Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Bahishuye icyatumye bafata icyemezo cyo kujya bagendana inkoni aho bagiye hose

radiotv10by radiotv10
04/11/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Bahishuye icyatumye bafata icyemezo cyo kujya bagendana inkoni aho bagiye hose
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bo mu Murenge wa Jenda mu Karere ka Nyabihu, n’abawugendamo bavuga ko nyuma y’igihe kinini bataka ikibazo cy’umutekano mucye baterwa n’insoresore zinywa inzoga z’inkorano kimwe n’abiyise ‘Impamarugamba’ ariko ubuyobozi ntibugikemure, biyemeje kwirindira umutekano, ku buryo basigaye bagendana inkoni aho bagiye hose.

Aba baturage bo mu Murenge wa Jenda no mu Mirenge bihana imbibi, bavuga ko bahangayikishijwe n’izi nsoresore nyuma yuko bagaragaje ikibazo cy’umutekano mucye igihe kirekire ariko ubuyobozi ntibugikemure mu buryo burambye.

Bavugamenshi Vincent avuga ko hari n’umuturage baherutse gutema, akaboko kagacika, ku buryo iki kibazo kimaze gufata indi ntera.

Ati “Nageze ku muhanda barambwira bati ‘aha hari umuntu batemye’ bati ‘ugende neza nawe batagutema ‘banyereka aho bamutemeye nsanga hari akarindirindi, akaboko batemye kasigaye hasi.”

Abaturiye umuhanda, bo bavuga ko buri gihe bumva induru z’abahohoterwa n’aba bateza umutekano mucye, ku buryo kugenda mu masaha y’ijoro aba ari ukwigerezayo.

Undi ati “Nkanjye uturiye umuhanda buri gihe ni ukumva umuntu aratatse kandi njye sinasohoka ndi umukecuru, ubwo baramuniga bakamwambura bakikura.”

Gusa bamwe bafashe icyemezo cyo kujya birwanaho, kuko mu bice bitandukanye muri uyu Murenge wa Jenda, hagaragara abantu benshi bagenda bitwaje inkoni, bakavuga ko ari iyo baba bitwaje ngo babashe guhangana n’izi nsoresore.

Nsabimana Theoneste ati “Kubera ko hari igihe uhura n’ayo mabandi akagutangira, witwaza inkoni kugira ngo wirwaneho.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Jenda, Niyonsenga Jeanne d’Arc avuga ko ubuyobozi bwahagurukiye iki kibazo cy’abateza umutekano mucye.

Yagize ati “Izo nsoresore turazifata tukazishyikiriza inzego zibishinzwe ariko hari abaza barahindutse n’abaza batarahindutse, gusa icyo twakwizeza abaturage ni uko batagomba guhahamuka ngo bumve ko umutekano ntawuhari kuko urahari mu Murenge wa Jenda.”

Ni mu gihe abaturage bakagaragaza ko bahangayikishijwe n’uko abakora ibi bikorwa bibi bamara kujyanwa bagatungurwa n’uko batashye batabihaniwe bityo bagakomeza kubakorera urugomo.

Aba baturage bagaragara bafite inkoni aho bari hose

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine − 5 =

Previous Post

Ukekwaho kwica umugore we amutemye yavuze icyo yamukekagaho cyabimuteye

Next Post

US PRESIDENTIAL ELECTIONS SEEN FROM AFRICA. A PARADIGM SHIFT?

Related Posts

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

by radiotv10
25/01/2026
0

Umugabo witwa Sindayiheba Jean de Dieu wo mu kagari ka Mataba mu murenge wa Nkungu, arahigishwa uruhindu nyuma yo gukubita...

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yahaye inshingano abasirikare babiri barimo Brig Gen Godfrey Gasana, wagizwe Umupilote...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

25/01/2026
Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
US PRESIDENTIAL ELECTIONS SEEN FROM AFRICA. A PARADIGM SHIFT?

US PRESIDENTIAL ELECTIONS SEEN FROM AFRICA. A PARADIGM SHIFT?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.