Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

B.Melodie wataramiye Abarundi afunguwe yaririmbye yambaye ibisa n’impuzankano y’abagororwa b’i Burundi (AMAFOTO)

radiotv10by radiotv10
05/09/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA, MUZIKA
1
B.Melodie wataramiye Abarundi afunguwe yaririmbye yambaye ibisa n’impuzankano y’abagororwa b’i Burundi (AMAFOTO)
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gitaramo cya nyuma yakoreye i Burundi, umuhanzi nyarwanda Bruce Melodie wataramiye Abarundi afunguwe, yaje ku rubyiniro yambaye imyambaro y’ibara ry’impuzankano z’imfungwa n’abagororwa b’i Burundi.

Uyu muhanzi wataramiye Abarundi mu gitaramo cya mbere ku wa Gatanu tariki 02 Nzeri 2022 cyabereye kuri Zion Beach, yaje ku rubyiniro nyuma y’amasaha macye afunguwe dore ko yatawe muri yombi ku wa Gatatu w’icyumweru gishize ubwo yari akigera mu Burundi.

Uyu muhanzi wari watawe muri yombi akurikiranyweho ubutekamutwe, akarekurwa abanje gutanga amafaranga yaciwe, ubwo yazaga ku rubyiniro yiteguye gutaramira Abarundi, yagize ati “Noneho rero, ntakibuza Impala gucuranga.”

Iki gitaramo cya mbere, cyaritabiriwe bishyira cyera, ndetse ateguza abakunzi be ko bizaba ikirenga mu gitaramo cya kabiri cyagombaga kuba ku wa Gatandatu tariki 03 Nzeri 2022.

Gusa iki gitaramo cyaje kwimurwa umunsi ndetse n’aho cyagombaga kubera, kiza kuba kuri iki Cyumweru tariki 04 Nzeri 2022 kibera nubundi ahabereye icya mbere.

Muri iki gitaramo na cyo kitabiriwe n’abatari bacye, Bruce Melodie yaje ku rubyiniro yambaye imyenda y’ibara ry’icyatsi risa neza neza n’iry’imyenda isanzwe yambarwa n’imfungwa n’abagororwa bo mu Burundi.

Uyu muhanzi nyarwanda, wabanje gufungirwa mu Burundi, mbere yuko akora iki gitaramo cya kabiri, yari yagaragaje ko nubwo yahuye n’iri sanganya ariko ntacyamubuza gukomeza kwiyumvamo Igihugu cy’u Burundi.

Mu magambo ye, Bruce Melodie yavuze ko u Rwanda n’u Burundi, ari abavandimwe, ati “Kuba nagiranye ikibazo n’Umurundi umwe ntibivuze ko ngomba kwanga u Burundi n’Abarundi bose, mu Burundi ni mu rugo, n’undi munsi nzagaruka kuko nkunda u Burundi nk’uko bakunda ibikorwa byanjye.”

Uyu muhanzi usanzwe ari no mu bakunzwe mu Rwanda, muri iki gitaramo cya kabiri mu Burundi, yakoze mu muhogo, aririmbira Abarundi, baranyurwa, bataha banezerewe.

Bruce Melodie yaje yambaye imyenda isa n’impuzankano y’imfungwa z’i Burundi

RADIOTV10

Comments 1

  1. Ndayambaje viateur says:
    3 years ago

    Songs mberee

    Reply

Leave a Reply to Ndayambaje viateur Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 − 2 =

Previous Post

Perezida Kagame yitabiriye igitaramo Sauti Sol yatunguranyemo ikaririmba indirimbo imugarukaho

Next Post

Ngoma: Yaguze ibisuguti bya 1000 yishyura amafaranga y’amiganano bamusatse bamusangana 246.000Frw

Related Posts

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

by radiotv10
19/01/2026
0

Abahanzi Bruce Melodie na The Ben baherutse guhurira mu gitaramo kimwe cyatangije umwaka wa 2026, byamaze kwemezwa ko bagiye gukora...

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

IZIHERUKA

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda
AMAHANGA

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

by radiotv10
19/01/2026
0

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ngoma: Yaguze ibisuguti bya 1000 yishyura amafaranga y’amiganano bamusatse bamusangana 246.000Frw

Ngoma: Yaguze ibisuguti bya 1000 yishyura amafaranga y’amiganano bamusatse bamusangana 246.000Frw

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.