Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Arsenal yatangiye gutekereza uburyo yakwikura mu ihurizo ry’umunyezamu rishobora kuvuka

radiotv10by radiotv10
14/08/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Arsenal yatangiye gutekereza uburyo yakwikura mu ihurizo ry’umunyezamu rishobora kuvuka
Share on FacebookShare on Twitter

Arsenal iherutse gutiza ikipe ya Real Valladolid Umunyezamu Karl Hein, wari Umunyezamu wayo wa gatatu, irifuza kuzana Joan Garcia, Umunyezamu ukinira Espanyol, nyuma yuko yatangiye kwikanga ko n’umunyezamu wa kabiri yayivamo.

Kwifuza kugura uyu munezamu w’Umunya-Espagne ukinira ikipe ya Espanyol iri muri Shampiyona y’icyiciro cya mbere muri Espagne, La Liga, bibaye nyuma y’uko iyi kipe ya Arsenal ishobora kwisanga itakaje Umunyezamu wayo wa kabiri, Umwongereza Aaron Ramsdale, ukomeje kwifuzwa cyane n’ikipe ya Ajax Amsterdam, yo mu Buholandi.

Ubusanzwe Umunyezamu wa Arsenal wa mbere ni David Raya, Umunya-Espagne wayigezemo ibanje kumutira mu ikipe ya Brentford muri Kanama umwaka ushize wa 2023.

Icyo gihe bari bamutanzeho miliyoni 3 Pounds, ariko bumvikana ko Arsenal igomba kumugura nyuma y’umwaka w’imikino wa 2023-2024, yongeyeho izindi miliyoni 27 Pounds, ari na ko byaje kugenda koko ku ya 04 Nyakanga 2024, bityo David Raya ayisinyamo amasezerano y’igihe kirekire.

Ibi ni byo biri gutuma Aaron Ramsdale, nk’umunyezamu wayo wa kabiri, abona ko bigoye kubona umwanya mu izamu ry’ikipe ya Arsenal, bityo akaba ashaka kurisohokamo, aho Ajax Amsterdam iri kumwifuza, dore ko iyi kipe yo mu Buholandi yamugeretse amafaranga, ariko Arsenal ikayatera utwatsi.

Gusa, ngo iyi kipe yo mu Buholandi yiteguye kumugereka andi mafaranga, ikareba ko yamuvana muri Arsenal, nk’uko Umunyamakuru wa The Athletic witwa David Ornstein abitangaza.

Uyu munyezamu wa Arsenal, Aaron Ramsdale, si Ajax Amsterdam yonyine imwifuza, kuko hari n’andi makipe yo muri Shampiyona y’u Bwongereza, amushaka, arimo Southampton na Newcastle United.

Ibi biri gutuma Arsenal ijya ku gitutu cyo gushaka undi munyezamu ushobora gusimbura Aaron Ramsdale mu gihe yaba agiye, aho ubu bivugwa ko yifuza kuzana Joan Garcia w’imyaka 23, utarakinira indi kipe n’imwe uretse Espanyol.

Kugeza ubu Ikipe ya Arsenal imaze kurekura umukinnyi umwe gusa wo mu ikipe nkuru, Emile Smith Rowe, werekeje muri Fulham atanzweho asaga miliyoni 34 Pounds, niramuka izanye Joan Garcia, araba abaye umukinnyi wa 2 baguze muri iri soko ry’igura n’igurishwa ry’abakinnyi ryo muri iyi mpeshyi, nyuma y’Umutaliyani Riccardo Calafiori basinyishije bamukuye muri Bologna kuri miliyoni zisaga 45 z’Ama-Euros.

Cedrick KEZA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 3 =

Previous Post

Gen.Muhoozi nyuma yo kuva mu Rwanda yageneye ubutumwa Perezida Kagame na Gen.Muganga

Next Post

BREAKING: Hamenyekanye Perezida mushya w’Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda Umutwe w’Abadepite

Related Posts

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

by radiotv10
07/01/2026
0

Michel Kuka Mboladinga wamamaye mu gikombe cya Afurika nka Lumumba kubera kwigaragaza nk’uyu munyapolitiki, warebaga imikino y’Ikipe y’Igihugu ya DRC...

Bidasubirwaho Muhadjiri wari umaze iminsi nta kipe ubu ni umukinnyi w’iyo muri Kenya

Bidasubirwaho Muhadjiri wari umaze iminsi nta kipe ubu ni umukinnyi w’iyo muri Kenya

by radiotv10
07/01/2026
0

Umukinnyi wo mu kibuga hagati Muhadjiri Hakizimana wari umaze igihe adafite ikipe, yamaze gusinyira Nairobi United FC yo muri Kenya,...

Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

by radiotv10
06/01/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports yitegura umukino wa Super Cup uzayihuza na mucyeba wayo, APR FC, yaguze abakinnyi batatu barimo myugariro...

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

by radiotv10
02/01/2026
0

Guverinoma ya Gabon yahagaritse by’agateganyo ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu Gikombe cya Afurika (AFCON) itarenze umutaru, inahagarika burundu rutahizamu Pierre-Emerick...

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

by radiotv10
28/12/2025
0

Tariki 25 Ugushyingo 2025, Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rwasheshe inzego zose za Rayon Sports maze rushyiraho Komite y’inzibacyuho iyobowe na...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
BREAKING: Hamenyekanye Perezida mushya w’Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda Umutwe w’Abadepite

BREAKING: Hamenyekanye Perezida mushya w’Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda Umutwe w'Abadepite

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.