Thursday, November 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Arsenal yatangiye gutekereza uburyo yakwikura mu ihurizo ry’umunyezamu rishobora kuvuka

radiotv10by radiotv10
14/08/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Arsenal yatangiye gutekereza uburyo yakwikura mu ihurizo ry’umunyezamu rishobora kuvuka
Share on FacebookShare on Twitter

Arsenal iherutse gutiza ikipe ya Real Valladolid Umunyezamu Karl Hein, wari Umunyezamu wayo wa gatatu, irifuza kuzana Joan Garcia, Umunyezamu ukinira Espanyol, nyuma yuko yatangiye kwikanga ko n’umunyezamu wa kabiri yayivamo.

Kwifuza kugura uyu munezamu w’Umunya-Espagne ukinira ikipe ya Espanyol iri muri Shampiyona y’icyiciro cya mbere muri Espagne, La Liga, bibaye nyuma y’uko iyi kipe ya Arsenal ishobora kwisanga itakaje Umunyezamu wayo wa kabiri, Umwongereza Aaron Ramsdale, ukomeje kwifuzwa cyane n’ikipe ya Ajax Amsterdam, yo mu Buholandi.

Ubusanzwe Umunyezamu wa Arsenal wa mbere ni David Raya, Umunya-Espagne wayigezemo ibanje kumutira mu ikipe ya Brentford muri Kanama umwaka ushize wa 2023.

Icyo gihe bari bamutanzeho miliyoni 3 Pounds, ariko bumvikana ko Arsenal igomba kumugura nyuma y’umwaka w’imikino wa 2023-2024, yongeyeho izindi miliyoni 27 Pounds, ari na ko byaje kugenda koko ku ya 04 Nyakanga 2024, bityo David Raya ayisinyamo amasezerano y’igihe kirekire.

Ibi ni byo biri gutuma Aaron Ramsdale, nk’umunyezamu wayo wa kabiri, abona ko bigoye kubona umwanya mu izamu ry’ikipe ya Arsenal, bityo akaba ashaka kurisohokamo, aho Ajax Amsterdam iri kumwifuza, dore ko iyi kipe yo mu Buholandi yamugeretse amafaranga, ariko Arsenal ikayatera utwatsi.

Gusa, ngo iyi kipe yo mu Buholandi yiteguye kumugereka andi mafaranga, ikareba ko yamuvana muri Arsenal, nk’uko Umunyamakuru wa The Athletic witwa David Ornstein abitangaza.

Uyu munyezamu wa Arsenal, Aaron Ramsdale, si Ajax Amsterdam yonyine imwifuza, kuko hari n’andi makipe yo muri Shampiyona y’u Bwongereza, amushaka, arimo Southampton na Newcastle United.

Ibi biri gutuma Arsenal ijya ku gitutu cyo gushaka undi munyezamu ushobora gusimbura Aaron Ramsdale mu gihe yaba agiye, aho ubu bivugwa ko yifuza kuzana Joan Garcia w’imyaka 23, utarakinira indi kipe n’imwe uretse Espanyol.

Kugeza ubu Ikipe ya Arsenal imaze kurekura umukinnyi umwe gusa wo mu ikipe nkuru, Emile Smith Rowe, werekeje muri Fulham atanzweho asaga miliyoni 34 Pounds, niramuka izanye Joan Garcia, araba abaye umukinnyi wa 2 baguze muri iri soko ry’igura n’igurishwa ry’abakinnyi ryo muri iyi mpeshyi, nyuma y’Umutaliyani Riccardo Calafiori basinyishije bamukuye muri Bologna kuri miliyoni zisaga 45 z’Ama-Euros.

Cedrick KEZA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 + thirteen =

Previous Post

Gen.Muhoozi nyuma yo kuva mu Rwanda yageneye ubutumwa Perezida Kagame na Gen.Muganga

Next Post

BREAKING: Hamenyekanye Perezida mushya w’Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda Umutwe w’Abadepite

Related Posts

Ibizigirwa mu nama ya mbere y’ubuyobozi bushya bwa Kiyovu bwakemuye icyari kibereye umutwaro ikipe

Ibizigirwa mu nama ya mbere y’ubuyobozi bushya bwa Kiyovu bwakemuye icyari kibereye umutwaro ikipe

by radiotv10
27/11/2025
0

Nyuma yuko Kiyovu Sports yishyuye amadeni arenga miliyoni 85 Frw yari ifitiye abakinnyi n’abatoza bari barayireze muri FIFA, ubuyobozi bushya...

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

by radiotv10
26/11/2025
0

Nyuma yuko Ubuyobozi bwa Kiyovu Sports buhannye Kapiteni w'iyi kipe, Amissi Cédric kubera imyitwarire ye igayitse avugwaho kugaragaza, uyu rutahizamu...

Nyuma yuko RGB yinjiye mu bibazo bya Rayon Sports ishobora kujya mu by’indi kipe

Nyuma yuko RGB yinjiye mu bibazo bya Rayon Sports ishobora kujya mu by’indi kipe

by radiotv10
26/11/2025
0

Uwari mu buyobozi bw’Ikipe ya AS Kigali iherutse kubona ubuyobozi bushya we akaba atabwemera, yandikiye Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere RGB, arusaba...

Amakuru mashya: Ibya Rayon byongeye gusubirwamo abayobozi bose bakurwaho hahita hatangazwa ab’inzibacyuho

Amakuru mashya: Ibya Rayon byongeye gusubirwamo abayobozi bose bakurwaho hahita hatangazwa ab’inzibacyuho

by radiotv10
26/11/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere RGB, rwongeye gusesa inzego zose z’Umuryango w’Ikipe ya Rayon Sports, rushyiraho komite y’inzibacyuho iyobowe Murenzi Abdallah, yahawe...

Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

by radiotv10
25/11/2025
0

Umukinnyi w’Umunya-Senegal, Idrissa Gana Gueye ukinira Everton yo mu Bwongereza waherewe ikarita itukura mu mukino wabahuje na Manchester United nyuma...

IZIHERUKA

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe
MU RWANDA

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

by radiotv10
27/11/2025
0

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

27/11/2025
Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

27/11/2025
UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

27/11/2025
Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

27/11/2025
Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

27/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
BREAKING: Hamenyekanye Perezida mushya w’Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda Umutwe w’Abadepite

BREAKING: Hamenyekanye Perezida mushya w’Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda Umutwe w'Abadepite

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.