Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Bagaragaje amakosa yabayeho batunga agatoki kuba ntandaro yo gushyira ubuzima bwabo mu kaga

radiotv10by radiotv10
10/12/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Bagaragaje amakosa yabayeho batunga agatoki kuba ntandaro yo gushyira ubuzima bwabo mu kaga
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bo mu Murenge wa Rugerero mu Karere ka Rubavu, bavuga ko umuhanda utagira rigore utuma amazi awuturukamo aruhukira mu nzu zabo, andi akawurekamo, bigatuma hororokera imibu ikomeje kubateza Malaria.

Aba baturage biganjemo abo mu Mudugudu wa Nyantomvu mu Kagari ka Rugerero, Umurenge wa Rugerero, bavuga ko ikibazo cy’umuhanda wangiritse ku buryo bagerageje no gukora umuganda ariko biba iby’ubusa.

Mvuyekure Jean Claude ati “Baje kubaka inzu aha maze za HOWO zatundaga ibikoresho zirawangiza cyane! Wowe se ntubona ibi biziba biri hano? Badufashe bawukore imibu ireke kuturya kuko iraturembeje.”

Barigora Celestin ati “Twakoranyije umuganda w’imirenge ibiri ariko kubera uburyo hangiritse nawe reba, wagira ngo ntacyakozwe.”

Kubera iyo mpamvu rero, aba baturage bagaruka ku ngaruka bahura na zo kubera uyu muhanda; bakaziheraho batabaza ubuyobozi ngo bubafashe gukemura iki kibazo.

Mvuyekure Jean Claude ati “Malaria iraturembeje rwose, reba uko meze ubu ndayikirutse, nagiye kwa muganga ndi hafi gupfa kubera malaria. Ibi biziba bikurura imibu maze ikadutera malaria.”

Mukamusoni Venantie ati “Amazi yarakomezaga akagenda akiroha muri Sebeya none bayakumiriye kuri kaburimbo, araza akiroha iwanjye mu nzu ku buryo isaha n’isaha inzu yagwa hasi kuko yanze gukama. Nabaye nk’umuntu utuye mu gishanga.”

Barigora ati “Njye reba malaria igiye no kunyica! Uwadufasha uyu muhanda ugashakirwa rigore, naho bitabaye ibyo barajya bashyingura buri munsi.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rugerero, Uwajeneza Jeannette avuga ko hari gahunda yo gushyira kaburimbo muri uyu muhanda n’ubwo adatangaza igihe bizakorerwa.

Gitifu Jeannette ati “Ni aho duhana imbibe n’Umurenge wa Rubavu, gusa igice cyangiritse cyane n’icyo mu Murenge wacu kubera imodoka zazanaga ibikoresho mu mudugudu uri kubakwa iwacu. Ubushize rero twari twahakoze umuganda dushyiramo amabuye n’ibicangarayi umera neza, ariko ndareba niba wenda igice cya ruguru cyaba ari cyo gifite ikibazo tukongera kuhakora umuganda tugashyiramo amabuye n’ibicangarayi.”

Uyu muhanda uhuza abaturage bo mu Midugudu itatu y’Akagari ka Rugerero mu Murenge wa Rugerero, unifashishwa n’abaturage batandukanye bo mu Karere ka Rubavu dore ko ugera ku irimbi rusange ry’aka Karere, hakiyongeraho Umudugudu w’Ikitegererezo wa Ruranga uri kubakwa muri umwe muri iyo midugudu uhurirwaho.

Amazi areka mu muhanda agakora ikidendezi
Bavuga ko aya mazi atuma bahorana Malaria

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 + 20 =

Previous Post

Volunteering, Activism and Youth Engagement in Rwanda: Who’s Involved and Why

Next Post

Eng.-Rwanda Government Spokesperson condemns the new false accusations raised by the DRC

Related Posts

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

by radiotv10
25/01/2026
0

Umugabo witwa Sindayiheba Jean de Dieu wo mu kagari ka Mataba mu murenge wa Nkungu, arahigishwa uruhindu nyuma yo gukubita...

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yahaye inshingano abasirikare babiri barimo Brig Gen Godfrey Gasana, wagizwe Umupilote...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

IZIHERUKA

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo
MU RWANDA

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

by radiotv10
25/01/2026
0

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

25/01/2026
Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwagaragaje ibizagenerwa abimukira baturutse mu Bwongereza bazatangira kuza ejo

Eng.-Rwanda Government Spokesperson condemns the new false accusations raised by the DRC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.