Saturday, July 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

radiotv10by radiotv10
01/07/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bageze mu izabukuru bo mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, bavuga ko amafaranga bari batangiye guhabwa muri gahunda yiswe ‘Saza Neza’ yo kubasindagiza ngo bagire amasaziro meza, baje kuyikurwamo batabwiwe impamvu, none barabona bagiye gusaza nabi.

Mutumwinka Anasthasie w’imyaka 80 wibana mu nzu wenyine aho atakibashije kugira icyo yikorera kuko agaburirwa n’abaturanyi, ni umwe mu bafashe ku mafaranga ya Saza neza igihe gito nyuma aza kuvanwamo mu buryo atamenyeshejwe.

Uyu mukecuru utakibasha kumva kubera izabukuru avuga ko kuvanwa muri iyo gahunda byagize ingaruka ku mibereho ye, kuko mbere akibona ayo mafaranga yabashaga kubona icyo kurya ariko ubu akaba atunzwe n’impuhwe z’abandi.

Agira ati “Mbere bari bayampaye nyuma baza kunkururamo. Ubu simbasha no guterura amazi, ni umuntu wampaye umwana uza kundaza nijoro ubundi nkagaburirwa n’abaturanyi.”

Undi wavanywe muri iyi gahunda nyuma y’igihe gito ayishyizwemo, ni Nakajangwe Francois w’imyaka 75 ufite ubumuga bwo kutabona.

Agira ati “Mbajije nti ‘ese amafaranga mwajyaga mumpa ko ari ntayo mumpa byagenze bite?’ barambwira ngo navuyemo gusa batanambwiye impamvu kandi bareba uko meze. Nagiye no kubaza afaire sociale nawe ambwira atyo.”

Aba basaza n’abakecuru bashimira Umukuru w’Igihugu washyizeho iyi gahunda yo kubasindagiza, ariko ko bavanywemo mu buryo bita amaherere byabagizeho ingaruka zishobora no gutuma ahubwo basaza nabi.

Karimunda Emmanuel ati “Nkibona ayo mafaranga nari maze kugura n’agapatalo ye, ariko ubu ntakintu mfite, ahubwo ku bw’inzara mfite abana bari gutorongera bajya aho babona akaryo, ubu iyi nzu nsigaye nyiraramo njyenyine. Ni ukugira ngo nyine mfe vuba buriya ni cyo babikoreye simbizi.”

Nakajangwe na we yagize ati “Rwose ayo mafaranga yaramfashaga nkabonamo agakayi k’umwana n’agasabune ko gukaraba, none ubu nsigaye nirirwa nicaye kuri aya mabuye kubera Imana gusa nkabona burije buracyeye.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gikundamvura, Sindayiheba Aphrodis avuga ko kujya muri iyi gahunda no kuyikurwamo bikorwa n’Inteko y’Abaturage kandi ko bishoboka ko hagira abarenganywa, kandi ngo nta buryo bwo kubigenzura ako kanya buba buhari.

Ati “Inteko y’abaturage ni yo ica urubanza, kubirenganiramo byaba gacyeya wenda bitewe n’amarangamutima ya bamwe, bariya iyo basigaye tubashyira ku rutonde rwo gutegereza undi mwaka, akaba ari bo tuzaheraho na bwo tubanje kureba niba ntabababaruyeho bafite imbaraga zo gukora.”

Ubusanzwe igishobora gutuma ugeze mu zabukuru adahabwa amafaranga muri iyi gahunda ya ‘Saza neza’ ni ukuba afite abantu babana bafite ubushobozi, cyangwa imbaraga zo gukora, ariko mu bakuwe muri iyi gahunda bo muri Gikundamvura harimo abujuje ibisabwa.

Mutumwinka Anasthasie w’imyaka 80 avuga ko iyi gahunda yari kumusajisha neza none ubu ari kugana mu bujyahabi
Nakajangwe Francois w’imyaka 75 ufite n’ubumuga bwo kutabona na we yakuwe muri iyi gahunda

Na Karimunda Emmanuel

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 + 5 =

Previous Post

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Next Post

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

Related Posts

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

by radiotv10
26/07/2025
0

Nyuma yuko hasakaye ibaruwa bigaragara ko yanditswe n’Umuyobozi w’Ikio cya C.L Gashonga TSS cyo mu Karere ka Rusizi, agaya umukozi...

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

by radiotv10
26/07/2025
0

Mu Murenge wa Murama mu Karere ka Kayonza hari gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ ikomeje gufasha abaturage mu kwikemurira amakimbirane yo mu...

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

by radiotv10
25/07/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko abayobozi bakwiye kujya mu nshingano bazumva kandi bakazikorana ubushake n’imyumvire bibaturutsemo bibumvisha ko akazi barimo...

Impamvu abagore basigaye barusha abagabo ubutaka bubanditseho mu Rwanda

Impamvu abagore basigaye barusha abagabo ubutaka bubanditseho mu Rwanda

by radiotv10
25/07/2025
0

Ikigo cy'Igihugu Gishinzwe Ubutaka mu Rwanda kigaragaza ko ubutaka bwanditse ku bagore gusa bihariye badafite abo babuhuriyeho ari 18,88% mu...

Ubutumwa bwa bamwe mu bashyizwe muri Guverinoma nshya n’isezerano baha Perezida n’Abanyarwanda

Ubutumwa bwa bamwe mu bashyizwe muri Guverinoma nshya n’isezerano baha Perezida n’Abanyarwanda

by radiotv10
25/07/2025
0

“Kuyobora Abanyarwanda ntako bisa pe…” Ni bumwe mu butumwa Perezida Paul Kagame yavugiye i Kayonza ubwo yari mu bikorwa byo...

IZIHERUKA

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’
MU RWANDA

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

by radiotv10
26/07/2025
0

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

26/07/2025
Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

26/07/2025
Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

25/07/2025
Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

25/07/2025
General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

25/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y'amasezerano y’amahoro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.