Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Bafite uburyo budasanzwe bubafasha kwirengagizaho gato ibibazo by’imibereho

radiotv10by radiotv10
03/02/2024
in AMAHANGA, IMIBEREHO, UDUSHYA
0
Bafite uburyo budasanzwe bubafasha kwirengagizaho gato ibibazo by’imibereho
Share on FacebookShare on Twitter

Nubwo muri Madagascar ubuzima bukomeje guhenda, ntibibuza abaturage guteranira ahantu hamwe buri cyumweru, bakirebera imirwano y’amasake, ibafasha kuba bateye umugongo by’igihe gito iyi mibereho ihenze, gusa ngo hari n’abo iyi mirwano y’inkoko itunze.

Ni imirwano iba mu nguni zose uko ari enye z’iki Gihugu gisanzwe ari Ikirwa cyo ku Mugabane wa Afurika, ubu cyugarijwe n’ibibazo by’imibereho ihenze kubera itumbagira ry’ibiciro by’ibiribwa.

Uwitwa William uba acunze ahari kubera iyi mirwano y’amasake, aganira na Radio Mpuzamahanga y’Abafaransa RFI, yagize ati “Ubuzima burakomeye ariko ntibibuza abantu kuza kwihera ijisho, kuko ni umukino bakunda, nawe urabyirebera ko bari guseka, bari kuririmba kandi bakanafana amasake.”

Uyu mukino w’amasake ashyirwa hagati akarwana, usanzwe ari n’umukino w’amahirwe, aho abantu batega bakavuga isake iza gutsinda, ku buryo uwategeye iyatsinze, agira icyo acyura mu mufuka.

William yakomeje agira ati “Iyo mwakiniye amafaranga menshi, kimwe cya kane cyayo akoreshwa mu kwinezeza mugasohoka mugakora ikirori n’inshuti. Ni n’uburyo bwo kwirengagiza ubuzima bugoye buriho.”

Yakomeje avuga ko kandi hari n’abantu batunzwe n’iyi mikino y’imirwano y’amasake. Ati “Hari abakuramo amafaranga yo kwishyura amacumbi, ayo kwishyura amazi n’umuriro w’amashanyarazi.”

Uyu muturage kandi na we avuga ko ibi bimutunze kuko ari we wita ku masake arwana, akayakorera amasuku akanayagaburira, akanaya imyitozo, kandi ko abihemberwa, akabasha kubaho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − 4 =

Previous Post

Uko ukekwaho kwiba itungo akarihisha mu buriri akanashyiraho inzitiramibu ryamutamaje

Next Post

Umufana wavugishije benshi kubera ibyamugaragayeho bwa mbere yabivuzeho

Related Posts

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

“Ni igitero cy’iterabwoba”, “ni uguhonyora amategeko mpuzamahanga”, “ni ubushotoranyi buteye impungenge”… Ni bumwe mu butumwa bukomeje gutangwa na bimwe mu...

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

by radiotv10
02/01/2026
0

Evans Eshun, uzwi ku izina rya Ebo Noah, wiyita umuhanuzi wo muri Ghana, yatawe muri yombi na Polisi y’iki Gihugu...

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

by radiotv10
01/01/2026
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, mu ijambo rye risoza umwaka, yongeye gushinja u Rwanda ibinyoma ko rufite uruhare mu bibazo...

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

by radiotv10
31/12/2025
0

Igihugu cya Mali n’icya Burkina Faso, byashyize hanze amatangazo y’ibyemezo bishobora gufata byo kwihimura kuri Leta Zunze Ubumwe za America...

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

by radiotv10
30/12/2025
0

Abayobozi bakuru b’Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Umugaba Mukuru w’Ingabo zaryo, Gen Sultani...

IZIHERUKA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza
AMAHANGA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umufana wavugishije benshi kubera ibyamugaragayeho bwa mbere yabivuzeho

Umufana wavugishije benshi kubera ibyamugaragayeho bwa mbere yabivuzeho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.