Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Bahishuye icyatumye bafata icyemezo cyo kujya bagendana inkoni aho bagiye hose

radiotv10by radiotv10
04/11/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Bahishuye icyatumye bafata icyemezo cyo kujya bagendana inkoni aho bagiye hose
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bo mu Murenge wa Jenda mu Karere ka Nyabihu, n’abawugendamo bavuga ko nyuma y’igihe kinini bataka ikibazo cy’umutekano mucye baterwa n’insoresore zinywa inzoga z’inkorano kimwe n’abiyise ‘Impamarugamba’ ariko ubuyobozi ntibugikemure, biyemeje kwirindira umutekano, ku buryo basigaye bagendana inkoni aho bagiye hose.

Aba baturage bo mu Murenge wa Jenda no mu Mirenge bihana imbibi, bavuga ko bahangayikishijwe n’izi nsoresore nyuma yuko bagaragaje ikibazo cy’umutekano mucye igihe kirekire ariko ubuyobozi ntibugikemure mu buryo burambye.

Bavugamenshi Vincent avuga ko hari n’umuturage baherutse gutema, akaboko kagacika, ku buryo iki kibazo kimaze gufata indi ntera.

Ati “Nageze ku muhanda barambwira bati ‘aha hari umuntu batemye’ bati ‘ugende neza nawe batagutema ‘banyereka aho bamutemeye nsanga hari akarindirindi, akaboko batemye kasigaye hasi.”

Abaturiye umuhanda, bo bavuga ko buri gihe bumva induru z’abahohoterwa n’aba bateza umutekano mucye, ku buryo kugenda mu masaha y’ijoro aba ari ukwigerezayo.

Undi ati “Nkanjye uturiye umuhanda buri gihe ni ukumva umuntu aratatse kandi njye sinasohoka ndi umukecuru, ubwo baramuniga bakamwambura bakikura.”

Gusa bamwe bafashe icyemezo cyo kujya birwanaho, kuko mu bice bitandukanye muri uyu Murenge wa Jenda, hagaragara abantu benshi bagenda bitwaje inkoni, bakavuga ko ari iyo baba bitwaje ngo babashe guhangana n’izi nsoresore.

Nsabimana Theoneste ati “Kubera ko hari igihe uhura n’ayo mabandi akagutangira, witwaza inkoni kugira ngo wirwaneho.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Jenda, Niyonsenga Jeanne d’Arc avuga ko ubuyobozi bwahagurukiye iki kibazo cy’abateza umutekano mucye.

Yagize ati “Izo nsoresore turazifata tukazishyikiriza inzego zibishinzwe ariko hari abaza barahindutse n’abaza batarahindutse, gusa icyo twakwizeza abaturage ni uko batagomba guhahamuka ngo bumve ko umutekano ntawuhari kuko urahari mu Murenge wa Jenda.”

Ni mu gihe abaturage bakagaragaza ko bahangayikishijwe n’uko abakora ibi bikorwa bibi bamara kujyanwa bagatungurwa n’uko batashye batabihaniwe bityo bagakomeza kubakorera urugomo.

Aba baturage bagaragara bafite inkoni aho bari hose

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen + 2 =

Previous Post

Ukekwaho kwica umugore we amutemye yavuze icyo yamukekagaho cyabimuteye

Next Post

US PRESIDENTIAL ELECTIONS SEEN FROM AFRICA. A PARADIGM SHIFT?

Related Posts

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
20/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

by radiotv10
20/01/2026
0

Social media is part of our everyday life. It helps us connect with people, share information, and express ourselves. However,...

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

by radiotv10
20/01/2026
0

Abasirikare mu ngabo z’u Rwanda basanzwe ari inzobere mu by’ubwubatsi baherutse kujya muri Jamaica gutanga umusanzu mu gusana ibikorwa byangijwe...

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

by radiotv10
20/01/2026
0

Ambasaderi wa Brazil mu Rwanda, Irene Vida Gala; akomeje kugaragaza ibihe byiza agirira mu Rwanda bikamunyura, birimo kuba yarasogongeye bwa...

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

by radiotv10
20/01/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwafunze umwarimu wo muri Kaminuza ukurikiranyweho icyaha cyo gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri...

IZIHERUKA

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe
MU RWANDA

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
20/01/2026
0

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

20/01/2026
Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

20/01/2026
Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

20/01/2026
AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

20/01/2026
Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

20/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
US PRESIDENTIAL ELECTIONS SEEN FROM AFRICA. A PARADIGM SHIFT?

US PRESIDENTIAL ELECTIONS SEEN FROM AFRICA. A PARADIGM SHIFT?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.