Thursday, October 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ari gusaba kugaruka- Perezida wa Rayon yatanze umucyo ku byavuzwe kuri myugariro Aimable

radiotv10by radiotv10
29/07/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Ari gusaba kugaruka- Perezida wa Rayon yatanze umucyo ku byavuzwe kuri myugariro Aimable
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida w’ikipe ya Rayon Sports, Thadée Twagirayezu, yahamije ko Aimable Nsabimana yamwandikiye amusaba kugaruka mu kazi, ariko ko atamwerera ngo agaruke uko abishaka ahubwo ko agomba kunyura mu nzira zemewe.

Ibi bibaye nyuma yuko uyu mukinnyi yari yaranze gutangirana n’abandi imyitozo avuga ko mu gihe Rayon Sports itaramwishyura Miliyoni 5 Frw ze z’ikirarane cy’amafaranga yaguzwe.

Tariki 17 Nyakanga, uyu mukinnyi yagiye mu Nzove agiye gutangira imyitozo abisabwe n’umwe mu bo muri Komite ya Rayon Sports, icyakora Perezida w’ikipe atanga itegeko ko atemerewe gukora imyitozo   ahubwo ko niba ashaka urwandiko rumwemerera gutandukana (Release Letter) yazaza aho ikipe ikorera akarufata.

Mu kiganiro yagiranye na RADIOTV10 kuri uyu wa Kabiri, Perezida wa Rayon, Thadée Twagirayezu yatangaje ko Aimable Nsabimana yamwandikiye amusaba gusubira mu kazi.

Perezida yagize ati “Aimable Nsabimana ubu ari gusaba kugaruka mu kazi, ariko ntabwo ari bugaruke uko abishaka nanone, afite uburyo agomba kwinjiramo, njyewe nta release letter namwimye, iyo aza kuba ayishaka mba narayimuhaye kuko sinamwicira amahirwe.”

Uyu mukinnyi ukina muri ba myugariro bo hagati, yavuzweho kutumvikana na Rayon Sports inshuro zirenze imwe, dore ko no mu kwezi kwa mbere k’umwaka w’imikino ushize (2024-2025) yandikiye ubuyobozi bw’iyi kipe abusaba gusesa amasezerano, ariko bukamuhakanira.

Yavuzweho kandi kuba umwe mu batsindishaga iyi kipe nkana, byaje gutuma asoza umwaka w’imikino atakigaragara mu bakinnyi bakoreshwa.

Aimable Nsabimana ugifite amasezerano y’umwaka umwe muri Rayon, yinjiye muri iyi kipe avuye muri Kiyovu Sports mu mpeshyi ya 2023, yanakiniye amakipe atandukanye mu Rwanda arimo Marines FC, APR FC na Police FC.

Perezida wa Rayon

Nsabimana ngo arifuza kugaruka mu kazi

Jean Claude HITIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − 9 =

Previous Post

Senegal: Hatanzwe itegeko ry’iperereza ku mvururu zabaye hagati y’abaturage n’inzego z’umutekano zigahitana benshi

Next Post

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU ZO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Related Posts

Umukinnyi w’umunyempano Djabel utaherukaga kugaragara muri Shampiyona y’u Rwanda agiye kongera kuyikina

Umukinnyi w’umunyempano Djabel utaherukaga kugaragara muri Shampiyona y’u Rwanda agiye kongera kuyikina

by radiotv10
14/10/2025
0

Manishimwe Djabel wanyuze mu makipe akomeye mu Rwanda nka Rayon Sports na APR FC yanabereye kapiteni, wari umaze igihe yaragiye...

Umukinnyi w’Amavubi wigaragaje mu mukino uheruka byemejwe habura amasaha ko adakina uw’uyu munsi

Umukinnyi w’Amavubi wigaragaje mu mukino uheruka byemejwe habura amasaha ko adakina uw’uyu munsi

by radiotv10
14/10/2025
0

Phanuel Kavita uri mu bakinnyi bigaragaje mu mukino u Rwanda ruheruka gukina na Benin, byemejwe ko atagaragara mu mukino uhuza...

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Igisubizo AFC/M23 iha Tshisekedi wavuze ko hari ibyashoboka ari uko yishwe

by radiotv10
14/10/2025
0

Nyuma yuko Perezida Félix Tshisekedi wa DRC avuze ko kuvanga igisirikare cy’Igihugu cye n’abari mu mitwe nka M23, byashoboka ari...

BREAKING: Rayon yahagaritse Umutoza Afhamia Lotfi itandukana burundu na myugariro wayo

BREAKING: Rayon yahagaritse Umutoza Afhamia Lotfi itandukana burundu na myugariro wayo

by radiotv10
13/10/2025
0

Ubuyobozi bw'Ikipe ya Rayon Sports bwatangaje ko bwahagaritse Umutoza Mukuru w'iyi kipe Afhamia Lotfi mu gihe kingana n'ukwezi, mu gihe...

Abanyabigwi muri Volleyball mu Rwanda banakiniye Igihugu bongeye kugaragara bakina umukino ntangarugero

Abanyabigwi muri Volleyball mu Rwanda banakiniye Igihugu bongeye kugaragara bakina umukino ntangarugero

by radiotv10
11/10/2025
0

Abakinnyi bakanyujijeho mu mukino wa Volleyball mu Rwanda bakiniye amakipe anyuranye n’iy’Igihugu, bakinnye irushanwa ritegura Shampiyona, mu mikino y’ubusabane igamije...

IZIHERUKA

Rubavu: Abamaze imyaka 2 bategerezanyije amatsiko ingurane bahawe igisubizo kidatanga ihumure
MU RWANDA

Rubavu: Abamaze imyaka 2 bategerezanyije amatsiko ingurane bahawe igisubizo kidatanga ihumure

by radiotv10
16/10/2025
0

Hagaragajwe ibibazo bikiri muri za Poste de Santé birimo igituma hari aho uwibwe n’umurwayi bisanga hamwe

Hagaragajwe ibibazo bikiri muri za Poste de Santé birimo igituma hari aho uwibwe n’umurwayi bisanga hamwe

16/10/2025
Perezida wa Kenya yatangaje icyunamo mu Gihugu nyuma y’urupfu rwa Odinga

Perezida wa Kenya yatangaje icyunamo mu Gihugu nyuma y’urupfu rwa Odinga

15/10/2025
Umunyarwanda yatorewe kuyobora Ihuriro ry’Abashingamategeko bashinzwe kurwanya ruswa muri Afurika y’Iburasirazuba

Umunyarwanda yatorewe kuyobora Ihuriro ry’Abashingamategeko bashinzwe kurwanya ruswa muri Afurika y’Iburasirazuba

15/10/2025
Abafatanywe umufuka w’urumogi mu Mujyi wa Kigali batanze amakuru bakimara gufatwa

Abafatanywe umufuka w’urumogi mu Mujyi wa Kigali batanze amakuru bakimara gufatwa

15/10/2025
Uwabikoze n’uburozi yabumpa- T.Bosebabireba yaturitse ararira avuga ku ifoto yateje sakwesakwe

Nyuma yuko umuhanzi ‘Theo Bosebabireba’ atakambiye abantu ku kibazo kimuremereye hari icyatangiye gukorwa

15/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU ZO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z'INGENZI Z'IMPAMVU ZO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rubavu: Abamaze imyaka 2 bategerezanyije amatsiko ingurane bahawe igisubizo kidatanga ihumure

Hagaragajwe ibibazo bikiri muri za Poste de Santé birimo igituma hari aho uwibwe n’umurwayi bisanga hamwe

Perezida wa Kenya yatangaje icyunamo mu Gihugu nyuma y’urupfu rwa Odinga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.