Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

APR izagera ite mu Maroc yahagaritse ingendo?…Ubuyobozi bwa APR bwagize icyo bubivugaho

radiotv10by radiotv10
29/11/2021
in SIPORO
0
APR izagera ite mu Maroc yahagaritse ingendo?…Ubuyobozi bwa APR bwagize icyo bubivugaho
Share on FacebookShare on Twitter

Ubwami bwa Maroc bwahagaritse ingendo zerecyeza n’iziva muri iki Gihugu mu rwego rwo gukumira ubwoko bushya bwa COVID-19 bukomeje guca ibintu mu bihugu binyuranye mu gihe Ikipe y’Ingabo z’u Rwanda yagombaga kujyayo mu kwitegura umukino wo kwishyura ifitanye na RS Berkana.

Iki cyemezo cy’Ubwami bwa Maroc cyafashwe kuri iki Cyumweru tariki 28 Ugushyingo 2021, bwatangaje ko buhagaritse ingendo z’indege zose zerekeza muri iki gihugu mu rwego rwo kwirinda ikwirakwizwa ry’ubwandu bushya wa bwa Coronavirus bwise Omicron.

Perezida wa APR FC, Lt Gen Mubarakh Muganga yatangaje ko iyi kipe itegereje ko bayimenyesha aho bazakinira.

Ibi bibaye mu gihe APR FC yagombaga guhaguruka kuri uyu wa Mbere yerekeza muri Maroc gukina umukino wo kwishyura na RS Berkana mu mikino wo kwishyura ya CAF Confédération Cup.

Aganira n’urubuga rw’iyi kipe Perezida wa APR FC, Lt Gen Mubarakh Muganga yavuze ko iyi kipe y’ingabo z’igihugu itegereje ko RS Berkana nk’ikipe izakira uyu mukino izabamenyesha aho uzabera.

Ati “Ubuyobozi bwa APR FC butegereje ko R.S Berkane itumenyesha aho tuzakinira maze Abakinnyi bacu bagakomeza kwerekana icyo bashoboye. Umukoro ni uwa RS Berkane na leta yabo.”

Lt Gen Mubarakh Muganga avuga ko RS Berkane na leta yabo ari bo bagomba kugira icyo bakora

Umukino wo kwishyura wa APR FC wari uteganyijwe ku Cyumweru tariki ya 05 Ukuboza 2021, muri Maroco.

Hari amakuru avuga ko Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku mugabane w’Afrika CAF yatangiye kugirana ibiganiro n’Ubwami bwa Maroc kugira ngo uyu mukino uzahabere ndetse n’ikipe ya APR FC yemererwe kujya muri buriya bwami.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − eight =

Previous Post

DRCongo: Inkambi yagabwemo igitero kigahitana abantu 29 yagabwemo ikindi cyaguyemo 22

Next Post

Madamu wa Perezida Ndayishimiye, Angeline yacyeje Mme J.Kagame ku bw’Umuryango Imbuto Foundation

Related Posts

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

by radiotv10
21/01/2026
0

Perezida w’Inzibacyuho wa Rayon Sports, Murenzi Abdallah yahumurije abakunzi b’iyi kipe bamaze kwiheba ko batakiri mu makipe ahatanira igikombe cya...

Menya ibihembo bitubutse byahawe abakinnyi ba Senegal nyuma yo kwegukana Igikombe cya Afurika

Menya ibihembo bitubutse byahawe abakinnyi ba Senegal nyuma yo kwegukana Igikombe cya Afurika

by radiotv10
21/01/2026
0

Perezida wa Senegal, Bassirou Diomaye yakiriye ikipe y’iki Gihugu nyuma yo kwegukana Igikombe cya Afurika, ayigenera ibihembo binyuranye, birimo agashimwe...

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

by radiotv10
20/01/2026
0

Umukinnyi wa Real Madrid n'Ikipe y'Igihugu ya Maroc, Brahim Diaz wahushije penalitiki ku mukino wa nyuma w'Igikombe cya Afurika, yanditse...

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

by radiotv10
20/01/2026
0

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryemeje ko igitego cyanzwe cya APR FC mu mukino wayihuje na El Merrikh SC,...

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

by radiotv10
19/01/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko Umutoza mukuru w’iyi Kipe, Bruno Ferry yapfushije umubyeyi we Jean Pierre Ferry, nyuma y'iminsi...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Madamu wa Perezida Ndayishimiye, Angeline yacyeje Mme J.Kagame ku bw’Umuryango Imbuto Foundation

Madamu wa Perezida Ndayishimiye, Angeline yacyeje Mme J.Kagame ku bw’Umuryango Imbuto Foundation

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.