Thursday, December 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

radiotv10by radiotv10
18/12/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke
Share on FacebookShare on Twitter

Abahinzi b’umuceri mu gishanga cya Cyunuzi bavuga ko umusaruro wabo utinda guhuza ibipimo bikenerwa kugira ngo ugurwe kuko batagira imashini iwumisha, bagasaba kuyigurirwa kandi ko na bo biteguye gutanga umusanzu wabo.

Iyo ugeze mu nkengero z’igishanga cya Cyunuzi mu Karere ka Kirehe n’Akarere ka Ngoma, usanga abahinzi b’umuceri baranika abandi na bo baranura. Abaganiriye na RADIOTV10 bo muri Zone ya 3 mu Kagari ka Gitaraga mu Murenge wa Murama wo mu Karere ka Ngoma, bavuga ko kugira ngo umusaruro wabo ugire ibipimo bituma bawugurisha wujuje ubuziranenge bitaborohera.

Aba bahinzi bahuriza ku kuba bemera uruhare rwabo ariko bakunganirwa n’ubuyobozi kubona imashini yumisha umuceri, bidasabye kwanika bya hato na hato.

Uwitwa Musabyimana Yasson yagize ati “Igihe turi gusarura turanika; igihe nk’iki cy’imvura yagwa, tugasa n’abahatakariza umusaruro. Abenshi birahamera tugahomba; kugira ngo uzagere ku kigero cyo kuma, ugasanga umuntu atakaje nk’ibiro nka mirongo itanu. Nk’uwaduha imashini yazajya itwanikira tutiriwe tuvunika tugasarura, wagera ku mbuga twamara kugusarura bakawujyana byadufasha. Baduteranya nk’abanyamuryango bakatubwira uruhare twashyiraho, twarutanga.”

Mukanizeyimana Vestine na we yagize ati “Nk’ubu kuva nsaruye nanitse kane, ariko ntabwo uruma no kumera; imvura yawunyagiye. Imashini ibonetse twagosora ntibarinde kutugaraguz’ agati ngo ntiwumye, umena hasi wadotse.”

Umuyobozi w’Akarere ka Kirehe, Rangira Bruno, yabwiye RADIOTV10 ko ikibazo bakizi kandi bari gukorana n’uruganda rutunganya umuceri kugira ngo aba bahinzi babone iyo mashini.

Ati “Turimo gukorana atari na koperative COPRICY gusa, ahubwo n’amakoperative yose ahinga igishanga cya Cyunuzi n’uruganda bamwe bafitemo imigabane, ngo haboneke dryer (imashini yumisha) yabafasha bose. Umushinga urimo urakorwa kugira ngo turebe aho ubushobozi bushobora guturuka; hari n’ubwo bushobora guturuka muri gahunda ya nkunganire, ariko tunareba amakoperative ubwawo yishyize hamwe afashijwe n’uruganda rwa Kirehe Rice yaboneka. Kuko icyo kibazo turakizi, turizera neza ko umwaka wa 2026 iyo mashini yaboneka.”

Igishanga cya Cyunuzi gihuriweho n’abaturage bo mu Turere twa Ngoma na Kirehe bibumbiye muri koperative. Icyakora, kubona imashini yumisha umusaruro wabo byatuma barushaho kugira ubwiza bw’umuceri ndetse n’ubwinshi bwawo batanga ku makoperative bagurishaho, kuko ngo iyo urengeje ibipimo bya 14 barahombera.

Aba bahinzi bavuga ko uburyo banika butuma batabona isoko byihuse

Basaba guhabwa imashini
Bavuga ko na bo biteguye gutanga uruhare rwabo

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 + eight =

Previous Post

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

Next Post

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

Related Posts

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

by radiotv10
18/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yatangaje ko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi ziherutse guhurira mu biganiro nyuma...

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
18/12/2025
0

Inama y’Abaminisitiri ya nyuma y'umwaka wa 2025, yaranzwe n’ibikorwa binyuranye birimo kugezwaho isinywa ry’amasezerano y’Amahoro n’Ubufatanye mu by’Ubukungu hagati y’u...

Why young adults should embrace short courses in today’s fast-changing World

Why young adults should embrace short courses in today’s fast-changing World

by radiotv10
18/12/2025
0

In a world that keeps changing faster than ever, young adults are under increasing pressure to keep up. Technology, job...

Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

by radiotv10
18/12/2025
0

Umwarimu wigisha mu ishuri ry’Imyuga n’Ubumenyingiro (TSS) rya Mutenderi mu Karere ka Ngoma, yatawe muri yombi akekwaho gusambanya umwana w’umukobwa...

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

by radiotv10
18/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yavuze ko Abapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri pandagari mu Karere ka Rubavu, batangiye gukurikiranwa kuko uburyo babikozemo...

IZIHERUKA

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro
MU RWANDA

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

by radiotv10
18/12/2025
0

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

18/12/2025
Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

18/12/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

18/12/2025
Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

18/12/2025
Why young adults should embrace short courses in today’s fast-changing World

Why young adults should embrace short courses in today’s fast-changing World

18/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.