Monday, May 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

B.Melodie wataramiye Abarundi afunguwe yaririmbye yambaye ibisa n’impuzankano y’abagororwa b’i Burundi (AMAFOTO)

radiotv10by radiotv10
05/09/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA, MUZIKA
1
B.Melodie wataramiye Abarundi afunguwe yaririmbye yambaye ibisa n’impuzankano y’abagororwa b’i Burundi (AMAFOTO)
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gitaramo cya nyuma yakoreye i Burundi, umuhanzi nyarwanda Bruce Melodie wataramiye Abarundi afunguwe, yaje ku rubyiniro yambaye imyambaro y’ibara ry’impuzankano z’imfungwa n’abagororwa b’i Burundi.

Uyu muhanzi wataramiye Abarundi mu gitaramo cya mbere ku wa Gatanu tariki 02 Nzeri 2022 cyabereye kuri Zion Beach, yaje ku rubyiniro nyuma y’amasaha macye afunguwe dore ko yatawe muri yombi ku wa Gatatu w’icyumweru gishize ubwo yari akigera mu Burundi.

Uyu muhanzi wari watawe muri yombi akurikiranyweho ubutekamutwe, akarekurwa abanje gutanga amafaranga yaciwe, ubwo yazaga ku rubyiniro yiteguye gutaramira Abarundi, yagize ati “Noneho rero, ntakibuza Impala gucuranga.”

Iki gitaramo cya mbere, cyaritabiriwe bishyira cyera, ndetse ateguza abakunzi be ko bizaba ikirenga mu gitaramo cya kabiri cyagombaga kuba ku wa Gatandatu tariki 03 Nzeri 2022.

Gusa iki gitaramo cyaje kwimurwa umunsi ndetse n’aho cyagombaga kubera, kiza kuba kuri iki Cyumweru tariki 04 Nzeri 2022 kibera nubundi ahabereye icya mbere.

Muri iki gitaramo na cyo kitabiriwe n’abatari bacye, Bruce Melodie yaje ku rubyiniro yambaye imyenda y’ibara ry’icyatsi risa neza neza n’iry’imyenda isanzwe yambarwa n’imfungwa n’abagororwa bo mu Burundi.

Uyu muhanzi nyarwanda, wabanje gufungirwa mu Burundi, mbere yuko akora iki gitaramo cya kabiri, yari yagaragaje ko nubwo yahuye n’iri sanganya ariko ntacyamubuza gukomeza kwiyumvamo Igihugu cy’u Burundi.

Mu magambo ye, Bruce Melodie yavuze ko u Rwanda n’u Burundi, ari abavandimwe, ati “Kuba nagiranye ikibazo n’Umurundi umwe ntibivuze ko ngomba kwanga u Burundi n’Abarundi bose, mu Burundi ni mu rugo, n’undi munsi nzagaruka kuko nkunda u Burundi nk’uko bakunda ibikorwa byanjye.”

Uyu muhanzi usanzwe ari no mu bakunzwe mu Rwanda, muri iki gitaramo cya kabiri mu Burundi, yakoze mu muhogo, aririmbira Abarundi, baranyurwa, bataha banezerewe.

Bruce Melodie yaje yambaye imyenda isa n’impuzankano y’imfungwa z’i Burundi

RADIOTV10

Comments 1

  1. Ndayambaje viateur says:
    4 years ago

    Songs mberee

    Reply

Leave a Reply to Ndayambaje viateur Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 4 =

Previous Post

Perezida Kagame yitabiriye igitaramo Sauti Sol yatunguranyemo ikaririmba indirimbo imugarukaho

Next Post

Ngoma: Yaguze ibisuguti bya 1000 yishyura amafaranga y’amiganano bamusatse bamusangana 246.000Frw

Related Posts

Abavoka 21 mu Rwanda barimo uzwi mu busesenguzi mu bya politiki bahawe ibihano

Umunyamategeko Gatete umaze iminsi afunze akekwaho ubwambuzi agarukanye ubutumwa

by radiotv10
11/05/2026
0

Umunyamategeko Me Thierry Kevin Gatete uzwi mu busesenguzi, wari umaze iminsi afunze akekwaho kwambura umuntu ibihumbi 800 Frw, aravuga ko...

Icyo u Rwanda ruvuga ku magambo ya Perezida w’u Burundi ahabanye n’ubushake buriho

Min.Nduhungirehe yagize icyo avuga ko mugambi mubisha Perezida Ndayishimiye yongeye gushinja u Rwanda

by radiotv10
11/05/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagaragaje ko hari icyo abantu bakwiye kumva mu byatangajwe na Perezida Evariste Ndayishimiye...

Abaturarwanda bagaragarijwe ibyo bagomba kumenya ku ndwara ya Hantavirus yagaragaye mu Bihugu bimwe

Abaturarwanda bagaragarijwe ibyo bagomba kumenya ku ndwara ya Hantavirus yagaragaye mu Bihugu bimwe

by radiotv10
11/05/2026
1

Inzego z’Ubuzima mu Rwanda zatangaje ko ziri gukurikiranira hafi uko indwara ya Hantavirus ihagaze nyuma yuko igaragaye mu Bihugu bimwe...

Simple Table Manners Everyone Should Have

Simple Table Manners Everyone Should Have

by radiotv10
10/05/2026
0

In a world where everything moves fast and meals are often squeezed between schedules, basic table manners are slowly becoming...

Uwari Umudipolomate w’u Rwanda yahamijwe n’urukiko muri America gukorera ihohotera rishingiye ku gitsina uwimenyerezaga umwuga

Uwari Umudipolomate w’u Rwanda yahamijwe n’urukiko muri America gukorera ihohotera rishingiye ku gitsina uwimenyerezaga umwuga

by radiotv10
09/05/2026
0

Eugene-Richard Gasana wahoze ari umudipolomate w’u Rwanda, wanaruhagarariye mu Muryango w’Abibumbye, yahamijwe n’Urukiko rw’i New York gukorera ihohotera rishingiyenku gitsina...

IZIHERUKA

Abanyamulenge batangiye guhungisha amatungo yabo nyuma yuko AFC/M23 itangiye kuva mu gace kamwe
AMAHANGA

Abanyamulenge batangiye guhungisha amatungo yabo nyuma yuko AFC/M23 itangiye kuva mu gace kamwe

by radiotv10
11/05/2026
0

Abavoka 21 mu Rwanda barimo uzwi mu busesenguzi mu bya politiki bahawe ibihano

Umunyamategeko Gatete umaze iminsi afunze akekwaho ubwambuzi agarukanye ubutumwa

11/05/2026
Icyo u Rwanda ruvuga ku magambo ya Perezida w’u Burundi ahabanye n’ubushake buriho

Min.Nduhungirehe yagize icyo avuga ko mugambi mubisha Perezida Ndayishimiye yongeye gushinja u Rwanda

11/05/2026
Abaturarwanda bagaragarijwe ibyo bagomba kumenya ku ndwara ya Hantavirus yagaragaye mu Bihugu bimwe

Abaturarwanda bagaragarijwe ibyo bagomba kumenya ku ndwara ya Hantavirus yagaragaye mu Bihugu bimwe

11/05/2026
Simple Table Manners Everyone Should Have

Simple Table Manners Everyone Should Have

10/05/2026
Amakipe y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 18 na 20 avanye ibikombe mu irushanwa ryaberaga Ethiopia

Amakipe y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 18 na 20 avanye ibikombe mu irushanwa ryaberaga Ethiopia

09/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ngoma: Yaguze ibisuguti bya 1000 yishyura amafaranga y’amiganano bamusatse bamusangana 246.000Frw

Ngoma: Yaguze ibisuguti bya 1000 yishyura amafaranga y’amiganano bamusatse bamusangana 246.000Frw

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abanyamulenge batangiye guhungisha amatungo yabo nyuma yuko AFC/M23 itangiye kuva mu gace kamwe

Umunyamategeko Gatete umaze iminsi afunze akekwaho ubwambuzi agarukanye ubutumwa

Min.Nduhungirehe yagize icyo avuga ko mugambi mubisha Perezida Ndayishimiye yongeye gushinja u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.