Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Arasaba ubutabera nyuma yo gucikira amaguru mu kirombe nyiracyo akaryumaho

radiotv10by radiotv10
05/08/2021
in MU RWANDA
0
Arasaba ubutabera nyuma yo gucikira amaguru mu kirombe nyiracyo akaryumaho
Share on FacebookShare on Twitter

Hari umuturage utuye mu murenge wa Kimironko akagari ka Zindiro ukomeje gusaba ubuvugizi bwo kubona inyishyu, nyuma y’uko acikiye amaguru yombi mu kirombe akaba yaragombaga kuvuzwa na nyiracyo ariko imyaka yirenze ari itandandatu ntacyo aramufasha.

Ubuyobozi bw’uyu murenge buvuga ko bugiye kumwegera bukamufasha gukurikirana ikibazo cye kandi bwizeye ko kizacyemuka.

Mu kwezi gushize nibwo Radio TV10 yakoze inkuru isabira ubuvugizi uwitwa Maniragaba Prince utuye mu murengo wa Kimironko akagari ka Zindiro ahazwi nko kwa Mushimire wahuye n’impanuka agwirwa n’amabuye agacikiramo amaguru yose  ubwo yari mu kirombe cy’uwitwa Nsanzimana Phillipe, ikiguzi cy’ubuvuzi bwahawe uyu Maniragaba Prince cyagombaga gutangwa n’uyu nyiri iki kirombe ariko ngo kuva icyo gihe ntiyongeye kumwikoza dore ko  imyaka yirenze ari itandatu nta no kumuvugisha nk’uko abivuga.

“Mu 2015 nakoze impanuka ubwo twacukuraga amabuye ariko nyiri kirombe yagombaga kumfasha nk’uko byari mu masezerano y’akazi ariko kuva icyo gihe….uyu mugabo ndamuhamagara ntafate telefoni, turahura akanyirengagiza mbese byaranyobeye ubu ubuzima bwarancanze. Kurya bisaba kujya gusabiriza, noneho ubu inzara iranuma”

Image

Maniragaba Prince yagwiriwe n’ikirombe acika amaguru yombi

Twagerageje kuvugisha uyu Nsanzimana incuro nyinshi ngo tumubaze icyo atekereza kuri uyu Maniragaba ariko ntitwigeze tumubona  dore ko nta na rimwe yigeze afata telefoni. Ibi byatumye twongera kuvugisha ubuyobozi bw’uyu murenge wa Kimironko nabwo  tutari twanawubonye ubwo twakoraga inkuru bwa mbere akaba ariho uyu Maniragaba atuye.

Kuri ubu ubuyobozi bw’uyu murenge bwadusubije ko bugiye kumufasha gukurikirana ikibazo cye kandi bwizeye ko kizacyemuka, gusa hagati aho nk’umuturage wabo bamusabye kwegera ubuyobozi b’umurenge bukamuha ubufasha bw’ibanze.

Umuhoza Rwabukumba Mado, umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Kimironko amugira inama yo kugana inkiko.

“Mu by’ukuri icyo kibazo ntacyo twari tuzi gusa ubwo tukimenye tugiye kugikurikirana. Hagati aho ariko niba yarirengagijwe n’uwagombaga kumufasha kandi biri mu masezerano akwiye kugana inkiko, we azatwegere tumufashe kandi nizeye ko ikibazo cye tuzagiha umurongo”

Image

Maniragaba Prince akeneye ubutabera agafashwa n’uwari umukoresha we ataramugara

Maniragaba Prince avuga ko yahuye n’iyi mpanuka mu ubwo yari afite imyaka 19 none kuri ubu afite 25 ni ukuvuga ko kuri amaze imyaka itandatu yirengagizwa n’uwakagombye kumufasha.

Maniragaba avuga ko imibereho ye ihagaze nabi bitewe n’uko yari atunzwe no gusabiriza ku muhanda aho yabashaga kubonamo icyo kurya n’amafaranga yo kwishyura inzu, none kuri ubu aho leta yaciriye umuco wo gusabiriza imibereho ye yasubiye irudubi.

Inkuru ya: Olivier TUYISENGE/RadioTV10 Rwanda

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − 13 =

Previous Post

Inteko ishingamategeko yagaragaje icyababereye intambamyi mu kwegera abaturage mu gihembwe cya 3

Next Post

Tanzania: Abashyigikiye abatavuga rumwe n’ubutegetsi bakomeje imyigaragambyo

Related Posts

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

by radiotv10
30/01/2026
0

The Ministry of Education in partnership with MTN Rwanda, today officially launched the Digital Skills for Digital Jobs (DSDJ) initiative,...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

by radiotv10
30/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu batatu barimo Barafinda Sekikubo Fred wigeze kwiyita Umunyapolitiki w’akataraboneka, akanajya kuri Komisiyo y’Amatora avuga ko...

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida w’Inama y’Abaminisitiri ya Togo, Faure Essozimna Gnassingbé wanahawe inshingano na Afurika Yunze Ubumwe z’ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo...

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

IZIHERUKA

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce
MU RWANDA

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

by radiotv10
30/01/2026
0

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

30/01/2026
Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

30/01/2026
Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

29/01/2026
Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Tanzania: Abashyigikiye abatavuga rumwe n’ubutegetsi bakomeje imyigaragambyo

Tanzania: Abashyigikiye abatavuga rumwe n’ubutegetsi bakomeje imyigaragambyo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.