”

Muri iki kirego, Dabijou akomeza agira ati “Ibyo byaje biherecyejwe n’amafoto yanjye y’ubwambure bwanjye n’ibindi yamfashe mu gihe twari tugikundanye ariko abifata mu buryo ntazi ntigeze menya.”

Arongera ati “Yambwiye ko ninkora irindi kosa rimwe ndi burwane n’ubwambure bwanjye, yongeraho ati ‘abana wajyanye Nigeria bose basaze’ byose ngo arabizi nk’uko abivuga muri voice.”

Uyu mukobwa akomeza asaba Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, kumurenganura no gukurikirana uyu musore ku bw’amashusho y’urukozasoni yamufashe.

RADIOTV10

Comments 1

  1. kevi kiiz says:
    2 years ago

    yago ararengana

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 4 =

Previous Post

Kapiteni w’ikipe ikomeye uyimazemo imyaka 26 yatangaje ibyatunguranye

Next Post

Hatangajwe ibihano biremereye byakatiwe abasirikare b’u Burundi banze kujya muri Congo gufasha FARDC

Related Posts

How social media Is Changing the Meaning of Fame

How social media Is Changing the Meaning of Fame

by radiotv10
19/01/2026
0

Fame used to be rare. It was reserved for movie stars, musicians, athletes, and public figures who gained recognition through...

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

by radiotv10
19/01/2026
0

Abahanzi Bruce Melodie na The Ben baherutse guhurira mu gitaramo kimwe cyatangije umwaka wa 2026, byamaze kwemezwa ko bagiye gukora...

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

by radiotv10
16/01/2026
0

Umunyamakuru Angelibert Mutabaruka uzwi nka Angeli Mutabaruka yavuze igihe yahuriye bwa mbere na KNC batangiye bakorana bombi ari abanyamakuru, nyuma...

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuririmbyi w’indirimbo z’Imana, Uwiringiyimana Théogène wamamaye nka ‘Theo Bosebabireba’ yavuze ko abamututse ko yagaragaye aririmba indirimbo ‘Pom Pom’ bamuhoye ubusa...

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

by radiotv10
15/01/2026
0

Umuhanzikazi Bwiza Emerance avuga ko yatunguwe no kumva amakuru y’uko yafatiwe irembo n’umusore bamaze igihe bakundana ndetse bitegura kurushinga, ahamya...

IZIHERUKA

How social media Is Changing the Meaning of Fame
IMYIDAGADURO

How social media Is Changing the Meaning of Fame

by radiotv10
19/01/2026
0

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe ibihano biremereye byakatiwe abasirikare b’u Burundi banze kujya muri Congo gufasha FARDC

Hatangajwe ibihano biremereye byakatiwe abasirikare b’u Burundi banze kujya muri Congo gufasha FARDC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

How social media Is Changing the Meaning of Fame

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.