Tuesday, November 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Avugwa muri Rayon nyuma yo kwicarana na Skol n’icyari cyatumye hafungwa ikibuga ikoreraho imyitozo

radiotv10by radiotv10
21/02/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Avugwa muri Rayon nyuma yo kwicarana na Skol n’icyari cyatumye hafungwa ikibuga ikoreraho imyitozo
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yo kwicarana ku meza y’ibiganiro hagati y’Ubuyobozi bwa Rayon Sports n’umufatanyabikorwa wayo, Skol Brewery Limited, iyi kipe yemerewe kongera gukorera imyitozo mu Nzove, ndetse ihita iyisubukura idafite kapiteni wayo Muhire Kevin.

Rayon Sports iri ku mwanya wa mbere ku rutonde rw’agateganyo rwa Shampiyona, ntiyari yakoze imyitozo ku wa Gatatu tariki 19 Gashyantare 2025 kubera kutumvikana n’umufatanyabikorwa wayo Skol Brewery Limited byatumye ifunga ikibuga iyi kipe isanzwe ikoreraho imyitozo.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 20 Gashyantare 2025, Umuyobozi wa Rayon Sports Thadée Twagirayezu yabwiye RADIOTV10 ko intandaro y’uku kutumvikana ari iyo kuba hari ibyo Skol Brewery Limited yashinjaga Rayon Sports birimo kutubahiriza amasezerano impande zombi zifitanye.

Gusa ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane, habaye inama yahuje Komite nyobozi ya Rayon Sports n’ubuyobozi bw’uru ruganda rwenga ibinyobwa bwari buhagarariwe n’umuyobozi mukuru Eric Gilson.

Iyi nama y’ubwiyunge yanzuye ko Rayon Sports yongera gukorera imyitozo ku kibuga yubakiwe na Skol kiri mu Karere ka Nyarugenge, Umurenge wa Kanyinya mu Kagari ka Nzove.

Imyitozo yasubukuwe, yayobowe n’umutoza wa Rayon Sports Roberto Oliveira Gonçalves do Carmo bita Robertinho, yitabirwa n’abakinnyi barimo Roger Kanamugire wari umaze ibyumweru bibiri adakina kubera imvune.

Gusa Kapiteni w’iyi kipe Kevin Muhire we ntiyari kumwe na bagenzi be kuko yahawe icyumweru cyo kwivuza imvune yo mu itako yagiriye mu mukino w’igikombe cy’Amahoro Rayon Sports yatsinzemo Rutsiro FC ku wa Kabiri w’iki Cyumweru.

Rayon Sports irahaguruka i Kigali mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 21 Gashyantare 2025, ijye mu Karere ka Huye aho izakorera imyitozo ya nyuma mbere yo guhura n’Amagaju FC mu mukino w’umunsi wa 18 wa Shampiyona uteganyijwe kuwa Gatandatu tariki 22 Gashyantare 2025, Saa 17h00 kuri Stade Huye.

Ubuyobozi bwa Rayon n’ubwa Skol bicaye ku meza y’ibiganiro bacoca ibibazo
Habayeho ubwiyunge
Rayon yahise yemererwa gukomeza gukorera imyitozo mu Nzove

Roben NGABO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 − 2 =

Previous Post

Beatha wamamaye mu ndirimbo ‘Azabatsinda Kagame’ yasezeranye mu birori nogerajisho (AMAFOTO)

Next Post

Ibisobanuro by’urwiyeruruto by’umusore ukekwaho gusambanya umwana w’imyaka itatu

Related Posts

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

by radiotv10
21/11/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umukino w’Amagare muri Afurika (CAC) ku nshuro ya mbere mu mateka yashyize hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu...

Kwinjiza abafana ku buntu ni inyungu ku Mavubi cyangwa ni ukubamenyereza nabi?

Menya umwanya Amavubi yajeho ku Isi ku rutonde ngarukakwezi

by radiotv10
20/11/2025
0

Ikipe y'Igihugu y'u Rwanda mu mupira w'amaguru, Amavubi yagumye ku mwanya wa 131 ku rutonde ngarukakwezi rw'Impuzamashyirahamwe y'Umupira w'Amaguru ku...

Iby’ingenzi byaranze itangwa ry’ibihembo by’abahize abandi mu mupira w’amaguru muri Afurika

Iby’ingenzi byaranze itangwa ry’ibihembo by’abahize abandi mu mupira w’amaguru muri Afurika

by radiotv10
20/11/2025
0

Ibihembo by'abahize abandi mu mupira w'Amaguru ku Mugabane wa Afurika (CAF Awards 2025) byaranze n'ubwiganze bw’Abanya-Morocco bigukanyemo byinshi dore ko...

23 bahagarariye u Rwanda baratangira gukina Shampiyona Nyafurika y’Amagare

23 bahagarariye u Rwanda baratangira gukina Shampiyona Nyafurika y’Amagare

by radiotv10
20/11/2025
0

Mu gihugu cya Kenya haratangira Shampiyona Nyafurika y’umukino w’amagare, aho u Rwanda ruhagarariwe n’abakinnyi 23 bari mu byiciro umunani. Abakinnyi...

Abanyamakuru b’ibiganiro bya siporo mu Rwanda bongeye guhabwa umuburo

Abanyamakuru b’ibiganiro bya siporo mu Rwanda bongeye guhabwa umuburo

by radiotv10
18/11/2025
0

Urwego rw’Abanyamakuru Bigenzura RMC rwongeye kwibutsa abanamakuru bakora ibiganiro bya siporo ko ibitangazamakuru bakorera atari imiyoboro yo gutambukirizamo ubutumwa bwo...

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons
AMAHANGA

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

by radiotv10
24/11/2025
0

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Hamenyekanye ibishya muri dosiye ifitanye isano n’amashusho yo mu buriri y’umuhanzi Yampano n’umukunzi

24/11/2025
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

24/11/2025
Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

24/11/2025
Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

24/11/2025
Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

24/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umugabo wamaze imyaka 15 afungiye Jenoside ubu akurikiranyweho kwica umugore we

Ibisobanuro by’urwiyeruruto by’umusore ukekwaho gusambanya umwana w’imyaka itatu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

Hamenyekanye ibishya muri dosiye ifitanye isano n’amashusho yo mu buriri y’umuhanzi Yampano n’umukunzi

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.