Saturday, January 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Avugwa muri Rayon nyuma yo kwicarana na Skol n’icyari cyatumye hafungwa ikibuga ikoreraho imyitozo

radiotv10by radiotv10
21/02/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Avugwa muri Rayon nyuma yo kwicarana na Skol n’icyari cyatumye hafungwa ikibuga ikoreraho imyitozo
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yo kwicarana ku meza y’ibiganiro hagati y’Ubuyobozi bwa Rayon Sports n’umufatanyabikorwa wayo, Skol Brewery Limited, iyi kipe yemerewe kongera gukorera imyitozo mu Nzove, ndetse ihita iyisubukura idafite kapiteni wayo Muhire Kevin.

Rayon Sports iri ku mwanya wa mbere ku rutonde rw’agateganyo rwa Shampiyona, ntiyari yakoze imyitozo ku wa Gatatu tariki 19 Gashyantare 2025 kubera kutumvikana n’umufatanyabikorwa wayo Skol Brewery Limited byatumye ifunga ikibuga iyi kipe isanzwe ikoreraho imyitozo.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 20 Gashyantare 2025, Umuyobozi wa Rayon Sports Thadée Twagirayezu yabwiye RADIOTV10 ko intandaro y’uku kutumvikana ari iyo kuba hari ibyo Skol Brewery Limited yashinjaga Rayon Sports birimo kutubahiriza amasezerano impande zombi zifitanye.

Gusa ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane, habaye inama yahuje Komite nyobozi ya Rayon Sports n’ubuyobozi bw’uru ruganda rwenga ibinyobwa bwari buhagarariwe n’umuyobozi mukuru Eric Gilson.

Iyi nama y’ubwiyunge yanzuye ko Rayon Sports yongera gukorera imyitozo ku kibuga yubakiwe na Skol kiri mu Karere ka Nyarugenge, Umurenge wa Kanyinya mu Kagari ka Nzove.

Imyitozo yasubukuwe, yayobowe n’umutoza wa Rayon Sports Roberto Oliveira Gonçalves do Carmo bita Robertinho, yitabirwa n’abakinnyi barimo Roger Kanamugire wari umaze ibyumweru bibiri adakina kubera imvune.

Gusa Kapiteni w’iyi kipe Kevin Muhire we ntiyari kumwe na bagenzi be kuko yahawe icyumweru cyo kwivuza imvune yo mu itako yagiriye mu mukino w’igikombe cy’Amahoro Rayon Sports yatsinzemo Rutsiro FC ku wa Kabiri w’iki Cyumweru.

Rayon Sports irahaguruka i Kigali mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 21 Gashyantare 2025, ijye mu Karere ka Huye aho izakorera imyitozo ya nyuma mbere yo guhura n’Amagaju FC mu mukino w’umunsi wa 18 wa Shampiyona uteganyijwe kuwa Gatandatu tariki 22 Gashyantare 2025, Saa 17h00 kuri Stade Huye.

Ubuyobozi bwa Rayon n’ubwa Skol bicaye ku meza y’ibiganiro bacoca ibibazo
Habayeho ubwiyunge
Rayon yahise yemererwa gukomeza gukorera imyitozo mu Nzove

Roben NGABO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 2 =

Previous Post

Beatha wamamaye mu ndirimbo ‘Azabatsinda Kagame’ yasezeranye mu birori nogerajisho (AMAFOTO)

Next Post

Ibisobanuro by’urwiyeruruto by’umusore ukekwaho gusambanya umwana w’imyaka itatu

Related Posts

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

by radiotv10
02/01/2026
0

Guverinoma ya Gabon yahagaritse by’agateganyo ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu Gikombe cya Afurika (AFCON) itarenze umutaru, inahagarika burundu rutahizamu Pierre-Emerick...

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

by radiotv10
28/12/2025
0

Tariki 25 Ugushyingo 2025, Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rwasheshe inzego zose za Rayon Sports maze rushyiraho Komite y’inzibacyuho iyobowe na...

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

by radiotv10
28/12/2025
0

Isi ya ruhago ikomeje kunamira uwari umutoza Jean-Louis Gasset witabye Imana ku myaka 72 y’amavuko, aho bamwe mu bafite amazina...

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
26/12/2025
0

Umukinnyi Faustin Likau Pizzalo KITOKO ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wakinaga muri Shampiyona y’u Burundi, yamaze gusinyira ikipe...

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

by radiotv10
26/12/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) yaciye ikipe y’Igihugu ya Misiri amande angana na $5,000 (arenga Miliyoni 7 Frw) kubera...

IZIHERUKA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure
MU RWANDA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

02/01/2026
Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

02/01/2026
Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

02/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umugabo wamaze imyaka 15 afungiye Jenoside ubu akurikiranyweho kwica umugore we

Ibisobanuro by’urwiyeruruto by’umusore ukekwaho gusambanya umwana w’imyaka itatu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.