Thursday, November 6, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Bahishuye uko umukire yabateje inzara we akaba akomeje kwinjiza agatubutse

radiotv10by radiotv10
08/08/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Bahishuye uko umukire yabateje inzara we akaba akomeje kwinjiza agatubutse
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Gahara mu Karere ka Kirehe, bavuga ko igishanga bari basanzwe bakuramo amaramuko cyahawe umushoramari akagihingamo ibitabafitiye akamaro, none ngo inzara irabarembeje.

Aba baturage bari basanzwe bahinga igishanga kiri mu rugabano rw’Utugari twa Nyagasenyi na Nyakagezi, bavuga ko bagihingagamo ibijumba, n’ibindi bihingwa ngandurarugo, bakarya bagasagurira n’amasoko.

Ubu barataka inzara n’ubukene bavuga ko baterwa no kuba barambuwe iki gishanga kigahabwa umushororamari kugira ngo ajye agihingamo ibyatsi birimo nyiramunuka bimufasha gukoramo amavuta yo kwisiga.

Habakurama Jean Pierre ati “Mbere twagihingagamo ibijumba, ibigori, ibirayi n’ibindi, ariko kugeza ubu kiri mu maboko y’ubuyobozi tutamenya ngo ni umushoramari wajemo ibyo ahingamo bijya hanze ntakintu bitumariye nk’abaturage b’inaha.”

Uyu muturage akomeza agira ati “Ubu turashonje, kugira ngo umuntu abone n’imbuto y’umugozi w’ibijumba ni ukujya kuwushaka muri Ngoma.”

Ngabonziza Faustin avuga ko nta nyungu bakibona kuri ubu butaka bwari busanzwe bubafatiye runini.

Ati “Abantu bose ntibabona akazi ahangaha. Muzatubarize muti ese abaturage b’aha kugira ngo bagire inyungu kuri ubu butaka kuko babuturiye bose babunonamo akazi.”

Umuyobozi w’Akarere ka Kirehe, Rangira Bruno avuga ko bagiye kureba icyakorerwa aba baturage ariko ko iki gishanga kiri kubyazwa umusaruro ku nyungu rusange.

Ati “Imirimo ikorerwamo ni uruganda rukora amavuta ajyanwa hanze y’Igihugu, kandi rufitiye akamaro igihugu. Ariko icyo tugiye gukora ni ugukurikirana turebe ese abaturage, nibyo koko, niba ntahandi bafite ubwo nabyo turabireba tubishakire uburyo.”

INKURU MU MASHUSHO

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − 2 =

Previous Post

Perezida wa Madagascar yagaragaje ibyo u Rwanda rwatumbagiyemo n’ikigiye gukorwa n’Igihugu cye

Next Post

Ibisobanuro bishidikanywaho by’uwafatanywe igikapu cy’urumogi yiyoberanyije nk’utwaye umuzigo usanzwe

Related Posts

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
06/11/2025
0

Umunyamakuru Jean Pierre Kagabo wari umaze imyaka irenga 20 akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru, yasezeye, yerecyeza mu zindi nshingano zitari iz’itangazamakuru...

Uruganda rwahawe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki rwatahuweho ibiteye impungenge

Uruganda rwahawe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki rwatahuweho ibiteye impungenge

by radiotv10
05/11/2025
0

Uruganda rutanganya inzoga ruherereye mu Muerenge wa Muhazi mu Karere ka Rwamagana, rwari rwarahawe uruhushya rwo gukoresha ibitoki mu gutunganya...

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

by radiotv10
05/11/2025
0

Inzego z’umutekano zataye muri yombi abatetsi babiri bo ku ishuli ribanza rya Nyarutovu riri mu murenge wa Bushenge, abanyonzi babiri...

Umwana w’Umwami watwaye u Rwanda witabiye Imana hanze yarwo hatangajwe aho azashyingurwa

Umwana w’Umwami watwaye u Rwanda witabiye Imana hanze yarwo hatangajwe aho azashyingurwa

by radiotv10
05/11/2025
0

Igikomangoma Spéciose Mukabayojo Bideri, akaba umwana w’Umwami Yuhi V Musinga, uherutse kwitabira Imana muri Kenya aho yabaga, byemejwe ko azashyingurwa...

Eng.-Child of King Yuhi V Musinga who once ruled Rwanda has passed away

Eng.-Daughter of Rwanda’s former King passed away in Kenya, burial set in Rwanda

by radiotv10
05/11/2025
0

Princess Spéciose Mukabayojo Bideri, the daughter of King Yuhi V Musinga who once ruled Rwanda, has passed away in Kenya,...

IZIHERUKA

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga
MU RWANDA

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
06/11/2025
0

Uruganda rwahawe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki rwatahuweho ibiteye impungenge

Uruganda rwahawe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki rwatahuweho ibiteye impungenge

05/11/2025
Hazamutse impaka kubera umugabo wagaragaye akorera Perezidante wa Mexico ibyo kumwubahuka

Hazamutse impaka kubera umugabo wagaragaye akorera Perezidante wa Mexico ibyo kumwubahuka

05/11/2025
Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

05/11/2025
Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku myitozo MONUSCO yahaye FARDC yo gukoresha intwaro rutura

Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku myitozo MONUSCO yahaye FARDC yo gukoresha intwaro rutura

05/11/2025
Ibyibanzweho mu kiganiro Minisitiri wa Siporo yagiranye n’abakiniye Ikipe y’Igihugu

Ibyibanzweho mu kiganiro Minisitiri wa Siporo yagiranye n’abakiniye Ikipe y’Igihugu

05/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibisobanuro bishidikanywaho by’uwafatanywe igikapu cy’urumogi yiyoberanyije nk’utwaye umuzigo usanzwe

Ibisobanuro bishidikanywaho by’uwafatanywe igikapu cy’urumogi yiyoberanyije nk’utwaye umuzigo usanzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

Uruganda rwahawe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki rwatahuweho ibiteye impungenge

Hazamutse impaka kubera umugabo wagaragaye akorera Perezidante wa Mexico ibyo kumwubahuka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.