Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Arashinjwa n’abaturage kwitwaza icyubahiro n’ububasha akubaka mu muhanda rwagati bihangiye

radiotv10by radiotv10
12/01/2022
in MU RWANDA
0
Arashinjwa n’abaturage kwitwaza icyubahiro n’ububasha akubaka mu muhanda rwagati bihangiye
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage bo mu Mudugudu wa Karukogo mu Kagari ka Rukoko mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka Rubavu barashinja uwigeze kuyobora amatora mu Karere akaba ari na Chairman wa RPF-Inkotanyi mu Murenge, kwitwaza ubu bubasha n’icyubahiro akubaka mu muhanda rwagati kandi ari bo bawihangiye.

Uyu muhanda wavaga mu masangano ya santere ya Karukogo werecyeza ku isoko rya Rukoko, wari wahanzwe n’abaturage mu muganda bari bakoze bavuga ko bashaka kujya bawifashisha kugira ngo babashe kujya mu isoko no kuhageza umusaruro wabo.

Bavuga ko batunguwe no kubona umugabo witwa Kibata Djuma yaraje agahita awuterekamo inzu ikambukiranya uyu muhanda wari usanzwe ari nyabagendwa none ubu ukaba ugabanywamo kabiri n’inzu y’uyu muturage.

Aba baturage bashinja uyu Kibata kwitwaza icyubahiro n’ububasha afite, bavuga ko babibonye ariko bakaruca bakarumira kuko uyu mugabo akomeye kuko yigeze kuba akuriye amatora mu Karere ka Rubavu akaba yarabaye na Chairman w’Umuryango RPF-Inkotanyi mu Murenge wa Gisenyi akaba afite n’umuhungu ukora mu Karere mu ishami rishinzwe ubutaka.

Umwe muri aba baturage wavugaga ubona asa nk’ufite igihunga yagize ati “None se ko akuriye FPR mu Murenge wa Gisenyi, urumva ntacyo yitwaje? Kandi yari afite n’umuhungu ukomeye ukora mu Karere.”

Undi muturage yagize ati “Kuba akomeye ariko ntabwo yabuza uburenganzira bw’undi muntu. Nakore muri Leta ibimureba natwe aduhe uburenganzira bwacu nk’abantu baturiye aha.”

Aba baturage bavuga ko uyu muhanda wari nyabagendwa ndetse unagendamo imodoka, ubu nta muntu ukihanyura kuko byaba bisa no kuvogera inzu y’abandi.

Umuturage ati “Imodoka ntibona aho inyura, Moto ntibona aho inyura n’abagendesha ibirenge na bo ntibakibona aho banyura.”

Aba baturage basaba ko iyi nzu isenywa kugira ngo na bo babone uburenganzira bwabo kuko uburenganzira bw’umuntu umwe butabangamira ubwa benshi.

Kibata we avuga ko ibivugwa n’aba baturage ari amatiku

 

Ni amatiku!

Kibata Djuma ushinjwa n’abaturage kububakira mu muhanda, avuga ko ibitangazwa n’aba banyarwanda ari amatiku.

Ati “Nta shingiro na rimwe bafite. Nta muhanda wigeze uba hariya.”

Kibata Djuma uvuga ko ikibanza yubatsemo iyi nzu, yagihawe na Njyanama mu myaka yatambutse icyakora ntavuge umwaka uwo ari wo gusa akavuga ko yagihawe mu buryo bwemewe n’amategeko.

Ati “Ibyo bavuga ngo nitwaje imyanya nari mfite, nayoboye amatora imyaka 11 muri Rubavu, urumva nari umuyobozi w’amatora ntabwo nari umuyobozi w’urwego urwo ari rwo rwose. Aho ndi muri Gisenyi ndi Chairman wa RPF kandi ntabwo Umuryango ubereyeho guhutaza abaturage.”

Icyakora avuga ko mu gihe Leta yabona ko aho yubatse iyi nzu ye hakwiye umuhanda, yagurirwa na Leta ubundi hagashyirwa icyo gikorwa remezo.

Inzu yahise ifunga umuhanda wari usanzwe ari nyabagendwa

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × two =

Previous Post

Abantu 100 b’Iburasirazuba bafashwe bashaka guhunga kubera kwanga kwikingiza barimo abashakaga kujya Uganda

Next Post

Abantu 16 bapfuye bahiriye mu modoka itwara abagenzi yakoze impanuka igakongoka

Related Posts

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Save, mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bahuye n’ikibazo gikomeye mu buhinzi nyuma yuko urubura...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
24/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

IZIHERUKA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye
IMIBEREHO MYIZA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abantu 16 bapfuye bahiriye mu modoka itwara abagenzi yakoze impanuka igakongoka

Abantu 16 bapfuye bahiriye mu modoka itwara abagenzi yakoze impanuka igakongoka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.