Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Aryoha asubiwemo: Mu mafoto y’indobanure utabonye ongera wihere ijisho akarasisi benshi bifuzaga ko kadahumuza

radiotv10by radiotv10
05/07/2024
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Aryoha asubiwemo: Mu mafoto y’indobanure utabonye ongera wihere ijisho akarasisi benshi bifuzaga ko kadahumuza
Share on FacebookShare on Twitter

Kimwe mu biba bitegerejwe na benshi mu kwizihiza umunsi wo Kwibohora, uretse impanuro z’Umukuru w’u Rwanda, Abanyarwanda baba banategerezanyije amatsiko akarasisi k’Ingabo z’u Rwanda, aho kuri iyi nshuro kongeye kugaragaramo udushya turimo imitegurire idasanzwe, kongera no gukorwa mu Kinyarwanda.

Kuri uyu wa Kane tariki 04 Nyakanga 2024, u Rwanda rwizihije isabukuru y’imyaka 30 rumaze rwibohoye, ahabaye n’ibirori mbonekarimwe, byabereye muri Sitade Amahoro nshya yari imaze iminsi itatu gusa ifunguwe ku mugaragaro.

Abaturage bo mu Mujyi wa Kigali no mu zindi mfuruka z’Igihugu uko ari enye, bari babukereye, aho bamwe batangiye kwerecyeza kuri Sitade ijoro ritaratandukana.

Ubutumwa bw’Umukuru w’Igihugu, buba butegerezanyijwe amatsiko na benshi nk’uko bisanzwe, nanone kandi Abanyarwanda bose, yaba ababa berecyeje ahabereye uyu muhango ndetse n’ababikurikiranira ku bitangazamakuru, baba bafitiye amatsiko akarasisi k’inzego z’umutekano z’u Rwanda.

Kuri uyu wa Kane, muri Sitade Amahoro byari ibicika ubwo Ingabo z’u Rwanda na Polisi y’u Rwanda barangajwe imbere n’itsinda ry’ingabo rya Muzika, binjiraga muri Sitade mu karasisi kakiranywe urufaya rw’amashyi menshi n’urusaku rw’abaturage.

Ni akarasisi kongeye kugaragaramo udushya, kakozwe n’amasibo 12, y’abasirikare n’Abapolisi, bagaragarije Abanyarwanda n’amahanga ko izi nzego zidasobanya mu byo zikora.

Aka karasisi kari kayobowe na Maj Gen Frank Mutembe, katangiriye ku kwakira ibendera ry’u Rwanda mu mwanya waryo, nyuma kaza kwakira Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda ubwo yageraga muri Sitade, akanabanza kugenzura uko gahagaze.

Nyuma yo kwakira abashyitsi kandi, aka karasisi kiyeretse abari muri Sitade, kayizengura yose, hacurangwa zimwe mu ndirimbo zirimo ‘Nda Ndambara’ mu bikoresho bya muzika, aho abagakoraga batambuka ntakubusanya, ubundi abari muri Sitade bakagakomera amashyi ubwo kabaga kabageze imbere, itsinda rya muzika rya gisirikare kandi ryashushanyije umubare 30 ugaragaza imyaka 30 ishize u Rwanda rwibohoye.

Ibendera ryinjiwe muri Sitade Amahoro
Riba ririnzwe n’Urwego rwa Gisirikare rushinzwe imyitwarire y’Abasirikare
Perezida Paul Kagame ubwo yageraga muri Sitade yakiriwe n’akarasisi
Yanasuzumye uko kari gahagaze
Kari kagizwe n’amasibo 12

Akarasisi kiyerekanye
Mu buryo bonogeye ijisho

Hashushanyijwe umubare 30

Photos/Village Urugwiro, Kigali Today& Rwanda Magazine

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × five =

Previous Post

Amakuru agezweho mu Bwongereza nyuma y’uko ishyaka ryari ku butegetsi ritsinzwe mu matora n’iryo bahanganye

Next Post

Rutsiro: Igisubizo bahawe ku kibazo kibabangamiye kiratanga icyizere

Related Posts

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

by radiotv10
20/01/2026
0

Abasirikare mu ngabo z’u Rwanda basanzwe ari inzobere mu by’ubwubatsi baherutse kujya muri Jamaica gutanga umusanzu mu gusana ibikorwa byangijwe...

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

by radiotv10
20/01/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwafunze umwarimu wo muri Kaminuza ukurikiranyweho icyaha cyo gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri...

Abasenateri bagaragarije Leta ihurizo rikizitira aborozi bo mu Rwanda mu kwiteza imbere

Abasenateri bagaragarije Leta ihurizo rikizitira aborozi bo mu Rwanda mu kwiteza imbere

by radiotv10
20/01/2026
0

Bamwe mu Basenateri muri Sena y'u Rwanda, bagararije Guverinoma y'u Rwanda ko aborozi bakigorwa cyane no kubona ibiryo by'amatungo, kuko...

If your work requires sitting for long periods each day, here’s what you need to know

If your work requires sitting for long periods each day, here’s what you need to know

by radiotv10
20/01/2026
0

Modern life involves a lot of sitting at work, at home, in transport, and during entertainment. Sitting for long hours...

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

IZIHERUKA

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira
AMAHANGA

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

by radiotv10
20/01/2026
0

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

20/01/2026
Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

20/01/2026
Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

20/01/2026
Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

20/01/2026
Abasenateri bagaragarije Leta ihurizo rikizitira aborozi bo mu Rwanda mu kwiteza imbere

Abasenateri bagaragarije Leta ihurizo rikizitira aborozi bo mu Rwanda mu kwiteza imbere

20/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rutsiro: Igisubizo bahawe ku kibazo kibabangamiye kiratanga icyizere

Rutsiro: Igisubizo bahawe ku kibazo kibabangamiye kiratanga icyizere

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.