Thursday, December 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Aryoha asubiwemo: Mu mafoto y’indobanure utabonye ongera wihere ijisho akarasisi benshi bifuzaga ko kadahumuza

radiotv10by radiotv10
05/07/2024
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Aryoha asubiwemo: Mu mafoto y’indobanure utabonye ongera wihere ijisho akarasisi benshi bifuzaga ko kadahumuza
Share on FacebookShare on Twitter

Kimwe mu biba bitegerejwe na benshi mu kwizihiza umunsi wo Kwibohora, uretse impanuro z’Umukuru w’u Rwanda, Abanyarwanda baba banategerezanyije amatsiko akarasisi k’Ingabo z’u Rwanda, aho kuri iyi nshuro kongeye kugaragaramo udushya turimo imitegurire idasanzwe, kongera no gukorwa mu Kinyarwanda.

Kuri uyu wa Kane tariki 04 Nyakanga 2024, u Rwanda rwizihije isabukuru y’imyaka 30 rumaze rwibohoye, ahabaye n’ibirori mbonekarimwe, byabereye muri Sitade Amahoro nshya yari imaze iminsi itatu gusa ifunguwe ku mugaragaro.

Abaturage bo mu Mujyi wa Kigali no mu zindi mfuruka z’Igihugu uko ari enye, bari babukereye, aho bamwe batangiye kwerecyeza kuri Sitade ijoro ritaratandukana.

Ubutumwa bw’Umukuru w’Igihugu, buba butegerezanyijwe amatsiko na benshi nk’uko bisanzwe, nanone kandi Abanyarwanda bose, yaba ababa berecyeje ahabereye uyu muhango ndetse n’ababikurikiranira ku bitangazamakuru, baba bafitiye amatsiko akarasisi k’inzego z’umutekano z’u Rwanda.

Kuri uyu wa Kane, muri Sitade Amahoro byari ibicika ubwo Ingabo z’u Rwanda na Polisi y’u Rwanda barangajwe imbere n’itsinda ry’ingabo rya Muzika, binjiraga muri Sitade mu karasisi kakiranywe urufaya rw’amashyi menshi n’urusaku rw’abaturage.

Ni akarasisi kongeye kugaragaramo udushya, kakozwe n’amasibo 12, y’abasirikare n’Abapolisi, bagaragarije Abanyarwanda n’amahanga ko izi nzego zidasobanya mu byo zikora.

Aka karasisi kari kayobowe na Maj Gen Frank Mutembe, katangiriye ku kwakira ibendera ry’u Rwanda mu mwanya waryo, nyuma kaza kwakira Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda ubwo yageraga muri Sitade, akanabanza kugenzura uko gahagaze.

Nyuma yo kwakira abashyitsi kandi, aka karasisi kiyeretse abari muri Sitade, kayizengura yose, hacurangwa zimwe mu ndirimbo zirimo ‘Nda Ndambara’ mu bikoresho bya muzika, aho abagakoraga batambuka ntakubusanya, ubundi abari muri Sitade bakagakomera amashyi ubwo kabaga kabageze imbere, itsinda rya muzika rya gisirikare kandi ryashushanyije umubare 30 ugaragaza imyaka 30 ishize u Rwanda rwibohoye.

Ibendera ryinjiwe muri Sitade Amahoro
Riba ririnzwe n’Urwego rwa Gisirikare rushinzwe imyitwarire y’Abasirikare
Perezida Paul Kagame ubwo yageraga muri Sitade yakiriwe n’akarasisi
Yanasuzumye uko kari gahagaze
Kari kagizwe n’amasibo 12

Akarasisi kiyerekanye
Mu buryo bonogeye ijisho

Hashushanyijwe umubare 30

Photos/Village Urugwiro, Kigali Today& Rwanda Magazine

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − thirteen =

Previous Post

Amakuru agezweho mu Bwongereza nyuma y’uko ishyaka ryari ku butegetsi ritsinzwe mu matora n’iryo bahanganye

Next Post

Rutsiro: Igisubizo bahawe ku kibazo kibabangamiye kiratanga icyizere

Related Posts

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

by radiotv10
18/12/2025
0

From mobile money to online banking and QR-code payments, the world is rapidly moving toward a cashless society. In Rwanda,...

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

by radiotv10
18/12/2025
1

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yatangaje ko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi ziherutse guhurira mu biganiro nyuma...

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

by radiotv10
18/12/2025
0

Abahinzi b’umuceri mu gishanga cya Cyunuzi bavuga ko umusaruro wabo utinda guhuza ibipimo bikenerwa kugira ngo ugurwe kuko batagira imashini...

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
18/12/2025
0

Inama y’Abaminisitiri ya nyuma y'umwaka wa 2025, yaranzwe n’ibikorwa binyuranye birimo kugezwaho isinywa ry’amasezerano y’Amahoro n’Ubufatanye mu by’Ubukungu hagati y’u...

Why young adults should embrace short courses in today’s fast-changing World

Why young adults should embrace short courses in today’s fast-changing World

by radiotv10
18/12/2025
0

In a world that keeps changing faster than ever, young adults are under increasing pressure to keep up. Technology, job...

IZIHERUKA

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?
MU RWANDA

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

by radiotv10
18/12/2025
0

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

18/12/2025
Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

18/12/2025
Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

18/12/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

18/12/2025
Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

18/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rutsiro: Igisubizo bahawe ku kibazo kibabangamiye kiratanga icyizere

Rutsiro: Igisubizo bahawe ku kibazo kibabangamiye kiratanga icyizere

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.