Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Bafite uburyo budasanzwe bubafasha kwirengagizaho gato ibibazo by’imibereho

radiotv10by radiotv10
03/02/2024
in AMAHANGA, IMIBEREHO, UDUSHYA
0
Bafite uburyo budasanzwe bubafasha kwirengagizaho gato ibibazo by’imibereho
Share on FacebookShare on Twitter

Nubwo muri Madagascar ubuzima bukomeje guhenda, ntibibuza abaturage guteranira ahantu hamwe buri cyumweru, bakirebera imirwano y’amasake, ibafasha kuba bateye umugongo by’igihe gito iyi mibereho ihenze, gusa ngo hari n’abo iyi mirwano y’inkoko itunze.

Ni imirwano iba mu nguni zose uko ari enye z’iki Gihugu gisanzwe ari Ikirwa cyo ku Mugabane wa Afurika, ubu cyugarijwe n’ibibazo by’imibereho ihenze kubera itumbagira ry’ibiciro by’ibiribwa.

Uwitwa William uba acunze ahari kubera iyi mirwano y’amasake, aganira na Radio Mpuzamahanga y’Abafaransa RFI, yagize ati “Ubuzima burakomeye ariko ntibibuza abantu kuza kwihera ijisho, kuko ni umukino bakunda, nawe urabyirebera ko bari guseka, bari kuririmba kandi bakanafana amasake.”

Uyu mukino w’amasake ashyirwa hagati akarwana, usanzwe ari n’umukino w’amahirwe, aho abantu batega bakavuga isake iza gutsinda, ku buryo uwategeye iyatsinze, agira icyo acyura mu mufuka.

William yakomeje agira ati “Iyo mwakiniye amafaranga menshi, kimwe cya kane cyayo akoreshwa mu kwinezeza mugasohoka mugakora ikirori n’inshuti. Ni n’uburyo bwo kwirengagiza ubuzima bugoye buriho.”

Yakomeje avuga ko kandi hari n’abantu batunzwe n’iyi mikino y’imirwano y’amasake. Ati “Hari abakuramo amafaranga yo kwishyura amacumbi, ayo kwishyura amazi n’umuriro w’amashanyarazi.”

Uyu muturage kandi na we avuga ko ibi bimutunze kuko ari we wita ku masake arwana, akayakorera amasuku akanayagaburira, akanaya imyitozo, kandi ko abihemberwa, akabasha kubaho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − twelve =

Previous Post

Uko ukekwaho kwiba itungo akarihisha mu buriri akanashyiraho inzitiramibu ryamutamaje

Next Post

Umufana wavugishije benshi kubera ibyamugaragayeho bwa mbere yabivuzeho

Related Posts

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, akomeje guterana amagambo na Robert Kyagulanyi Ssentamu (Bobi Wine) uherutse gutsindwa amatora...

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

by radiotv10
22/01/2026
0

Amakuru atangwa n’abakurikiranira hafi ibyo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aravuga ko abarwanyi b’abacancuro b’Abanyaburayi, bongeye kugaragara bakorana na...

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

by radiotv10
22/01/2026
0

Umuhuzabikorwa mu bya gisirikare w’Ihuriro AFC/M23, Maj Gen Sultani Makenga yibukije abayobozi muri iri Huriro ko bakiri mu ntambara, kandi...

Haravugwa ikibazo cyateye ihungabana rikomeye ry’uburezi mu Burundi

Haravugwa ikibazo cyateye ihungabana rikomeye ry’uburezi mu Burundi

by radiotv10
22/01/2026
0

Urwego rw’uburezi mu Gihugu cy’u Burundi ruravugwamo ihungabana ryatewe n’abarimu benshi bataye akazi kuva umwaka w’amashuri wa 2025-2026 watangira, aho...

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, mu gace ka Barcelona muri Espagne, gari ya moshi itwara abagenzi b’imbere mu...

IZIHERUKA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine
AMAHANGA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umufana wavugishije benshi kubera ibyamugaragayeho bwa mbere yabivuzeho

Umufana wavugishije benshi kubera ibyamugaragayeho bwa mbere yabivuzeho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.