Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Bahishuye icyatumye bafata icyemezo cyo kujya bagendana inkoni aho bagiye hose

radiotv10by radiotv10
04/11/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Bahishuye icyatumye bafata icyemezo cyo kujya bagendana inkoni aho bagiye hose
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bo mu Murenge wa Jenda mu Karere ka Nyabihu, n’abawugendamo bavuga ko nyuma y’igihe kinini bataka ikibazo cy’umutekano mucye baterwa n’insoresore zinywa inzoga z’inkorano kimwe n’abiyise ‘Impamarugamba’ ariko ubuyobozi ntibugikemure, biyemeje kwirindira umutekano, ku buryo basigaye bagendana inkoni aho bagiye hose.

Aba baturage bo mu Murenge wa Jenda no mu Mirenge bihana imbibi, bavuga ko bahangayikishijwe n’izi nsoresore nyuma yuko bagaragaje ikibazo cy’umutekano mucye igihe kirekire ariko ubuyobozi ntibugikemure mu buryo burambye.

Bavugamenshi Vincent avuga ko hari n’umuturage baherutse gutema, akaboko kagacika, ku buryo iki kibazo kimaze gufata indi ntera.

Ati “Nageze ku muhanda barambwira bati ‘aha hari umuntu batemye’ bati ‘ugende neza nawe batagutema ‘banyereka aho bamutemeye nsanga hari akarindirindi, akaboko batemye kasigaye hasi.”

Abaturiye umuhanda, bo bavuga ko buri gihe bumva induru z’abahohoterwa n’aba bateza umutekano mucye, ku buryo kugenda mu masaha y’ijoro aba ari ukwigerezayo.

Undi ati “Nkanjye uturiye umuhanda buri gihe ni ukumva umuntu aratatse kandi njye sinasohoka ndi umukecuru, ubwo baramuniga bakamwambura bakikura.”

Gusa bamwe bafashe icyemezo cyo kujya birwanaho, kuko mu bice bitandukanye muri uyu Murenge wa Jenda, hagaragara abantu benshi bagenda bitwaje inkoni, bakavuga ko ari iyo baba bitwaje ngo babashe guhangana n’izi nsoresore.

Nsabimana Theoneste ati “Kubera ko hari igihe uhura n’ayo mabandi akagutangira, witwaza inkoni kugira ngo wirwaneho.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Jenda, Niyonsenga Jeanne d’Arc avuga ko ubuyobozi bwahagurukiye iki kibazo cy’abateza umutekano mucye.

Yagize ati “Izo nsoresore turazifata tukazishyikiriza inzego zibishinzwe ariko hari abaza barahindutse n’abaza batarahindutse, gusa icyo twakwizeza abaturage ni uko batagomba guhahamuka ngo bumve ko umutekano ntawuhari kuko urahari mu Murenge wa Jenda.”

Ni mu gihe abaturage bakagaragaza ko bahangayikishijwe n’uko abakora ibi bikorwa bibi bamara kujyanwa bagatungurwa n’uko batashye batabihaniwe bityo bagakomeza kubakorera urugomo.

Aba baturage bagaragara bafite inkoni aho bari hose

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 + nineteen =

Previous Post

Ukekwaho kwica umugore we amutemye yavuze icyo yamukekagaho cyabimuteye

Next Post

US PRESIDENTIAL ELECTIONS SEEN FROM AFRICA. A PARADIGM SHIFT?

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

IZIHERUKA

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse
MU RWANDA

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
US PRESIDENTIAL ELECTIONS SEEN FROM AFRICA. A PARADIGM SHIFT?

US PRESIDENTIAL ELECTIONS SEEN FROM AFRICA. A PARADIGM SHIFT?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.