Sunday, May 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

APR izagera ite mu Maroc yahagaritse ingendo?…Ubuyobozi bwa APR bwagize icyo bubivugaho

radiotv10by radiotv10
29/11/2021
in SIPORO
0
APR izagera ite mu Maroc yahagaritse ingendo?…Ubuyobozi bwa APR bwagize icyo bubivugaho
Share on FacebookShare on Twitter

Ubwami bwa Maroc bwahagaritse ingendo zerecyeza n’iziva muri iki Gihugu mu rwego rwo gukumira ubwoko bushya bwa COVID-19 bukomeje guca ibintu mu bihugu binyuranye mu gihe Ikipe y’Ingabo z’u Rwanda yagombaga kujyayo mu kwitegura umukino wo kwishyura ifitanye na RS Berkana.

Iki cyemezo cy’Ubwami bwa Maroc cyafashwe kuri iki Cyumweru tariki 28 Ugushyingo 2021, bwatangaje ko buhagaritse ingendo z’indege zose zerekeza muri iki gihugu mu rwego rwo kwirinda ikwirakwizwa ry’ubwandu bushya wa bwa Coronavirus bwise Omicron.

Perezida wa APR FC, Lt Gen Mubarakh Muganga yatangaje ko iyi kipe itegereje ko bayimenyesha aho bazakinira.

Ibi bibaye mu gihe APR FC yagombaga guhaguruka kuri uyu wa Mbere yerekeza muri Maroc gukina umukino wo kwishyura na RS Berkana mu mikino wo kwishyura ya CAF Confédération Cup.

Aganira n’urubuga rw’iyi kipe Perezida wa APR FC, Lt Gen Mubarakh Muganga yavuze ko iyi kipe y’ingabo z’igihugu itegereje ko RS Berkana nk’ikipe izakira uyu mukino izabamenyesha aho uzabera.

Ati “Ubuyobozi bwa APR FC butegereje ko R.S Berkane itumenyesha aho tuzakinira maze Abakinnyi bacu bagakomeza kwerekana icyo bashoboye. Umukoro ni uwa RS Berkane na leta yabo.”

Lt Gen Mubarakh Muganga avuga ko RS Berkane na leta yabo ari bo bagomba kugira icyo bakora

Umukino wo kwishyura wa APR FC wari uteganyijwe ku Cyumweru tariki ya 05 Ukuboza 2021, muri Maroco.

Hari amakuru avuga ko Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku mugabane w’Afrika CAF yatangiye kugirana ibiganiro n’Ubwami bwa Maroc kugira ngo uyu mukino uzahabere ndetse n’ikipe ya APR FC yemererwe kujya muri buriya bwami.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − one =

Previous Post

DRCongo: Inkambi yagabwemo igitero kigahitana abantu 29 yagabwemo ikindi cyaguyemo 22

Next Post

Madamu wa Perezida Ndayishimiye, Angeline yacyeje Mme J.Kagame ku bw’Umuryango Imbuto Foundation

Related Posts

Amakipe y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 18 na 20 avanye ibikombe mu irushanwa ryaberaga Ethiopia

Amakipe y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 18 na 20 avanye ibikombe mu irushanwa ryaberaga Ethiopia

by radiotv10
09/05/2026
0

Amakipe y’igihugu y’u Rwanda ya Handball mu ngimbi y'abatarengeje imyaka 18 ndetse no mu batarengeje imyaka 20, yegukanye ibikombe mu...

Uko imikino ya RDF Liberation Cup yagenze mu Ntara y’Amajyepfo

Uko imikino ya RDF Liberation Cup yagenze mu Ntara y’Amajyepfo

by radiotv10
08/05/2026
0

Mu mikino ya RDF Liberation Cup mu Ntara y'Amajyepfo, ikipe ya Diviziyo ya 4, yongeye kwitwara neza, itsinda ikipe ya...

Umwe mu bakinnyi babiri bakinana mu ikipe imwe bavugwaho ubushyamirane yabitanzeho umucyo

Umwe mu bakinnyi babiri bakinana mu ikipe imwe bavugwaho ubushyamirane yabitanzeho umucyo

by radiotv10
08/05/2026
0

Umukinnyi Federico Valverde wa Real Madrid yashyize hanze ubutumwa burebure asobanura amakuru amaze iminsi avugwa ku kutumvikana ndetse no gushyamirana...

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Arsenal nyuma yo gusezerera R.Madrid iyisubiriye

Perezida Kagame yishimiye kuba Arsenal yageze kuri final ya UEFA Champions League

by radiotv10
06/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yishimiye umukino wo kwishyura wa 1/2 cy’irangiza cy’igikombe cya UEFA Champions League, wahuje amakipe abiri yamamaza Visit...

Amakipe y’u Rwanda muri Handball yageze muri 1/2 mu mikino y’akarere

Amakipe y’u Rwanda muri Handball yageze muri 1/2 mu mikino y’akarere

by radiotv10
06/05/2026
0

I Addis Ababa muri Ethiopia hasojwe imikino y'amatsinda y'irushanwa IHF Trophy/Zone 5 mu mukino wa Handaball, aho amakipe y'u Rwanda...

IZIHERUKA

Amakipe y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 18 na 20 avanye ibikombe mu irushanwa ryaberaga Ethiopia
SIPORO

Amakipe y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 18 na 20 avanye ibikombe mu irushanwa ryaberaga Ethiopia

by radiotv10
09/05/2026
0

Uwari Umudipolomate w’u Rwanda yahamijwe n’urukiko muri America gukorera ihohotera rishingiye ku gitsina uwimenyerezaga umwuga

Uwari Umudipolomate w’u Rwanda yahamijwe n’urukiko muri America gukorera ihohotera rishingiye ku gitsina uwimenyerezaga umwuga

09/05/2026
Gisagara: Basaba inzego kugira icyo zikora ku wo babona uwigize nk’ikihebe ubarembeje

Gisagara: Basaba inzego kugira icyo zikora ku wo babona uwigize nk’ikihebe ubarembeje

09/05/2026
Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi

Ibaruwa y’umwarimu ushinja Diregiteri w’ishuri kumukubitira imbere ya bagenzi be

08/05/2026
Minisitiri Dr.Utumatwishima yanenze uwamenyekanye mu myidagaduro mu Rwanda watangaje ibinyoma byibasira Ubuyobozi

Uko Minisitiri Utumatwishima yakiranuye impaka zazamukiye ku mushinga w’umwe mu rubyiruko wagize imbogamizi

08/05/2026
The Reality of Modern Dating Among Young People in Rwanda

The Reality of Modern Dating Among Young People in Rwanda

08/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Madamu wa Perezida Ndayishimiye, Angeline yacyeje Mme J.Kagame ku bw’Umuryango Imbuto Foundation

Madamu wa Perezida Ndayishimiye, Angeline yacyeje Mme J.Kagame ku bw’Umuryango Imbuto Foundation

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakipe y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 18 na 20 avanye ibikombe mu irushanwa ryaberaga Ethiopia

Uwari Umudipolomate w’u Rwanda yahamijwe n’urukiko muri America gukorera ihohotera rishingiye ku gitsina uwimenyerezaga umwuga

Gisagara: Basaba inzego kugira icyo zikora ku wo babona uwigize nk’ikihebe ubarembeje

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.