Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Bahawe igikorwa remezo cy’ingirakamaro ariko hari ikirengagijwe bamaze imyaka ibiri batakira ubuyobozi

radiotv10by radiotv10
27/01/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Bahawe igikorwa remezo cy’ingirakamaro ariko hari ikirengagijwe bamaze imyaka ibiri batakira ubuyobozi
Share on FacebookShare on Twitter

Abacururiza mu Isoko rya Nzige riherereye mu Murenge wa Nzige mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko bamaze imyaka ibiri bataka ikibazo cyo kuba badafite amashanyarazi muri iri soko, bituma abajura babahoza ku nkeke, ndetse ntibabone n’uko bacuruza mu masaha y’umugoroba kandi ari bwo haboneka abakiliya.

Umunyamakuru wa RADIOTV10, yageze muri iri soko, abacuruzi biganjemo abacuruza imboga n’imbuto bamwakiriza iki kibazo, bavuga ko nubwo bubakiwe isoko ariko hari ikirengagijwe.

Mukarusine Annonciathe avuga ko batahwemye gusaba guhabwa umuriro w’amashanyarari muri iri soko, ariko ko gutaka kwabo kwirengagijwe.

Ati “Tuba dushaka gucuruza mu masaha y’umugoroba, abaturage b’inaha baza kugura mu masaha y’umugoroba, ni bwo baza, ukabona turi mu butoroshi.”

Uwambajimana Elvine na we yagize ati “Abantu ba hano mu cyaro bava guhinga nimugoroba bakabona udufaranga ukabona ni bwo baje guhaha.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nzige, Niyomwungeri Richard yabwiye RADIOTV10 ko iki kibazo kizwi ariko ko hari gushakishwa uburyo cyakemuka ku bufatanye bw’inzego z’ibanze n’abafatanyabikorwa.

Ati “Barakitubwiye n’Akarere kari kavuze ko bazabishyira mu ngengo y’imari ivuguruye. Twari twagerageje no gushaka abandi bafatanyabikorwa ba EPR, twari twamuhaye ubwo busabe kandi bari batubwiye ko bagiye kubyigaho ku buryo icyizere tugifite.”

Uyu muyobozi avuga ko hari icyizere ko uyu mwaka w’ingengo y’imari uzarangira iki kibazo cyarabaye amateka, kuko hari ubushake buhagije bwo kugishakira umuti.

Aba bacuruzi bavuga ko ibi bibateza igihombo

Ngo ibicuruzwa byabo bigurwa mu masaha y’umugoroba ariko ntihaba habona

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 4 =

Previous Post

FARDC yavuze icyo igiye gukora nyuma y’urupfu rw’Umujenerali wayo wivuganywe na M23

Next Post

Umuhanzikazi wari wiyemereye ko ari ‘Umutinganyi’ nyuma y’amasaha macye yabivuze ukundi

Related Posts

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Save, mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bahuye n’ikibazo gikomeye mu buhinzi nyuma yuko urubura...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
24/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

IZIHERUKA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye
IMIBEREHO MYIZA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzikazi wari wiyemereye ko ari ‘Umutinganyi’ nyuma y’amasaha macye yabivuze ukundi

Umuhanzikazi wari wiyemereye ko ari 'Umutinganyi' nyuma y’amasaha macye yabivuze ukundi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.