Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Aryoha asubiwemo: Mu mafoto y’indobanure utabonye ongera wihere ijisho akarasisi benshi bifuzaga ko kadahumuza

radiotv10by radiotv10
05/07/2024
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Aryoha asubiwemo: Mu mafoto y’indobanure utabonye ongera wihere ijisho akarasisi benshi bifuzaga ko kadahumuza
Share on FacebookShare on Twitter

Kimwe mu biba bitegerejwe na benshi mu kwizihiza umunsi wo Kwibohora, uretse impanuro z’Umukuru w’u Rwanda, Abanyarwanda baba banategerezanyije amatsiko akarasisi k’Ingabo z’u Rwanda, aho kuri iyi nshuro kongeye kugaragaramo udushya turimo imitegurire idasanzwe, kongera no gukorwa mu Kinyarwanda.

Kuri uyu wa Kane tariki 04 Nyakanga 2024, u Rwanda rwizihije isabukuru y’imyaka 30 rumaze rwibohoye, ahabaye n’ibirori mbonekarimwe, byabereye muri Sitade Amahoro nshya yari imaze iminsi itatu gusa ifunguwe ku mugaragaro.

Abaturage bo mu Mujyi wa Kigali no mu zindi mfuruka z’Igihugu uko ari enye, bari babukereye, aho bamwe batangiye kwerecyeza kuri Sitade ijoro ritaratandukana.

Ubutumwa bw’Umukuru w’Igihugu, buba butegerezanyijwe amatsiko na benshi nk’uko bisanzwe, nanone kandi Abanyarwanda bose, yaba ababa berecyeje ahabereye uyu muhango ndetse n’ababikurikiranira ku bitangazamakuru, baba bafitiye amatsiko akarasisi k’inzego z’umutekano z’u Rwanda.

Kuri uyu wa Kane, muri Sitade Amahoro byari ibicika ubwo Ingabo z’u Rwanda na Polisi y’u Rwanda barangajwe imbere n’itsinda ry’ingabo rya Muzika, binjiraga muri Sitade mu karasisi kakiranywe urufaya rw’amashyi menshi n’urusaku rw’abaturage.

Ni akarasisi kongeye kugaragaramo udushya, kakozwe n’amasibo 12, y’abasirikare n’Abapolisi, bagaragarije Abanyarwanda n’amahanga ko izi nzego zidasobanya mu byo zikora.

Aka karasisi kari kayobowe na Maj Gen Frank Mutembe, katangiriye ku kwakira ibendera ry’u Rwanda mu mwanya waryo, nyuma kaza kwakira Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda ubwo yageraga muri Sitade, akanabanza kugenzura uko gahagaze.

Nyuma yo kwakira abashyitsi kandi, aka karasisi kiyeretse abari muri Sitade, kayizengura yose, hacurangwa zimwe mu ndirimbo zirimo ‘Nda Ndambara’ mu bikoresho bya muzika, aho abagakoraga batambuka ntakubusanya, ubundi abari muri Sitade bakagakomera amashyi ubwo kabaga kabageze imbere, itsinda rya muzika rya gisirikare kandi ryashushanyije umubare 30 ugaragaza imyaka 30 ishize u Rwanda rwibohoye.

Ibendera ryinjiwe muri Sitade Amahoro
Riba ririnzwe n’Urwego rwa Gisirikare rushinzwe imyitwarire y’Abasirikare
Perezida Paul Kagame ubwo yageraga muri Sitade yakiriwe n’akarasisi
Yanasuzumye uko kari gahagaze
Kari kagizwe n’amasibo 12

Akarasisi kiyerekanye
Mu buryo bonogeye ijisho

Hashushanyijwe umubare 30

Photos/Village Urugwiro, Kigali Today& Rwanda Magazine

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 + eight =

Previous Post

Amakuru agezweho mu Bwongereza nyuma y’uko ishyaka ryari ku butegetsi ritsinzwe mu matora n’iryo bahanganye

Next Post

Rutsiro: Igisubizo bahawe ku kibazo kibabangamiye kiratanga icyizere

Related Posts

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Nyuma yo kugaragaza ibyari bibahangayikishije ku gikorwa remezo bafatanyije na Leta bagarukanye akanyamuneza

Nyuma yo kugaragaza ibyari bibahangayikishije ku gikorwa remezo bafatanyije na Leta bagarukanye akanyamuneza

by radiotv10
19/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Murama mu Karere ka Ngoma bari baherutse kugaragaza ikibazo cy'inzu mberabyombi biyubakiye ku bufatanye n'Ubuyobozi...

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Museveni n’Abanya-Uganda nyuma yo kongera kumutora

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Museveni n’Abanya-Uganda nyuma yo kongera kumutora

by radiotv10
19/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yashimiye mugenzi we wa Uganda Yoweri Kaguta Museveni watorewe gukomeza kuyobora iki Gihugu, anamwifuriza we n’Abanya-Uganda ishya...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu Murenge wa Gataraga mu Karere ka Musanze, abaturage benshi bakoraniye ku kigo cy’ishuri bavuga ko baje kureba amabonekerwa ya...

IZIHERUKA

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege
IMIBEREHO MYIZA

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Nyuma yo kugaragaza ibyari bibahangayikishije ku gikorwa remezo bafatanyije na Leta bagarukanye akanyamuneza

Nyuma yo kugaragaza ibyari bibahangayikishije ku gikorwa remezo bafatanyije na Leta bagarukanye akanyamuneza

19/01/2026
Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Museveni n’Abanya-Uganda nyuma yo kongera kumutora

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Museveni n’Abanya-Uganda nyuma yo kongera kumutora

19/01/2026
Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rutsiro: Igisubizo bahawe ku kibazo kibabangamiye kiratanga icyizere

Rutsiro: Igisubizo bahawe ku kibazo kibabangamiye kiratanga icyizere

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.