Thursday, December 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Arashinjwa n’abaturage kwitwaza icyubahiro n’ububasha akubaka mu muhanda rwagati bihangiye

radiotv10by radiotv10
12/01/2022
in MU RWANDA
0
Arashinjwa n’abaturage kwitwaza icyubahiro n’ububasha akubaka mu muhanda rwagati bihangiye
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage bo mu Mudugudu wa Karukogo mu Kagari ka Rukoko mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka Rubavu barashinja uwigeze kuyobora amatora mu Karere akaba ari na Chairman wa RPF-Inkotanyi mu Murenge, kwitwaza ubu bubasha n’icyubahiro akubaka mu muhanda rwagati kandi ari bo bawihangiye.

Uyu muhanda wavaga mu masangano ya santere ya Karukogo werecyeza ku isoko rya Rukoko, wari wahanzwe n’abaturage mu muganda bari bakoze bavuga ko bashaka kujya bawifashisha kugira ngo babashe kujya mu isoko no kuhageza umusaruro wabo.

Bavuga ko batunguwe no kubona umugabo witwa Kibata Djuma yaraje agahita awuterekamo inzu ikambukiranya uyu muhanda wari usanzwe ari nyabagendwa none ubu ukaba ugabanywamo kabiri n’inzu y’uyu muturage.

Aba baturage bashinja uyu Kibata kwitwaza icyubahiro n’ububasha afite, bavuga ko babibonye ariko bakaruca bakarumira kuko uyu mugabo akomeye kuko yigeze kuba akuriye amatora mu Karere ka Rubavu akaba yarabaye na Chairman w’Umuryango RPF-Inkotanyi mu Murenge wa Gisenyi akaba afite n’umuhungu ukora mu Karere mu ishami rishinzwe ubutaka.

Umwe muri aba baturage wavugaga ubona asa nk’ufite igihunga yagize ati “None se ko akuriye FPR mu Murenge wa Gisenyi, urumva ntacyo yitwaje? Kandi yari afite n’umuhungu ukomeye ukora mu Karere.”

Undi muturage yagize ati “Kuba akomeye ariko ntabwo yabuza uburenganzira bw’undi muntu. Nakore muri Leta ibimureba natwe aduhe uburenganzira bwacu nk’abantu baturiye aha.”

Aba baturage bavuga ko uyu muhanda wari nyabagendwa ndetse unagendamo imodoka, ubu nta muntu ukihanyura kuko byaba bisa no kuvogera inzu y’abandi.

Umuturage ati “Imodoka ntibona aho inyura, Moto ntibona aho inyura n’abagendesha ibirenge na bo ntibakibona aho banyura.”

Aba baturage basaba ko iyi nzu isenywa kugira ngo na bo babone uburenganzira bwabo kuko uburenganzira bw’umuntu umwe butabangamira ubwa benshi.

Kibata we avuga ko ibivugwa n’aba baturage ari amatiku

 

Ni amatiku!

Kibata Djuma ushinjwa n’abaturage kububakira mu muhanda, avuga ko ibitangazwa n’aba banyarwanda ari amatiku.

Ati “Nta shingiro na rimwe bafite. Nta muhanda wigeze uba hariya.”

Kibata Djuma uvuga ko ikibanza yubatsemo iyi nzu, yagihawe na Njyanama mu myaka yatambutse icyakora ntavuge umwaka uwo ari wo gusa akavuga ko yagihawe mu buryo bwemewe n’amategeko.

Ati “Ibyo bavuga ngo nitwaje imyanya nari mfite, nayoboye amatora imyaka 11 muri Rubavu, urumva nari umuyobozi w’amatora ntabwo nari umuyobozi w’urwego urwo ari rwo rwose. Aho ndi muri Gisenyi ndi Chairman wa RPF kandi ntabwo Umuryango ubereyeho guhutaza abaturage.”

Icyakora avuga ko mu gihe Leta yabona ko aho yubatse iyi nzu ye hakwiye umuhanda, yagurirwa na Leta ubundi hagashyirwa icyo gikorwa remezo.

Inzu yahise ifunga umuhanda wari usanzwe ari nyabagendwa

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × one =

Previous Post

Abantu 100 b’Iburasirazuba bafashwe bashaka guhunga kubera kwanga kwikingiza barimo abashakaga kujya Uganda

Next Post

Abantu 16 bapfuye bahiriye mu modoka itwara abagenzi yakoze impanuka igakongoka

Related Posts

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

IZIHERUKA

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya
AMAHANGA

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

by radiotv10
25/12/2025
0

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

25/12/2025
Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

25/12/2025
Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

24/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abantu 16 bapfuye bahiriye mu modoka itwara abagenzi yakoze impanuka igakongoka

Abantu 16 bapfuye bahiriye mu modoka itwara abagenzi yakoze impanuka igakongoka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.